Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’Abanye-Palestine bahitanywe n’ibitero by’indege za Israel mu kwihorera

radiotv10by radiotv10
23/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare w’Abanye-Palestine bahitanywe n’ibitero by’indege za Israel mu kwihorera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 48 bahitanywe n’ibitero by’indege bya Israel byabaye mu ijoro rimwe mu Mujyi wa Gaza rwagati, bivugwa byagabwe mu rwego rwo kwihorera kubera ibitero by’ubwiyahuzi bikomeje gukorwa muri West Bank.

Aba bantu baburiye ubuzima mu bitero by’indege mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, 1/2 cyabo ni abagore n’abana nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwo mu gace byagabwemo ibi bitero.

Ni ibitero bivugwa ko ari ibyo kwihorera kwa Israel, kubera ibikorwa by’ubwiyahuzi bikorerwa mu gace ka West Bank.

Aka gace ka West Bank kimwe n’umujyi wa Yerusalem biri mu bihanganisha cyane Israel na Palestine dore ko buri Gihugu kihita ahabo.

Ubwiyahuzi muri West Bank bukorwa n’Abanye-Palestine bitazwi niba baba ari abarwanyi b’umutwe wa Hamas, bukomeje kwiyongera umunsi ku wundi.

Kuri wa kane nabwo abagabo batatu basutse urufaya rw’amasasu ku modoka muri West Bank bica umuntu umwe, abandi barenga 10barakomereka. Gusa byarangiye abo bagabo b’Abanye-Palestine na bo bishwe na Polisi ya Israel.

Kuva intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas yatangira mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize, Abanye-Palestine barenga ibihumbi 29 bamaze kuhasiga ubuzima, naho abandi hafi ibihumbi 70 barakomeretse.

Umuryango w’Abibumbye utangaza ko 85% by’abaturage ba Gaza bavuye mu byabo barahunga, benshi bugarijwe n’inzara nta mazi babona nta n’ubuvuzi bubageraho, mu gihe 60% by’ibikorwa remezo by’umujyi wa Gaza byose byasenywe.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + six =

Previous Post

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Next Post

Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Umukinnyi w’Umudage wari wasezeye mu Ikipe y’Igihugu yatangaje ko yisubiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.