Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro byari biri kuvura umunyamakuru wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda watezwe n’abantu bataramenyekana bakamukomeretsa bikabije, byamwohereje mu bindi bitaro kugira ngo abagwe mu mutwe kuko hari igufwa ryangiritse.

Uyu munyamakuru witwa Gumisiriza John usanzwe akorera Radiyo na Televiziyo Flash mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, yatezwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo ku ya 28 Gashyantare 2023, bamukubita ikintu mu mutwe, baramukomeretsa.

Ubuyobozi bwa Flash Radio&TV bwari bwatangaje ko uyu munyamakuru w’iki gitangazamakuru arwariye mu bitaro bya Nyagatare.

Ubu buyobozi bwari bwavuze ko uyu munyamakuru yakomeretse cyane ku buryo ashobora koherezwa kuvurirwa ahandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 bwatangaje ko agiye kuvurirwa mu bindi bitaro.

Mu butumwa bwashyize kuri Twitter y’iki gitangazamakuru, bugira buti “nyuma yo guhohoterwa n’abataramenyekana bakamukomeretsa mu mutwe, ibitaro bya Nyagatare byamwohereje i Kanombe; ubu agiye kubagwa mu mutwe kuko abaganga bagaragaje ko abamukubise hari igufwa bangije.”

Umuyobozi w’Abanyamakuru b’iki gitangazamakuru cya Flash TV&Radio bakorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Kwigira Issa wari wavuze iby’iri sagararirwa ryakorewe Umunyamakuru mugenzi we, yatangaje ko uyu munyamakuru yategewe mu nzira ubwo yari avuye mu kazi nka saa yine z’ijoro.

Yari yagize ati “Yarangije ikiganiro arataha nkuko bisanzwe ariko twaje kumva badutabaje ko yakubiswe bikomeye.”

Abatuye mu gace kategewemo uyu munyamakuru, bavuga ko hasanzwe hakorerwa ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bw’abantu batega abahisi n’abagenzi bakabambura ibyabo bakanabakomeretsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Next Post

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.