Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa WFP, ryatangaje ko rigiye guhagarika gutanga inkunga y’ibiribwa ku bagore n’abana babarirwa mu bihumbi 650 bafite ikibazo cy’inzara muri Ethiopia, kubera ibura ry’inkunga ryaturutse ku cyemezo cya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump.

Iki cyemezo kizatangira gushyirwa mu bikorwa muri Gicurasi uyu mwaka, cyatangajwe na WFC ivuga ko mu gihe hatabonetse inkunga y’amahanga mu buryo bwihuse, abantu barenga miliyoni 3,6 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara muri Ethiopia mu byumweru biri imbere, nkuko byatangajwe na Zlatan Milizićk, Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa muri iki Gihugu.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko icyo cyuho kizagira ingaruka kubaturage benshi, ingaruka zituruka ku cyemezo cya Perezida w’Amerika Donald Trump cyo kugabanya cyane inkunga ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika igeneraga ibikorwa by’amahanga.

Igihugu cya Ethiopia gituwe n’abaturage barenga miliyoni 125, cyari ku isonga mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bihabwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za America, aho nko mu mwaka 2023 yakiriye inkunga ingana miliyari 1,8 z’Amadolari.

Ibindi bihugu by’i Burayi n’ahandi mu Burengerazuba bw’Isi, na byo byagabanyije ingengo y’imari y’inkunga bagenera Ibihugu by’amahanga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa muri Ethiopia ryatangaje ko rifite icyuho cy’amikoro kingana na miliyoni 222 USD kuva muri Mata kugeza muri Nzeri 2025, ibyatumye rifata umwanzuro wo gutangira guharika ibikorwa bimwe na bimwe byaryo.

WFP yatangaje ko igiye guhagarika inkunga yahaga abarenga ibihumbi 650
Abanya-Ethiopia benshi basanzwe bafite ikibazo cy’inzara

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 12 =

Previous Post

Havuzwe ibyagaragaye mu iperereza ry’ibanze ku muhangamideri Moses Turahirwa watawe muri yombi

Next Post

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.