Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano iherutse kubera mu mujyi wa Goma yanasize ufashwe n’umutwe wa M23 nyuma yo gukubita incuro uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, biravugwa ko yaguyemo abakabakaba ibihumbi bitatu (3 000) barimo 2 500 ba FARDC na Wazalendo.

Ni amakuru yagiye hanze nyuma y’icyumweru umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, nyuma yuko ubereyemo imirwano ikomeye, ndetse uyu mutwe kuva kuri uyu wa Kabiri ukaba watangiye agahenge katanzwe ko koroshya ibikorwa by’ubutabazi.

Bivugwa ko mu Mujyi wa Goma ukirimo imirambo y’abaguye muri uru rugamba rwaranzwe no gukozanyaho gukomeye hakoreshejwe intwaro za rutura n’izoroheje.

Bivugwa ko ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, abo mu Ngabo z’u Burundi (FDNB), n’abo mu mutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro, rwatakaje abasirikare 2 500 baguye muri iyi mirwano yabereye i Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukwiye guharika gukomeza kwishora mu bikorwa byo guteza impaka ku bapfiriye muri iyi mirwano yabereye mu mujyi wa Goma.

Yavuze ko imirambo yari iri mu mihanda ya Goma, yagiye ikusanywa n’abo mu nzego z’ubuzima, ikajyanwa mu buruhukiro bw’Iitaro bya Goma mbere yo kugira ngo ishyingurwe, kandi ko “mu byukuri iyo mirambo ni iy’abasirikare ba FARDC n’abambari bayo (Wazalendo, FDLR, FDNB [igisrikare cy’u Burundi], n’abacancuro) baguye ku rugamba.”

Yakomeje agira ati “Kandi biranazwi byaranigaragaje hose binyuze mu mashusho yagagarajwe ku Isi, ko FARDC n’abambari bayo batsinzwe nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza y’igisirikare cyacu yo gushyira hasi intwaro bakazishyikiriza MONUSCO no kwihuriza hamwe muri stade de l’unité.”

Yakomeje avuga ko uku kwanga kubahiriza ibyo basabwe bakiyemeza guhangana, ari byo byatumye batakaza abasirikare benshi, ndetse ko imirambo yabo nyuma yo gukusanywa i Goma yashyinguwe mu buryo butekanye.

Bertrand Bisimwa kandi yatangaje ko nubwo aba basirikare baburiye ubuzima muri iyi mirwano “nta muryango w’i Goma uri mu gahinda kubera izo mpfu.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi OCHA-DRC, rivuga ko imirambo igera mu 2 000 yashyinguwe, mu gihe OMS na yo ivuga ko indi igera muri 900 ikiri mu buruhukira bw’ibitaro bya Goma.

Nanone kandi umuyobozi w’Agategano wa OCHA-DRC, yatangaje ko hakiri imirambo myinshi ikiri ku Kibuga cy’Indege no kuri Gereza bya Goma.

Yagize ati “Kuba yashyingurwa byihuse, ni mu buryo bwo kwirinda ingaruka byatera ku buzima byumwihariko ibyorezo. Turi gukorana n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo twihutishe ibi bikorwa.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Umuryango w’Abibumbye wo wari watangaje ko iyi mirwano yaguyemo abantu 900, igakomerekeramo abarenga 2 500.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 6 =

Previous Post

President Kagame on CNN

Next Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.