Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano iherutse kubera mu mujyi wa Goma yanasize ufashwe n’umutwe wa M23 nyuma yo gukubita incuro uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, biravugwa ko yaguyemo abakabakaba ibihumbi bitatu (3 000) barimo 2 500 ba FARDC na Wazalendo.

Ni amakuru yagiye hanze nyuma y’icyumweru umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, nyuma yuko ubereyemo imirwano ikomeye, ndetse uyu mutwe kuva kuri uyu wa Kabiri ukaba watangiye agahenge katanzwe ko koroshya ibikorwa by’ubutabazi.

Bivugwa ko mu Mujyi wa Goma ukirimo imirambo y’abaguye muri uru rugamba rwaranzwe no gukozanyaho gukomeye hakoreshejwe intwaro za rutura n’izoroheje.

Bivugwa ko ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, abo mu Ngabo z’u Burundi (FDNB), n’abo mu mutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro, rwatakaje abasirikare 2 500 baguye muri iyi mirwano yabereye i Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukwiye guharika gukomeza kwishora mu bikorwa byo guteza impaka ku bapfiriye muri iyi mirwano yabereye mu mujyi wa Goma.

Yavuze ko imirambo yari iri mu mihanda ya Goma, yagiye ikusanywa n’abo mu nzego z’ubuzima, ikajyanwa mu buruhukiro bw’Iitaro bya Goma mbere yo kugira ngo ishyingurwe, kandi ko “mu byukuri iyo mirambo ni iy’abasirikare ba FARDC n’abambari bayo (Wazalendo, FDLR, FDNB [igisrikare cy’u Burundi], n’abacancuro) baguye ku rugamba.”

Yakomeje agira ati “Kandi biranazwi byaranigaragaje hose binyuze mu mashusho yagagarajwe ku Isi, ko FARDC n’abambari bayo batsinzwe nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza y’igisirikare cyacu yo gushyira hasi intwaro bakazishyikiriza MONUSCO no kwihuriza hamwe muri stade de l’unité.”

Yakomeje avuga ko uku kwanga kubahiriza ibyo basabwe bakiyemeza guhangana, ari byo byatumye batakaza abasirikare benshi, ndetse ko imirambo yabo nyuma yo gukusanywa i Goma yashyinguwe mu buryo butekanye.

Bertrand Bisimwa kandi yatangaje ko nubwo aba basirikare baburiye ubuzima muri iyi mirwano “nta muryango w’i Goma uri mu gahinda kubera izo mpfu.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi OCHA-DRC, rivuga ko imirambo igera mu 2 000 yashyinguwe, mu gihe OMS na yo ivuga ko indi igera muri 900 ikiri mu buruhukira bw’ibitaro bya Goma.

Nanone kandi umuyobozi w’Agategano wa OCHA-DRC, yatangaje ko hakiri imirambo myinshi ikiri ku Kibuga cy’Indege no kuri Gereza bya Goma.

Yagize ati “Kuba yashyingurwa byihuse, ni mu buryo bwo kwirinda ingaruka byatera ku buzima byumwihariko ibyorezo. Turi gukorana n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo twihutishe ibi bikorwa.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Umuryango w’Abibumbye wo wari watangaje ko iyi mirwano yaguyemo abantu 900, igakomerekeramo abarenga 2 500.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twenty =

Previous Post

President Kagame on CNN

Next Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.