Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda ifatanyije n’Umushinga Inkomoko Entrepreneur Development (Inkomoko), batangaje imishinga itandatu yageze mu cyiciro cya nyuma cya gahunda yiswe Level Up Your Biz yo gufasha imishinga mito y’urubyiruko.

Aba ba rwiyemezamirimo bakiri bato, batangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, bazahabwa ubufasha bunyuranye burimo amahugurwa yo kubongerera ubumenyi no gufashwa kwamamaza ibikorwa byabo.

Iyi mishinga yagize aya mahirwe, ni Roumeza Limited (Misozi brand) itunganya imyenda ya Siporo mu Rwanda, bakaba banayicuruza ndetse n’ibikapu bitwarwamo ibikoresho by’imyitozo ngororamubiri.

Hari kandi umushinga wa The Kandid wo gutunganya buji, hakaba umushinga wa Flove ltd utunganya imyenda ndetse n’ibikapu byo mu bitambaro ugamije gufasha abana b’abakobwa babyaye bakiri bato.

Hari handi Kayko ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga, aho ikora porogamu ikorana na android ifasha ubucuruzi buto gukurikirana no kumenyekanisha imisoro, no kumenya ibyasohotse, ibyinjiye n’ibindi byafasha umucuruzi gukukirana imari ye.

Hari kandi umushinga wa VUGA UKIRE INITIATIVE utanga ubujyanama hifashishijwe ikoranabuhanga mu bijyanye n’ibibazo byo mu mutwe hakaba n’umushinga Real Brothers LTD wo guhinga ibihumyo.

Aba batoranyijwe bagiye gutangirana n’amahugurwa azamara amezi atatu yitezweho kuzabafasha kuzarushaho kugira ubumenyi mu gukora neza iyi mishinga yabo.

Aya mahugurwa azasozwa mu kwezi k’Ukuboza 2022, aho hazanabaho igikorwa cyo gutoranya abandi batatu bazaba bahize abandi, bakazanahabwa ibihembo birimo biriya byo kwamamarizwa ibikorwa byabo ku buntu na MTN Rwanda, kubona inguzanyo ya miliyoni zitarenze 200 ku nyungu ya 10%.

Guhitamo iyi mishinga itandatu, na byo byabimburiwe n’amahugurwa yari yitabiriwe na ba rwiyemezamirimo 158 bari bari hagati y’imyaka 18 na 30 bari biyandikishije muri iyi gahunda, aho harebwe ku kuba iyi mishinga yabo ikoresha ikoranabuhanga mu igurisha (E-Commerce) kandi ikaba inanditse mu buryo bwemewe n’amategeko mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko bifuje gutera inkunga imishinga mito kuko igira uruhare runini mu gutanga akazi.

Yagize ati “Imishinga mito igize 41% by’imirimo itangwa n’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu gufasha imishinga mito y’urubyiruko, tuba tuzirikana uruhare rukomeye bagira mu guhanga imirimo mu Banyarwanda no mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu. Twizeye ko iyi gahunda izagira uruhare rukomeye mu kuzamura ishoramari ndetse no kubafasha kugira imibereho myiza.”

Umukozi wa MTN Rwanda, Dusabe Rosine na we wari muri uyu muhango, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo gukomeza gushyigikira iterambere ry’Igihugu ariko noneho hibanzwe ku rubyiruko rwo maboko y’ejo hazaza.

Yagize ati “Iki gikorwa kigamije gushyigikira urubyiruko mu mishinga bakora, tubafasha mu kwamamaza, dufatanya n’Inkomoko kubaha amahugurwa y’ibijyane no gukora iyo mishinga.”

Aretha Mutumwinka Rwagasore uyobora Inkomoko, yavuze ko iyi gahunda ya Level Up Your Biz ari amahirwe adasanzwe kuri ba rwimezamirimo byumwihariko mu kunguka ubumenyi mu bijyanye n’ishoramari babifashijwemo n’ubufatanye bwa MTN na Inkomoko.

Yagize ati “Inkomoko yishimiye gutera inkunga urubyiruko rw’u Rwanda mu kwagura amahirwe no kwihutisha iterambere ry’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.