Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’amafaranga ya ruswa ishinjwa Umushinjacyaha waregewe Ubushinjacyaha

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe umubare w’amafaranga ya ruswa ishinjwa Umushinjacyaha waregewe Ubushinjacyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Dosiye y’ikirego kiregwamo Umushinjacyaha wo mu Karere ka Karongi ushinjwa kwaka no kwakira indonke ya 150 000 Frw kugira ngo afungure ufunzwe, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Iyi dosiye iregwamo Umushinjacyaha wo ku Rwego rw’Ibanze rwa Gashari mu Karere ka Karongi, iregwamo kandi umufatanyacyaha ufatwa nk’umukomisiyoneri w’uyu Mushinjacyaha wamuhuzaga n’utanga ruswa, naho icyaha baregwa kikaba cyarabereye mu Murenge wa Murambi muri aka Karere ka Karongi.

Iyi ndonke yatanzwe n’umuturage kugira ngo uyu Mushinjacyaha afungure umugore we ufungiwe icyaha cy’ubujura bw’amatungo.

Abaregwa muri iyi dosiye, batawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 18 Ukwakira 2024, mu gihe dosiye yabo yaturutse mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, yashyikirijwe Ubushinjacyaha kuri uyu wa 22 Ukwakira.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wemeje amakuru y’ifungwa ry’aba bantu, yagize ati “bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge n’iya Kimihurura mu gihe hagikorwa dosiye yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha kuri uyu wa 22 Ukwakira 2024.”

Dr Murangira kandi yaboneyeho kwibutsa “Abaturarwanda ko ruswa ari icyaha kidasaza, ko uzabifatirwamo wese azahanwa.”

Yaboneyeho kandi kugira inama abaturage kujya batanga amakuru ku byaha nk’ibi bya ruswa kugira ngo biranduke burundu, kuko bimunga ubukungu bw’Igihugu bikanadindiza iterambere, kandi bikanatuma serivisi zidatangwa uko bikwiye.

Mu cyumweru gishize kandi, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare rwaburanishije urubanza ruregwamo abantu barimo abakozi batanu bo mu nzego z’Ubutabera; Abagenzacyaha babiri, Umushinjacyaha umwe, Umucamanza umwe, n’Umuhesha w’Inkiko umwe.

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 5 y’Itegeko no 054/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa riteganya ko kwaka cyangwa kwakira indonke bikozwe n’ufata ibyemezo by’ubutabera cyangwa ubishyira mu bikorwa, iyo abihamijwe n’inkiko ashobora guhanishwa igihano cy’igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yasabye.

Iyi ngingo iteganya kandi ko Umucamanza wese cyangwa Umukemurampaka wakiriye cyangwa wasabye indonke, iyo abihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’ibiri (12) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse.

Ingingo ya 4 y’iri Tegeko, yo iteganya ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Next Post

Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.