• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa WFP, ryatangaje ko rigiye guhagarika gutanga inkunga y’ibiribwa ku bagore n’abana babarirwa mu bihumbi 650 bafite ikibazo cy’inzara muri Ethiopia, kubera ibura ry’inkunga ryaturutse ku cyemezo cya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump.

Iki cyemezo kizatangira gushyirwa mu bikorwa muri Gicurasi uyu mwaka, cyatangajwe na WFC ivuga ko mu gihe hatabonetse inkunga y’amahanga mu buryo bwihuse, abantu barenga miliyoni 3,6 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara muri Ethiopia mu byumweru biri imbere, nkuko byatangajwe na Zlatan Milizićk, Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa muri iki Gihugu.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko icyo cyuho kizagira ingaruka kubaturage benshi, ingaruka zituruka ku cyemezo cya Perezida w’Amerika Donald Trump cyo kugabanya cyane inkunga ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika igeneraga ibikorwa by’amahanga.

Igihugu cya Ethiopia gituwe n’abaturage barenga miliyoni 125, cyari ku isonga mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bihabwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za America, aho nko mu mwaka 2023 yakiriye inkunga ingana miliyari 1,8 z’Amadolari.

Ibindi bihugu by’i Burayi n’ahandi mu Burengerazuba bw’Isi, na byo byagabanyije ingengo y’imari y’inkunga bagenera Ibihugu by’amahanga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa muri Ethiopia ryatangaje ko rifite icyuho cy’amikoro kingana na miliyoni 222 USD kuva muri Mata kugeza muri Nzeri 2025, ibyatumye rifata umwanzuro wo gutangira guharika ibikorwa bimwe na bimwe byaryo.

WFP yatangaje ko igiye guhagarika inkunga yahaga abarenga ibihumbi 650
Abanya-Ethiopia benshi basanzwe bafite ikibazo cy’inzara

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Havuzwe ibyagaragaye mu iperereza ry’ibanze ku muhangamideri Moses Turahirwa watawe muri yombi

Next Post

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.