Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda ifatanyije n’Umushinga Inkomoko Entrepreneur Development (Inkomoko), batangaje imishinga itandatu yageze mu cyiciro cya nyuma cya gahunda yiswe Level Up Your Biz yo gufasha imishinga mito y’urubyiruko.

Aba ba rwiyemezamirimo bakiri bato, batangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, bazahabwa ubufasha bunyuranye burimo amahugurwa yo kubongerera ubumenyi no gufashwa kwamamaza ibikorwa byabo.

Iyi mishinga yagize aya mahirwe, ni Roumeza Limited (Misozi brand) itunganya imyenda ya Siporo mu Rwanda, bakaba banayicuruza ndetse n’ibikapu bitwarwamo ibikoresho by’imyitozo ngororamubiri.

Hari kandi umushinga wa The Kandid wo gutunganya buji, hakaba umushinga wa Flove ltd utunganya imyenda ndetse n’ibikapu byo mu bitambaro ugamije gufasha abana b’abakobwa babyaye bakiri bato.

Hari handi Kayko ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga, aho ikora porogamu ikorana na android ifasha ubucuruzi buto gukurikirana no kumenyekanisha imisoro, no kumenya ibyasohotse, ibyinjiye n’ibindi byafasha umucuruzi gukukirana imari ye.

Hari kandi umushinga wa VUGA UKIRE INITIATIVE utanga ubujyanama hifashishijwe ikoranabuhanga mu bijyanye n’ibibazo byo mu mutwe hakaba n’umushinga Real Brothers LTD wo guhinga ibihumyo.

Aba batoranyijwe bagiye gutangirana n’amahugurwa azamara amezi atatu yitezweho kuzabafasha kuzarushaho kugira ubumenyi mu gukora neza iyi mishinga yabo.

Aya mahugurwa azasozwa mu kwezi k’Ukuboza 2022, aho hazanabaho igikorwa cyo gutoranya abandi batatu bazaba bahize abandi, bakazanahabwa ibihembo birimo biriya byo kwamamarizwa ibikorwa byabo ku buntu na MTN Rwanda, kubona inguzanyo ya miliyoni zitarenze 200 ku nyungu ya 10%.

Guhitamo iyi mishinga itandatu, na byo byabimburiwe n’amahugurwa yari yitabiriwe na ba rwiyemezamirimo 158 bari bari hagati y’imyaka 18 na 30 bari biyandikishije muri iyi gahunda, aho harebwe ku kuba iyi mishinga yabo ikoresha ikoranabuhanga mu igurisha (E-Commerce) kandi ikaba inanditse mu buryo bwemewe n’amategeko mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko bifuje gutera inkunga imishinga mito kuko igira uruhare runini mu gutanga akazi.

Yagize ati “Imishinga mito igize 41% by’imirimo itangwa n’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu gufasha imishinga mito y’urubyiruko, tuba tuzirikana uruhare rukomeye bagira mu guhanga imirimo mu Banyarwanda no mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu. Twizeye ko iyi gahunda izagira uruhare rukomeye mu kuzamura ishoramari ndetse no kubafasha kugira imibereho myiza.”

Umukozi wa MTN Rwanda, Dusabe Rosine na we wari muri uyu muhango, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo gukomeza gushyigikira iterambere ry’Igihugu ariko noneho hibanzwe ku rubyiruko rwo maboko y’ejo hazaza.

Yagize ati “Iki gikorwa kigamije gushyigikira urubyiruko mu mishinga bakora, tubafasha mu kwamamaza, dufatanya n’Inkomoko kubaha amahugurwa y’ibijyane no gukora iyo mishinga.”

Aretha Mutumwinka Rwagasore uyobora Inkomoko, yavuze ko iyi gahunda ya Level Up Your Biz ari amahirwe adasanzwe kuri ba rwimezamirimo byumwihariko mu kunguka ubumenyi mu bijyanye n’ishoramari babifashijwemo n’ubufatanye bwa MTN na Inkomoko.

Yagize ati “Inkomoko yishimiye gutera inkunga urubyiruko rw’u Rwanda mu kwagura amahirwe no kwihutisha iterambere ry’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + six =

Previous Post

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.