Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe uko byifashe i Goma nyuma yuko humvikanye urusaku rw’amasasu

radiotv10by radiotv10
12/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe uko byifashe i Goma nyuma yuko humvikanye urusaku rw’amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23, igice cyaryo cya gisirikare, cyatangaje ko mu Mujyi wa Goma habonetse ituze nyuma yuko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR na Wazalendo bagabye ibitero mu nkengero z’uyu Mujyi ugiye kuzuza amezi atatu ugenzurwa n’iri Huriro.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu bice bikikije Umujyi wa Goma wafashwe na AFC/M23 mu mpera za Mutarama uyu mwaka.

Amakuru avuga ko ari ibitero by’uruhande rwa Leta ya Kinshasa bigamije guhungabanya umutekano w’abatuye uyu Mujyi wa Goma, kimwe n’uko ari ibyo gushaka kugerageza kureba niba uru ruhande rwakubura imirwano yo kwisubiza uyu Mujyi wafashwe na M23 tariki 27 Mutarama 2025.

Ibi bitero byakozwe mu duce dukikije uyu Mujyi wa Goma, nka Mugunga, Kyeshero ndetse Lac Vert, aho bivugwa ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rugizwe n’abasirikare ba FARDC, ndetse n’abarwanyi b’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR n’aba Wazalendo, basanze abarwanyi ba M23 baryamiye amajanja, ubundi hakabaho gukozanyaho.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze iby’ibi bitero, aho yemeje ko ari iby’uruhande bahanganye rukomeje gukora ubushotoranyi.

Yagize ati “Nyuma y’ubushotoranyi bwakozwe inshuro nyinshi n’ihuriro ry’abanyabyaha (FARDC, FDLR, WAZALENDO…) mu bice byinshi ndetse no mu nkengero za Goma, ubu ibintu byasubiye mu buryo, kandi hari ituze.”

Willy Ngoma yakomeje avuga ko abarwanyi ba M23 bahora baryamiye amajanga, kuko icyo bashyize imbere ari ukurinda abaturage n’tuze ryabo, kandi na bo bakaba babifatiyeho icyizere.

Mu duce twabohojwe na AFC/M23, hakunze kumvikana ibitero-shuma by’uruhande ruhanganye n’iri huriro, aho bamwe mu bo ku ruhande rwa Leta babifatirwagamo, bemezaga ko babaga bahawe misiyo yo kubyisubiza, ariko bagerayo bakabura aho bamenera kuko basangaga uyu mutwe witeguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + two =

Previous Post

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

Next Post

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n'abicanyi,...Ibyaranze itariki nk'iyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.