Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitero by’indege bya Israel byagabwe kuri Gaza, byahitanye abantu barenga 330 nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima za Palestina, mu gihe hari hamaze amezi atatu hariho agahenge.

Ibi byahagaritse agahenge kari kamaze amezi abiri mu mirwano ihanganishije umutwe wa Hamas n’igisirikare cya Israel (IDF).

IDF yatangaje ko ibibi tero byagabwe byari bigamije kugukuraho ibikorwa byiswe iby’iterabwoba bya Hamas, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Minisitiri w’Ingabo Israel Katz, ari na bo bategetse ko hagabwa ibyo bitero mu gitondo cyo ku wa Kabiri.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya Israel, rivuga  ko impamvu y’iyo myanzuro ari uko Hamas yakomeje kwanga kurekura imfungwa z’Abanya-Israel ndetse ikanga n’ibitekerezo byose byatanzwe n’intumwa ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, n’abandi bahuza bagize uruhare mu biganiro, bityo ko ko byari ngombwa ko hakoreshwa ingufu kugira ngo ifungure imfungwa zayo zigikomeje gufatwa muri Gaza.

Iri tangazo rigira riti “Guhera ubu, Israel izakomeza kugaba ibitero kuri Hamas hifashishijwe imbaraga zose zishoboka za gisirikara.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo gahunda yo kugaba ibi bitero yari yatanzweho icyifuzo n’Ingabo za Israel (IDF), nyuma kiza kwemezwa ndetse gishyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kabiri.

Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye (ONU), Danny Danon, yaburiye Hamas asaba ko irekura imfungwa zose, avuga ko bitabaye ibyo bazafatwa nk’abanzi, ndetse bizabagiraho ingaruka zikomeye.

Hamas ishinja Israel kurenga ku masezerano y’agahenge, kandi ko ibi bitero byayo biri gushyira mu kaga imfungwa z’Abanya-Israel zikiri muri Gaza.

Kugeza ubu Hamas ntiratangaza ko yongeye gutangiza intambara, ahubwo yasabye abahuza ndetse n’Umuryango w’Abibumbye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo.

Shemsa UWIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + four =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Next Post

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.