• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

radiotv10by radiotv10
14/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 20.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, rwanamutegetse kwishyura indishyi z’akababaro zingana na miliyoni 50 Frw.

Uyu mugabo wari ku rutonde rw’abifuzaga kuba Abadepite bahagarariye Umuryango FPR-Inkotanyi, yatawe muri yombi muri Kamena 2024 akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo witwa Kayihura Jean Marie Vianney, wishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu maburanisha, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwavuze ko mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Musonera yari akuriye urubyiruko muri Komini ya Nyabikenke.

Ubushinjacyaha bwavuze kandi uyu mugabo yari afite akabari kacurirwagamo umugambi wa Jenoside, ndetse kazaga no kunyweramo Interahamwe zabaga zivuye gukora Jenoside.

Mu maburanisha, kandi Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa yanatanze imbunda ebyiri zakoreshejwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bugasaba urukiko kumuhamya ibyaha, rukamukatira gufungwa burundu.

Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, aho yavugaga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atari i Nyabikenke, kuko icyo gihe yari yarasubiye kwiga.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Kane tariki 13 Ugushyingo 2025, Urukiko Rwemeje ko ikirego cy’Ubushinjacyaha gifite ishingiro, runemeza ko uregwa ahamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya Jenoside.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga rwahanishije igifungo cy’imyaka 20 Musonera, ndetse runategeka ko yishyura Ibuka indishyi y’akababaro ingana na miliyoni 50 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Next Post

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y'ibyishimo ataha amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.