Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa WFP, ryatangaje ko rigiye guhagarika gutanga inkunga y’ibiribwa ku bagore n’abana babarirwa mu bihumbi 650 bafite ikibazo cy’inzara muri Ethiopia, kubera ibura ry’inkunga ryaturutse ku cyemezo cya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump.

Iki cyemezo kizatangira gushyirwa mu bikorwa muri Gicurasi uyu mwaka, cyatangajwe na WFC ivuga ko mu gihe hatabonetse inkunga y’amahanga mu buryo bwihuse, abantu barenga miliyoni 3,6 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara muri Ethiopia mu byumweru biri imbere, nkuko byatangajwe na Zlatan Milizićk, Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa muri iki Gihugu.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko icyo cyuho kizagira ingaruka kubaturage benshi, ingaruka zituruka ku cyemezo cya Perezida w’Amerika Donald Trump cyo kugabanya cyane inkunga ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika igeneraga ibikorwa by’amahanga.

Igihugu cya Ethiopia gituwe n’abaturage barenga miliyoni 125, cyari ku isonga mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bihabwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za America, aho nko mu mwaka 2023 yakiriye inkunga ingana miliyari 1,8 z’Amadolari.

Ibindi bihugu by’i Burayi n’ahandi mu Burengerazuba bw’Isi, na byo byagabanyije ingengo y’imari y’inkunga bagenera Ibihugu by’amahanga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa muri Ethiopia ryatangaje ko rifite icyuho cy’amikoro kingana na miliyoni 222 USD kuva muri Mata kugeza muri Nzeri 2025, ibyatumye rifata umwanzuro wo gutangira guharika ibikorwa bimwe na bimwe byaryo.

WFP yatangaje ko igiye guhagarika inkunga yahaga abarenga ibihumbi 650
Abanya-Ethiopia benshi basanzwe bafite ikibazo cy’inzara

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 4 =

Previous Post

Havuzwe ibyagaragaye mu iperereza ry’ibanze ku muhangamideri Moses Turahirwa watawe muri yombi

Next Post

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.