Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in MU RWANDA
1
Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bana bari mu modoka yakoreye impanuka i Rebero ubwo berecyezaga ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri, yitabiye Imana mu bitaro aho yari ari kwitabwaho n’abaganga.

Uwitabye Imana ni uwitwa Mugabo Kennedy w’imyaka 12 wigaga muri mwaka wa gatanu w’amashuri abanza.

Nyakwigendera ni umwe mu bana 25 bakomerekeye muri iyi mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa bus yaberecyezaga ku Ishuri rya Path to Success aho biga.

Iyi modoka yakoreye impanuka i Rebereo mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023 ku mpunsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yemeye aya makuru ko uwitabye Imana ari umwe mu bari barembye cyane wari uri kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) wari wanongerewe amararo kuko yari yakomeretse cyane.

Uwitabye Imana

Inkuru y’iyi mpanuka y’aba bana yababaje benshi dore ko yari ikomeye kuko imodoka yari ibatwaye yataye umuhanda ikagwa mu ishyamba ikangirika cyane.

Polisi y’u Rwanda yaje kwemeza ko abakomerekeye muri iyi mpanuka ari 27 barimo abana 25 ndetse n’umushoferi n’umurezi umwe.

Hari amakuru yatangajwe ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe no kuba iyi modoka yacitse feri, ariko bamwe mu bari hafi y’aho yabereye, bavuze ko ipine ry’iyi modoroka rishobora kuba ryagize ikibazo kuko ubwo yahoreraga imanuka mu ishyamba, iryo pine ryadigadigaga.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yifurije abana bakomerekeye muri iyi mpanuka gukira vuba ndetse anihanganisha imiryango yabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje ko abana bari muri iyi modoka, bazitabwaho mu buryo buboneye kugeza bakize.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Manzi Mando250 says:
    3 years ago

    Nukwihangana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + seven =

Previous Post

Biden kuva yatorwa yasuye igikorwa kiri mu by’ibanze byibukirwa kuri Trump

Next Post

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.