Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amakuru yerecyeye ‘Camera’ zo ku muhanda akwiye kumenywa n’abashoferi bose

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in MU RWANDA
2
Hatangajwe amakuru yerecyeye ‘Camera’ zo ku muhanda akwiye kumenywa n’abashoferi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda itangaza ko camera zo ku ‘muhanda’ zatahuraga zikanandikira abashoferi ku ikosa ryo kurenza umuvuduko, zigiye kujya zinatahura andi makosa arimo kuba ikinyabiziga kidafite ‘Contrôle technique’, cyangwa kuba umushoferi yaba atambaye umukandara.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye kuri uyu wa Gatatu, tariki 04 Ukwakira mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru.

Ni nyuma y’uko bamwe mu batwara ibinyabiziga bumvikanye binubira kuba zimwe muri camera zo ku muhanda ziba zihishe mu bihuru zikabandikira batabizi.

IGP Namuhoranye yavuze ko izi camera zitazongera guhishwa, icyakora anahishura ko zigiye kujya zitahura n’andi makosa ndetse zikanayandikiraho abashoferi, atari ukurenza umuvuduko gusa nk’uko byari bisanzwe.

Yagize ati “Udafite ubwishingizi, mu gihe kiri imbere, Camera izamenya ko imodoka iriho igenda idafite ubwishingizi, izamenya ko imodoka iriho igenda idafite Contrôle technique, izamenya ko imodoka iriho igenda nyirayo ari kuvugira kuri telefone cyangwa atambaye umukandara. Izanamenya ko imodoka iriho igenda ifite umuvuduko.”

Akomeza avuga ko mu gihe camera zo ku muhanda zizatangira gutahura aya makosa yose ndetse no kuyandikiraho abashoferi, bizatanga umusaruro.

Ati “Ibyo byose camera nibikusanya ikabiguha, uzagabanya umuduko, uzambara umukandara, uzareka kuvugira kuri telefone, uzitwara neza, bizagabanya umuvuduko.”

Avuga ko n’ubundi izi camera zari zisanzwe zifite ubushobozi bwo gutahura aya makosa, ahubwo ko icyariho gikorwa ari ugushyiramo iryo koranabuhanga rizatuma zibasha kubikora.

Ati “Izi camera rero ibi byose zirabifite, icyo twariho turakora ni ukubyactiva [kwemeza ko bikora] byose, kandi gahunda yo kubyactiva yageze ku musozo.”

Ibi byose bizakorwa mu rwego rwo kugabanya umubare w’impanuka zo mu muhanda, aho mu mwaka ushize, Intara y’Iburasirazuba yaje ku mwanya wa mbere mu kubamo impanuka nyinshi, ifite 29%, igakurikirwa n’Umujyi wa Kigali, hagakurikiraho Intara y’Iburengerazuba, hagakurikiraho iyAmajyepfo, hakaza iy’Amajyaruguru.

Naho mu binyabiziga byagiye bikora izo mpanuka, habanza moto zigize 25%, hagarukiraho amagare yo afite 15%, hagakurikiraho amakamyo manini afite 13%, amakamyo mato yo akaba yaragize 10%, na bisi zitwara abagenzi ziza ku mwanya wa nyuma.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Otis says:
    2 years ago

    Moto,Imodoka
    Byabaye Ibya Leta kubera amadeni kuri moto ho birakabije umenye ahari numuntu akugambaniye bakohorereza amande kuko uricyara ukumva amande jye rwose amaherezo yabyo turava mu muhanda

    Reply
  2. HAKIZIMANA Marcel says:
    2 years ago

    Mwiriwe neza twabazaga mwazatubariza izikamera igihe zizatangirira kwandika ibi byose Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

Jamaica: Abanyeshuri 60 bajyanywe mu bitaro igitaraganya ku mpamvu idasanzwe

Next Post

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.