• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wihariye wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda, ari kumererwa neza, ndetse ko azava mu kato vuba bidatinze.

Omona yabitangaje mu itangazo yashyize hanze, agaruka ku buzima bwa Museveni buri kugenda bumera neza nyuma yo gusangwamo ubwandu bwa Covid-19.

Yagize ati “Ndabamenyesha ko Perezida ameze neza, kandi na we ubwe azabibamenyesha. Yagiye abibabwira mu butumwa bwa tweet, ariko ameze neza ndanizera ko mu minsi micye azasohoka mu kato.”

Omona yashimiye Abanya-Uganda bakomeje kuba hafi Umukuru w’Igihugu cyabo mu masengesho yo kumusabira, ndetse no kuba hafi umuryango we.

Ati “Mu izina rya Perezida ndetse n’umuryango, twarabyishimiye, twanejejwe n’uburyo bwifuriza ubuzima bwiza Perezida. Turabashimira ku bw’umutima w’urukundo, mwagaragaje ubugwaneza bw’Abanyafurika, ubumwe, kandi turabizirikana.”

Perezida Museveni yagiye mu kato mu cyumweru gishize nyuma yo gusuzumwa bakamusangamo ubwandu bwa Covid-19.

Museveni na we mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, yavuze ko ari umunsi wa gatanu ari mu kato, ariko ko mu ijoro ryari ryabanjirije uwo munsi yandikiyeho ubwo butumwa, yari yasinziriye neza ndetse n’umutwe utakimurya yewe n’ibicurane yumvaga byagiye

Mu butumwa bwa Museveni wavugaga ko ibipimo bikigaragaza ko akirwaye Covid-19. Ati “Ni ukuzategereza indi minsi bakongera bagafata ibipimo. Ndacyari mu kato i Nakasero.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Next Post

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.