Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano iherutse kubera mu mujyi wa Goma yanasize ufashwe n’umutwe wa M23 nyuma yo gukubita incuro uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, biravugwa ko yaguyemo abakabakaba ibihumbi bitatu (3 000) barimo 2 500 ba FARDC na Wazalendo.

Ni amakuru yagiye hanze nyuma y’icyumweru umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, nyuma yuko ubereyemo imirwano ikomeye, ndetse uyu mutwe kuva kuri uyu wa Kabiri ukaba watangiye agahenge katanzwe ko koroshya ibikorwa by’ubutabazi.

Bivugwa ko mu Mujyi wa Goma ukirimo imirambo y’abaguye muri uru rugamba rwaranzwe no gukozanyaho gukomeye hakoreshejwe intwaro za rutura n’izoroheje.

Bivugwa ko ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, abo mu Ngabo z’u Burundi (FDNB), n’abo mu mutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro, rwatakaje abasirikare 2 500 baguye muri iyi mirwano yabereye i Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukwiye guharika gukomeza kwishora mu bikorwa byo guteza impaka ku bapfiriye muri iyi mirwano yabereye mu mujyi wa Goma.

Yavuze ko imirambo yari iri mu mihanda ya Goma, yagiye ikusanywa n’abo mu nzego z’ubuzima, ikajyanwa mu buruhukiro bw’Iitaro bya Goma mbere yo kugira ngo ishyingurwe, kandi ko “mu byukuri iyo mirambo ni iy’abasirikare ba FARDC n’abambari bayo (Wazalendo, FDLR, FDNB [igisrikare cy’u Burundi], n’abacancuro) baguye ku rugamba.”

Yakomeje agira ati “Kandi biranazwi byaranigaragaje hose binyuze mu mashusho yagagarajwe ku Isi, ko FARDC n’abambari bayo batsinzwe nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza y’igisirikare cyacu yo gushyira hasi intwaro bakazishyikiriza MONUSCO no kwihuriza hamwe muri stade de l’unité.”

Yakomeje avuga ko uku kwanga kubahiriza ibyo basabwe bakiyemeza guhangana, ari byo byatumye batakaza abasirikare benshi, ndetse ko imirambo yabo nyuma yo gukusanywa i Goma yashyinguwe mu buryo butekanye.

Bertrand Bisimwa kandi yatangaje ko nubwo aba basirikare baburiye ubuzima muri iyi mirwano “nta muryango w’i Goma uri mu gahinda kubera izo mpfu.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi OCHA-DRC, rivuga ko imirambo igera mu 2 000 yashyinguwe, mu gihe OMS na yo ivuga ko indi igera muri 900 ikiri mu buruhukira bw’ibitaro bya Goma.

Nanone kandi umuyobozi w’Agategano wa OCHA-DRC, yatangaje ko hakiri imirambo myinshi ikiri ku Kibuga cy’Indege no kuri Gereza bya Goma.

Yagize ati “Kuba yashyingurwa byihuse, ni mu buryo bwo kwirinda ingaruka byatera ku buzima byumwihariko ibyorezo. Turi gukorana n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo twihutishe ibi bikorwa.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Umuryango w’Abibumbye wo wari watangaje ko iyi mirwano yaguyemo abantu 900, igakomerekeramo abarenga 2 500.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

President Kagame on CNN

Next Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.