Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Abayobozi ba AFC/M23 bakiranywe ubwuzu n'abaturage

Share on FacebookShare on Twitter

UPDATE: AFC/M23 yatangaje ko iperereza ryihuse ryakozwe ku bibombe byarashwe mu baturage bari bitabiriye inama yabahuzaga n’ubuyobozi bw’iri Huriro, ryagaragaje ko ari igikorwa cy’iterabwoba cy’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bwifashishije intwaro z’Igisirikare cy’u Burundi.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23, bwatangaje ko nyuma y’iminota micye hatangiye inama yabuhuzaga n’abaturage b’i Bukavu yari yitabiriwe ku bwinshi, harashwe ibibombe mu mbaga y’abaturage, bamwe bahasiga ubuzima, bikekwa ko byakozwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwari bugambiriye kwivugana Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwakoranyaga abaturage mu nama yari yitabiriwe n’abaturage benshi bo muri uyu Mujyi wa Bukavu uherutse gufatwa n’abarwanyi ba M23.

Ubwo iyi nama yabaga, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yari yagaragaje umwuka w’ahabereye iyi nama, aho abaturage bari baje ari benshi ndetse babanza gushyiraho morale yari inayobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa.

Nyuma y’amasaha macye, Perezida wa M23, Batrand Bisimwa, yatangaje ko nyuma y’umwanya muto iyi nama itangiye, harashwe ibisasu byari bigamije kwivugana Umuhuzabikorwa Corneille Nangaa.

Mu butumwa bwe, Bertrand Bisimwa washinje Tshisekedi ibi bikorwa yise ko ari “Ubunyamaswa” yagize ati “Ubutegetsi bwa Tshisekedi bumaze gushyira mu bikorwa ubugizi bwa nabi bwakwirakwijwe kuva ejo ku mbuga nkoranyambaga bugambiriye kugirira nabi abaturage b’abasivile bitabiriye inama ya AFC/M23, umunsi wari uteganyijwe byari bigamije kwivugana Umuhuzabikorwa Corneille Nangaa.”

Yakomeje agira ati “Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, nyuma y’iminota micye hatangiye iyi nama, abarwanyi bagambirije ikibi barashe ibibombe mu baturage, bari bateraniye ahaberaga iyi nama, byateye impfu za benshi abandi barakomereka.”

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yavuze ko badashobora kwihanganira ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa Kinshasa bwanze kunamura icumu, bukomeje kurasa ibisasu mu bice binyuranye bituwemo n’abaturage, birimo n’ibituwe cyane.

Betrand Bisimwa kandi yongeye gutangaza ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ibi bisasu byarashwe mu gikorwa cy’iterabwoba cy’ubutegetsi bwa Congo, gikoresheje intwaro z’igisirikare cy’u Burundi gisanzwe gifatanya na FARDC mu mirwano yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − four =

Previous Post

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Next Post

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.