Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko mu majwi angana na 78,94% amaze kubarurwa y’abatoye, Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ari imbere n’amajwi 99,15%, agakurikirwa na Dr Frank Habineza.

Ni amajwi y’ibyanze y’agateganyo yatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, nyuma y’amasaha macye, Abanyarwanda bahumuje igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite [imyanya rusange], yabaye ku nshuro ya mbere yarahujwe, ndetse bwa mbere uzatorerwa kuyobora u Rwanda azayobora manda y’imyaka itanu.

Ubwo hatangazwaga aya majwi, hari hamaze kubarurwa 78,94% y’abatoye, aho hagaragajwe imibare ya buri Ntara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’iyo muri Diyasipora.

Mu banyarwanda baba mu Mahanga, Paul Kagame yatowe n’abangana na 38 803 (95,40%), mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 1 147 962 (99,65%), mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda 1 592 657 (98,60%), Iburengerazuba atorwa na 1 601 447 (99,60%), Iburasirazuba atorwa na 1 754 489 (99,30%), mu Mujyi wa Kigali atorwa na 964 452 (98,59%).

Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ku rwego rw’Igihugu, muri aya majwi amaze kubarurwa, yatowe n’Abanyarwanda bose 7 099 810, bangana na 99,15%.

Naho Dr Frank Habineza, mu Banyarwanda baba mu mahanga, yatowe na 874, mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 3 053, mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda bangana na 11 753, iy’Iburengerazuba atorwa na 1 839, Iburasirazuba atorwa n’Abanyarwanda 11 349, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 9 433.

Uyu Mukandida w’Umutwe wa Politiki Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza ku rwego rw’Igihugu yatowe n’Abanyarwanda 38 301, bangana n’amajwi 0,53%.

Ni mu gihe Philippe Mpayimana wari Umukandida wigenga muri aya matora, we mu Banyarwanda baba mu mahanga yatowe n’abantu 998, mu Ntara y’Amajayaruguru atorwa n’Abanyarwanda 955, mu Majyepfo atorwa na 10 855, mu Burengerazuba atorwa n’Abanyarwanda 4 646, Iburasirauba atorwa n’Abanyarwanda 961, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 4 338.

Uyu mukandida wigenga, Philipe Mpayimana, Abanyarwanda bose bamutoye rwego rw’Igihugu muri aya majwi amaze kubarurwa, 22 753 bangana na 0,32%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Next Post

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.