Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa nyuma y’uko Abapolisi bavuze imvugo ku mwana itarashimishije ababyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ababyeyi babiri bari bafungiwe kuri sitasiyo ya Nkanka mu mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, basabye uruhushya abapolisi rwo kuvuza umwana w’amezi 3 wari wahafatiwe n’uburwayi ariko bakarubima, ahubwo bakavuga ko n’iyo yapfa ntacyo Igihugu cyaba gihombye, Polisi y’u Rwanda iravuga ko igiye kubikoraho iperereza.

Aya magambo atarashimishije ababyeyi byabaye mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kamena 2024 ubwo Nyirahabimana Claudine na Umumararungu Adorata bari bafunzwe bakekwaho kwiba ibase mu gihe umwe muri bo yavugaga ko ari iye.

Ubwo byari bigeze mu gicuku umwana wa Nyirahabimana ufite amezi atatu yararembye, basaba uburenganzira bwo kuba yavurwa ariko Abapolisi bababwira ko aha nta mpuhwe z’abana zihaba.

Nyirahabimana yagize ati “Umwana yaradiyaye cyane bishoboka, ndavuga nti ‘reka bucye nsabe uburenganzira njye kumuvuza’, umupolisi witwa Louise twarabimubwiye aravuga ati ‘nta mpuhwe tugira hano’ turaceceka twigira inama yo gushaka undi tubibwira, tubibwiye undi mupolisi witwa Placide na we aratubwira ngo ‘nta mpuhwe tugira kuko umwana umwe apfuye atari igihugu cyose cyaba gipfuye.”

Kubwirwa gutyo nyamara umwana w’uruhinja amerewe nabi, byababaje aba bari bafunganywe na we ndetse bo bakavuga ko uyu mupolisi wavuze gutyo yaba yaribeshye kuko umwana ashobora kuzaba umuntu ukomeye.

Umumararungu ati “Ibyo bintu byaratubabaje cyane. Umwana w’amezi atatu arapfa iki nawe? Kuki Igihugu kitaba gihombye, ejo ntabwo yaba ari umupolisi cyangwa akaba umusirikari n’ibindi n’ibindi?”

Uretse kwimwa uburenganzira bwo kuvuza urwo ruhinja, aba babyeyi bavuga ko banangiwe kwakira ingemu y’igikoma cyari kizaniwe uwo mubyeyi kugira ngo abone amashereka yo konsa uwo mwana.

Ibi bituma hari abaturage basanga mu gihe umugore ufite umwana muto hari ibyo akurikiranyweho bituma afunganwa n’umwana, bidakwiye ko umwana yimwa uburenganzira kuko we ntacyo aba abazwa.

Nyirahagenimana ati “Nyine umuntu ufite umwana yakagombye kuba yabona uburenganzira, akaba yabona uburyo akarabya umwana, akaba yabona uburyo bwo kumuvuza mu gihe arwaye, byaba binashoboka bakamwemerera kugemurirwa.”

Akimara kumva amajwi y’aba baturage bagaruka ku mazina y’abapolisi babiri bavugwaho iyo myitwarire, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yabwiye RADIOTV10 ko hagiye gukorwaho iperereza kugira ngo bamenye ukuri kwabyo.

Ati “Turabanza kumenya niba koko byarabaye. Bibaye ari byo abo bapolisi bashobora guhanwa. Tugiye kubikurikirana.”

Icyakora nubwo bagaya imyitwarire y’abo bapolisi babiri, aba babyeyi bari bafungiye kuri iriya Sitasiyo, ku bashimira undi mupolisi witwa Rugamba ngo wabahumurije.

Aba babyeyi kandi baje kujyanwa mu kigo kinyurwamo by’igihe gito (transit center) aho uwo mwana yaboneye ubuvuzi, ariko nyuma y’iminsi micye baza kurekurwa nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’Umurenga wa Gihundwe bwari bumaze kubona ko barenganyijwe.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye umukwe n’umugeni mu Rwanda bagaragara mu buryo butunguranye bagiye gusezerana

Next Post

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.