Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda ifatanyije n’Umushinga Inkomoko Entrepreneur Development (Inkomoko), batangaje imishinga itandatu yageze mu cyiciro cya nyuma cya gahunda yiswe Level Up Your Biz yo gufasha imishinga mito y’urubyiruko.

Aba ba rwiyemezamirimo bakiri bato, batangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, bazahabwa ubufasha bunyuranye burimo amahugurwa yo kubongerera ubumenyi no gufashwa kwamamaza ibikorwa byabo.

Iyi mishinga yagize aya mahirwe, ni Roumeza Limited (Misozi brand) itunganya imyenda ya Siporo mu Rwanda, bakaba banayicuruza ndetse n’ibikapu bitwarwamo ibikoresho by’imyitozo ngororamubiri.

Hari kandi umushinga wa The Kandid wo gutunganya buji, hakaba umushinga wa Flove ltd utunganya imyenda ndetse n’ibikapu byo mu bitambaro ugamije gufasha abana b’abakobwa babyaye bakiri bato.

Hari handi Kayko ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga, aho ikora porogamu ikorana na android ifasha ubucuruzi buto gukurikirana no kumenyekanisha imisoro, no kumenya ibyasohotse, ibyinjiye n’ibindi byafasha umucuruzi gukukirana imari ye.

Hari kandi umushinga wa VUGA UKIRE INITIATIVE utanga ubujyanama hifashishijwe ikoranabuhanga mu bijyanye n’ibibazo byo mu mutwe hakaba n’umushinga Real Brothers LTD wo guhinga ibihumyo.

Aba batoranyijwe bagiye gutangirana n’amahugurwa azamara amezi atatu yitezweho kuzabafasha kuzarushaho kugira ubumenyi mu gukora neza iyi mishinga yabo.

Aya mahugurwa azasozwa mu kwezi k’Ukuboza 2022, aho hazanabaho igikorwa cyo gutoranya abandi batatu bazaba bahize abandi, bakazanahabwa ibihembo birimo biriya byo kwamamarizwa ibikorwa byabo ku buntu na MTN Rwanda, kubona inguzanyo ya miliyoni zitarenze 200 ku nyungu ya 10%.

Guhitamo iyi mishinga itandatu, na byo byabimburiwe n’amahugurwa yari yitabiriwe na ba rwiyemezamirimo 158 bari bari hagati y’imyaka 18 na 30 bari biyandikishije muri iyi gahunda, aho harebwe ku kuba iyi mishinga yabo ikoresha ikoranabuhanga mu igurisha (E-Commerce) kandi ikaba inanditse mu buryo bwemewe n’amategeko mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko bifuje gutera inkunga imishinga mito kuko igira uruhare runini mu gutanga akazi.

Yagize ati “Imishinga mito igize 41% by’imirimo itangwa n’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu gufasha imishinga mito y’urubyiruko, tuba tuzirikana uruhare rukomeye bagira mu guhanga imirimo mu Banyarwanda no mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu. Twizeye ko iyi gahunda izagira uruhare rukomeye mu kuzamura ishoramari ndetse no kubafasha kugira imibereho myiza.”

Umukozi wa MTN Rwanda, Dusabe Rosine na we wari muri uyu muhango, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo gukomeza gushyigikira iterambere ry’Igihugu ariko noneho hibanzwe ku rubyiruko rwo maboko y’ejo hazaza.

Yagize ati “Iki gikorwa kigamije gushyigikira urubyiruko mu mishinga bakora, tubafasha mu kwamamaza, dufatanya n’Inkomoko kubaha amahugurwa y’ibijyane no gukora iyo mishinga.”

Aretha Mutumwinka Rwagasore uyobora Inkomoko, yavuze ko iyi gahunda ya Level Up Your Biz ari amahirwe adasanzwe kuri ba rwimezamirimo byumwihariko mu kunguka ubumenyi mu bijyanye n’ishoramari babifashijwemo n’ubufatanye bwa MTN na Inkomoko.

Yagize ati “Inkomoko yishimiye gutera inkunga urubyiruko rw’u Rwanda mu kwagura amahirwe no kwihutisha iterambere ry’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.