Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in MU RWANDA
1
Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bana bari mu modoka yakoreye impanuka i Rebero ubwo berecyezaga ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri, yitabiye Imana mu bitaro aho yari ari kwitabwaho n’abaganga.

Uwitabye Imana ni uwitwa Mugabo Kennedy w’imyaka 12 wigaga muri mwaka wa gatanu w’amashuri abanza.

Nyakwigendera ni umwe mu bana 25 bakomerekeye muri iyi mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa bus yaberecyezaga ku Ishuri rya Path to Success aho biga.

Iyi modoka yakoreye impanuka i Rebereo mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023 ku mpunsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yemeye aya makuru ko uwitabye Imana ari umwe mu bari barembye cyane wari uri kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) wari wanongerewe amararo kuko yari yakomeretse cyane.

Uwitabye Imana

Inkuru y’iyi mpanuka y’aba bana yababaje benshi dore ko yari ikomeye kuko imodoka yari ibatwaye yataye umuhanda ikagwa mu ishyamba ikangirika cyane.

Polisi y’u Rwanda yaje kwemeza ko abakomerekeye muri iyi mpanuka ari 27 barimo abana 25 ndetse n’umushoferi n’umurezi umwe.

Hari amakuru yatangajwe ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe no kuba iyi modoka yacitse feri, ariko bamwe mu bari hafi y’aho yabereye, bavuze ko ipine ry’iyi modoroka rishobora kuba ryagize ikibazo kuko ubwo yahoreraga imanuka mu ishyamba, iryo pine ryadigadigaga.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yifurije abana bakomerekeye muri iyi mpanuka gukira vuba ndetse anihanganisha imiryango yabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje ko abana bari muri iyi modoka, bazitabwaho mu buryo buboneye kugeza bakize.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Manzi Mando250 says:
    3 years ago

    Nukwihangana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Biden kuva yatorwa yasuye igikorwa kiri mu by’ibanze byibukirwa kuri Trump

Next Post

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha
MU RWANDA

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.