Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko mu Burundi, aho yakiriwe na mugenzi we Evariste Ndayishimiye, bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye n’imikoranire mu bijyanye no guteza imbere amahoro n’umutekano.

Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uru ruzinduko mu Burundi kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, ubwo yari akubutse muri Congo-Brazzavile aho yari yagiye ku wa Gatandatu tariki 21 Ukuboza 2024, na ho yari yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso.

Tshisekedi ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, babanza gusurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, avuga ko uru ruzinduko rwa Tshisekedi rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezidansi ya Repubulika y’u Burundi, yagize iti “Mu rwego rwo gukomeza imigenderanire n’ubucuti hagati y’Igihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo n’U Burundi, kuri uyu wa 22 Ukuboza, Umukuru w’Igihugu cya Congo RDC nyakubahwa Antoine Félix Tshisekedi yagendereye mugenzi we w’u Burundi, nyakubahwa Evariste Ndayishimiye.”

Perezidansi y’u Burundi, ikomeza igira iti “Ni urugendo rugaragaza ko ibi Bihugu byombi byiyemeje gukomeza ku rundi rwego imigenderanire bisanganywe, byumwihariko mu bijyanye no gutsimbataza amahoro, umutekano, iterambere no kubaho neza kw’abenegihugu b’ibi Bihugu uko ari bibiri, u Burundi na RDCongo.”

Perezida Tshisekedi yagiye mu Burundi akiva muri Congo-Brazzaville, aho yahise ahitira muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu byari byatangaje ko mu biganiro byo mu muhezo Tshisekedi yagiranye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, banagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Perezidansi ya DRC yagize iti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano biri mu karere, Perezida Sassou N’gesso yashimiye umuhate wa mugenzi we wa Angola, Joâo Lourenço, ukomeje gushakira umuti ukwiye ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC abinyujije mu biganiro by’i Luanda.”

Izi ngendo Tshisekedi yagiriye muri ibi Bihugu bibiri, zibaye mu nyuma y’iminsi micye ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bisubitswe mu buryo butunguranye.

Isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga kubera i Luanda muri Angola, ryaturutse ku ngingo imwe itarumvikanyweho mu nama y’Abaminisitiri ya karindwi yari yabaye mbere ho amasaha macye y’iyi yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu, aho Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku biganiro yari yemeye kuzagirana na M23, ikavuga ko itazaganira n’uyu mutwe.

Perezida Tshisekedi yakiriwe na mugenzi we Ndayishimiye
Habayeho gususurutswa mu mbyino gakondo z’i Burundi

Banagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Next Post

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.