Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko mu Burundi, aho yakiriwe na mugenzi we Evariste Ndayishimiye, bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye n’imikoranire mu bijyanye no guteza imbere amahoro n’umutekano.

Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uru ruzinduko mu Burundi kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, ubwo yari akubutse muri Congo-Brazzavile aho yari yagiye ku wa Gatandatu tariki 21 Ukuboza 2024, na ho yari yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso.

Tshisekedi ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, babanza gusurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, avuga ko uru ruzinduko rwa Tshisekedi rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezidansi ya Repubulika y’u Burundi, yagize iti “Mu rwego rwo gukomeza imigenderanire n’ubucuti hagati y’Igihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo n’U Burundi, kuri uyu wa 22 Ukuboza, Umukuru w’Igihugu cya Congo RDC nyakubahwa Antoine Félix Tshisekedi yagendereye mugenzi we w’u Burundi, nyakubahwa Evariste Ndayishimiye.”

Perezidansi y’u Burundi, ikomeza igira iti “Ni urugendo rugaragaza ko ibi Bihugu byombi byiyemeje gukomeza ku rundi rwego imigenderanire bisanganywe, byumwihariko mu bijyanye no gutsimbataza amahoro, umutekano, iterambere no kubaho neza kw’abenegihugu b’ibi Bihugu uko ari bibiri, u Burundi na RDCongo.”

Perezida Tshisekedi yagiye mu Burundi akiva muri Congo-Brazzaville, aho yahise ahitira muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu byari byatangaje ko mu biganiro byo mu muhezo Tshisekedi yagiranye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Perezidansi ya DRC yagize iti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano biri mu karere, Perezida Sassou N’gesso yashimiye umuhate wa mugenzi we wa Angola, Joâo Lourenço, ukomeje gushakira umuti ukwiye ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC abinyujije mu biganiro by’i Luanda.”

Izi ngendo Tshisekedi yagiriye muri ibi Bihugu bibiri, zibaye mu nyuma y’iminsi micye ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bisubitswe mu buryo butunguranye.

Isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga kubera i Luanda muri Angola, ryaturutse ku ngingo imwe itarumvikanyweho mu nama y’Abaminisitiri ya karindwi yari yabaye mbere ho amasaha macye y’iyi yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu, aho Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku biganiro yari yemeye kuzagirana na M23, ikavuga ko itazaganira n’uyu mutwe.

Perezida Tshisekedi yakiriwe na mugenzi we Ndayishimiye
Habayeho gususurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi

Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Next Post

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.