Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amakuru yerecyeye ‘Camera’ zo ku muhanda akwiye kumenywa n’abashoferi bose

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in MU RWANDA
2
Hatangajwe amakuru yerecyeye ‘Camera’ zo ku muhanda akwiye kumenywa n’abashoferi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda itangaza ko camera zo ku ‘muhanda’ zatahuraga zikanandikira abashoferi ku ikosa ryo kurenza umuvuduko, zigiye kujya zinatahura andi makosa arimo kuba ikinyabiziga kidafite ‘Contrôle technique’, cyangwa kuba umushoferi yaba atambaye umukandara.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye kuri uyu wa Gatatu, tariki 04 Ukwakira mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru.

Ni nyuma y’uko bamwe mu batwara ibinyabiziga bumvikanye binubira kuba zimwe muri camera zo ku muhanda ziba zihishe mu bihuru zikabandikira batabizi.

IGP Namuhoranye yavuze ko izi camera zitazongera guhishwa, icyakora anahishura ko zigiye kujya zitahura n’andi makosa ndetse zikanayandikiraho abashoferi, atari ukurenza umuvuduko gusa nk’uko byari bisanzwe.

Yagize ati “Udafite ubwishingizi, mu gihe kiri imbere, Camera izamenya ko imodoka iriho igenda idafite ubwishingizi, izamenya ko imodoka iriho igenda idafite Contrôle technique, izamenya ko imodoka iriho igenda nyirayo ari kuvugira kuri telefone cyangwa atambaye umukandara. Izanamenya ko imodoka iriho igenda ifite umuvuduko.”

Akomeza avuga ko mu gihe camera zo ku muhanda zizatangira gutahura aya makosa yose ndetse no kuyandikiraho abashoferi, bizatanga umusaruro.

Ati “Ibyo byose camera nibikusanya ikabiguha, uzagabanya umuduko, uzambara umukandara, uzareka kuvugira kuri telefone, uzitwara neza, bizagabanya umuvuduko.”

Avuga ko n’ubundi izi camera zari zisanzwe zifite ubushobozi bwo gutahura aya makosa, ahubwo ko icyariho gikorwa ari ugushyiramo iryo koranabuhanga rizatuma zibasha kubikora.

Ati “Izi camera rero ibi byose zirabifite, icyo twariho turakora ni ukubyactiva [kwemeza ko bikora] byose, kandi gahunda yo kubyactiva yageze ku musozo.”

Ibi byose bizakorwa mu rwego rwo kugabanya umubare w’impanuka zo mu muhanda, aho mu mwaka ushize, Intara y’Iburasirazuba yaje ku mwanya wa mbere mu kubamo impanuka nyinshi, ifite 29%, igakurikirwa n’Umujyi wa Kigali, hagakurikiraho Intara y’Iburengerazuba, hagakurikiraho iyAmajyepfo, hakaza iy’Amajyaruguru.

Naho mu binyabiziga byagiye bikora izo mpanuka, habanza moto zigize 25%, hagarukiraho amagare yo afite 15%, hagakurikiraho amakamyo manini afite 13%, amakamyo mato yo akaba yaragize 10%, na bisi zitwara abagenzi ziza ku mwanya wa nyuma.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Otis says:
    2 years ago

    Moto,Imodoka
    Byabaye Ibya Leta kubera amadeni kuri moto ho birakabije umenye ahari numuntu akugambaniye bakohorereza amande kuko uricyara ukumva amande jye rwose amaherezo yabyo turava mu muhanda

    Reply
  2. HAKIZIMANA Marcel says:
    2 years ago

    Mwiriwe neza twabazaga mwazatubariza izikamera igihe zizatangirira kwandika ibi byose Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + ten =

Previous Post

Jamaica: Abanyeshuri 60 bajyanywe mu bitaro igitaraganya ku mpamvu idasanzwe

Next Post

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

IZIHERUKA

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze
MU RWANDA

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Haravugwa ibindi ku muhanzi w’Umunya-Nigeria witarutsaga iby’urupfu rwa mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.