Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Abayobozi ba AFC/M23 bakiranywe ubwuzu n'abaturage

Share on FacebookShare on Twitter

UPDATE: AFC/M23 yatangaje ko iperereza ryihuse ryakozwe ku bibombe byarashwe mu baturage bari bitabiriye inama yabahuzaga n’ubuyobozi bw’iri Huriro, ryagaragaje ko ari igikorwa cy’iterabwoba cy’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bwifashishije intwaro z’Igisirikare cy’u Burundi.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23, bwatangaje ko nyuma y’iminota micye hatangiye inama yabuhuzaga n’abaturage b’i Bukavu yari yitabiriwe ku bwinshi, harashwe ibibombe mu mbaga y’abaturage, bamwe bahasiga ubuzima, bikekwa ko byakozwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwari bugambiriye kwivugana Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwakoranyaga abaturage mu nama yari yitabiriwe n’abaturage benshi bo muri uyu Mujyi wa Bukavu uherutse gufatwa n’abarwanyi ba M23.

Ubwo iyi nama yabaga, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yari yagaragaje umwuka w’ahabereye iyi nama, aho abaturage bari baje ari benshi ndetse babanza gushyiraho morale yari inayobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa.

Nyuma y’amasaha macye, Perezida wa M23, Batrand Bisimwa, yatangaje ko nyuma y’umwanya muto iyi nama itangiye, harashwe ibisasu byari bigamije kwivugana Umuhuzabikorwa Corneille Nangaa.

Mu butumwa bwe, Bertrand Bisimwa washinje Tshisekedi ibi bikorwa yise ko ari “Ubunyamaswa” yagize ati “Ubutegetsi bwa Tshisekedi bumaze gushyira mu bikorwa ubugizi bwa nabi bwakwirakwijwe kuva ejo ku mbuga nkoranyambaga bugambiriye kugirira nabi abaturage b’abasivile bitabiriye inama ya AFC/M23, umunsi wari uteganyijwe byari bigamije kwivugana Umuhuzabikorwa Corneille Nangaa.”

Yakomeje agira ati “Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, nyuma y’iminota micye hatangiye iyi nama, abarwanyi bagambirije ikibi barashe ibibombe mu baturage, bari bateraniye ahaberaga iyi nama, byateye impfu za benshi abandi barakomereka.”

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yavuze ko badashobora kwihanganira ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa Kinshasa bwanze kunamura icumu, bukomeje kurasa ibisasu mu bice binyuranye bituwemo n’abaturage, birimo n’ibituwe cyane.

Betrand Bisimwa kandi yongeye gutangaza ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ibi bisasu byarashwe mu gikorwa cy’iterabwoba cy’ubutegetsi bwa Congo, gikoresheje intwaro z’igisirikare cy’u Burundi gisanzwe gifatanya na FARDC mu mirwano yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 6 =

Previous Post

TdRwanda 2025: Umufaransa yegukanye Etape 4, Abanyarwanda batatu baza mu 10 ba mbere

Next Post

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.