Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko mu majwi angana na 78,94% amaze kubarurwa y’abatoye, Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ari imbere n’amajwi 99,15%, agakurikirwa na Dr Frank Habineza.

Ni amajwi y’ibyanze y’agateganyo yatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, nyuma y’amasaha macye, Abanyarwanda bahumuje igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite [imyanya rusange], yabaye ku nshuro ya mbere yarahujwe, ndetse bwa mbere uzatorerwa kuyobora u Rwanda azayobora manda y’imyaka itanu.

Ubwo hatangazwaga aya majwi, hari hamaze kubarurwa 78,94% y’abatoye, aho hagaragajwe imibare ya buri Ntara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’iyo muri Diyasipora.

Mu banyarwanda baba mu Mahanga, Paul Kagame yatowe n’abangana na 38 803 (95,40%), mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 1 147 962 (99,65%), mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda 1 592 657 (98,60%), Iburengerazuba atorwa na 1 601 447 (99,60%), Iburasirazuba atorwa na 1 754 489 (99,30%), mu Mujyi wa Kigali atorwa na 964 452 (98,59%).

Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ku rwego rw’Igihugu, muri aya majwi amaze kubarurwa, yatowe n’Abanyarwanda bose 7 099 810, bangana na 99,15%.

Naho Dr Frank Habineza, mu Banyarwanda baba mu mahanga, yatowe na 874, mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 3 053, mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda bangana na 11 753, iy’Iburengerazuba atorwa na 1 839, Iburasirazuba atorwa n’Abanyarwanda 11 349, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 9 433.

Uyu Mukandida w’Umutwe wa Politiki Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza ku rwego rw’Igihugu yatowe n’Abanyarwanda 38 301, bangana n’amajwi 0,53%.

Ni mu gihe Philippe Mpayimana wari Umukandida wigenga muri aya matora, we mu Banyarwanda baba mu mahanga yatowe n’abantu 998, mu Ntara y’Amajayaruguru atorwa n’Abanyarwanda 955, mu Majyepfo atorwa na 10 855, mu Burengerazuba atorwa n’Abanyarwanda 4 646, Iburasirauba atorwa n’Abanyarwanda 961, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 4 338.

Uyu mukandida wigenga, Philipe Mpayimana, Abanyarwanda bose bamutoye rwego rw’Igihugu muri aya majwi amaze kubarurwa, 22 753 bangana na 0,32%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Next Post

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.