Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro byari biri kuvura umunyamakuru wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda watezwe n’abantu bataramenyekana bakamukomeretsa bikabije, byamwohereje mu bindi bitaro kugira ngo abagwe mu mutwe kuko hari igufwa ryangiritse.

Uyu munyamakuru witwa Gumisiriza John usanzwe akorera Radiyo na Televiziyo Flash mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, yatezwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo ku ya 28 Gashyantare 2023, bamukubita ikintu mu mutwe, baramukomeretsa.

Ubuyobozi bwa Flash Radio&TV bwari bwatangaje ko uyu munyamakuru w’iki gitangazamakuru arwariye mu bitaro bya Nyagatare.

Ubu buyobozi bwari bwavuze ko uyu munyamakuru yakomeretse cyane ku buryo ashobora koherezwa kuvurirwa ahandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 bwatangaje ko agiye kuvurirwa mu bindi bitaro.

Mu butumwa bwashyize kuri Twitter y’iki gitangazamakuru, bugira buti “nyuma yo guhohoterwa n’abataramenyekana bakamukomeretsa mu mutwe, ibitaro bya Nyagatare byamwohereje i Kanombe; ubu agiye kubagwa mu mutwe kuko abaganga bagaragaje ko abamukubise hari igufwa bangije.”

Umuyobozi w’Abanyamakuru b’iki gitangazamakuru cya Flash TV&Radio bakorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Kwigira Issa wari wavuze iby’iri sagararirwa ryakorewe Umunyamakuru mugenzi we, yatangaje ko uyu munyamakuru yategewe mu nzira ubwo yari avuye mu kazi nka saa yine z’ijoro.

Yari yagize ati “Yarangije ikiganiro arataha nkuko bisanzwe ariko twaje kumva badutabaje ko yakubiswe bikomeye.”

Abatuye mu gace kategewemo uyu munyamakuru, bavuga ko hasanzwe hakorerwa ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bw’abantu batega abahisi n’abagenzi bakabambura ibyabo bakanabakomeretsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 17 =

Previous Post

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

Next Post

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.