• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe uko byifashe i Goma nyuma yuko humvikanye urusaku rw’amasasu

radiotv10by radiotv10
12/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe uko byifashe i Goma nyuma yuko humvikanye urusaku rw’amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23, igice cyaryo cya gisirikare, cyatangaje ko mu Mujyi wa Goma habonetse ituze nyuma yuko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR na Wazalendo bagabye ibitero mu nkengero z’uyu Mujyi ugiye kuzuza amezi atatu ugenzurwa n’iri Huriro.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu bice bikikije Umujyi wa Goma wafashwe na AFC/M23 mu mpera za Mutarama uyu mwaka.

Amakuru avuga ko ari ibitero by’uruhande rwa Leta ya Kinshasa bigamije guhungabanya umutekano w’abatuye uyu Mujyi wa Goma, kimwe n’uko ari ibyo gushaka kugerageza kureba niba uru ruhande rwakubura imirwano yo kwisubiza uyu Mujyi wafashwe na M23 tariki 27 Mutarama 2025.

Ibi bitero byakozwe mu duce dukikije uyu Mujyi wa Goma, nka Mugunga, Kyeshero ndetse Lac Vert, aho bivugwa ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rugizwe n’abasirikare ba FARDC, ndetse n’abarwanyi b’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR n’aba Wazalendo, basanze abarwanyi ba M23 baryamiye amajanja, ubundi hakabaho gukozanyaho.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze iby’ibi bitero, aho yemeje ko ari iby’uruhande bahanganye rukomeje gukora ubushotoranyi.

Yagize ati “Nyuma y’ubushotoranyi bwakozwe inshuro nyinshi n’ihuriro ry’abanyabyaha (FARDC, FDLR, WAZALENDO…) mu bice byinshi ndetse no mu nkengero za Goma, ubu ibintu byasubiye mu buryo, kandi hari ituze.”

Willy Ngoma yakomeje avuga ko abarwanyi ba M23 bahora baryamiye amajanga, kuko icyo bashyize imbere ari ukurinda abaturage n’tuze ryabo, kandi na bo bakaba babifatiyeho icyizere.

Mu duce twabohojwe na AFC/M23, hakunze kumvikana ibitero-shuma by’uruhande ruhanganye n’iri huriro, aho bamwe mu bo ku ruhande rwa Leta babifatirwagamo, bemezaga ko babaga bahawe misiyo yo kubyisubiza, ariko bagerayo bakabura aho bamenera kuko basangaga uyu mutwe witeguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Next Post

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.