Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko mu Burundi, aho yakiriwe na mugenzi we Evariste Ndayishimiye, bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye n’imikoranire mu bijyanye no guteza imbere amahoro n’umutekano.

Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uru ruzinduko mu Burundi kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, ubwo yari akubutse muri Congo-Brazzavile aho yari yagiye ku wa Gatandatu tariki 21 Ukuboza 2024, na ho yari yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso.

Tshisekedi ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, babanza gusurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, avuga ko uru ruzinduko rwa Tshisekedi rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezidansi ya Repubulika y’u Burundi, yagize iti “Mu rwego rwo gukomeza imigenderanire n’ubucuti hagati y’Igihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo n’U Burundi, kuri uyu wa 22 Ukuboza, Umukuru w’Igihugu cya Congo RDC nyakubahwa Antoine Félix Tshisekedi yagendereye mugenzi we w’u Burundi, nyakubahwa Evariste Ndayishimiye.”

Perezidansi y’u Burundi, ikomeza igira iti “Ni urugendo rugaragaza ko ibi Bihugu byombi byiyemeje gukomeza ku rundi rwego imigenderanire bisanganywe, byumwihariko mu bijyanye no gutsimbataza amahoro, umutekano, iterambere no kubaho neza kw’abenegihugu b’ibi Bihugu uko ari bibiri, u Burundi na RDCongo.”

Perezida Tshisekedi yagiye mu Burundi akiva muri Congo-Brazzaville, aho yahise ahitira muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu byari byatangaje ko mu biganiro byo mu muhezo Tshisekedi yagiranye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Perezidansi ya DRC yagize iti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano biri mu karere, Perezida Sassou N’gesso yashimiye umuhate wa mugenzi we wa Angola, Joâo Lourenço, ukomeje gushakira umuti ukwiye ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC abinyujije mu biganiro by’i Luanda.”

Izi ngendo Tshisekedi yagiriye muri ibi Bihugu bibiri, zibaye mu nyuma y’iminsi micye ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bisubitswe mu buryo butunguranye.

Isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga kubera i Luanda muri Angola, ryaturutse ku ngingo imwe itarumvikanyweho mu nama y’Abaminisitiri ya karindwi yari yabaye mbere ho amasaha macye y’iyi yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu, aho Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku biganiro yari yemeye kuzagirana na M23, ikavuga ko itazaganira n’uyu mutwe.

Perezida Tshisekedi yakiriwe na mugenzi we Ndayishimiye
Habayeho gususurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi

Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Next Post

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.