• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umusaruro wavuye muri Operasiyo yo gufata abazengereje abaturage i Nyanza

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umusaruro wavuye muri Operasiyo yo gufata abazengereje abaturage i Nyanza

Photo/Umuseke

Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza, yatangaje ko igikorwa cyo guhiga no gufata abahungabanya umutekano muri aka Karere mu bikorwa by’urugomo bihamaze iminsi, cyasize hafashwe abantu 19.

Ni operasiyo yabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, yakozwe na Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, ku bufatanye n’inzego z’ibanze.

Iki gikorwa cyakozwe nyuma yuko hari abaturage bamaze iminsi bataka ibikorwa by’urugomo bakorerwa n’abantu bataramenyekana, birimo kubatega bakabambura ibyabo ndetse n’ubujura bwa hato hato.

Iki gikorwa cyasize hafashwe abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bo mu Midugudu inyuranye yo mu Mirenge ya Nyanza na Kibirizi muri aka Karere ka Nyanza, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye.

SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Twafashe abantu 19 bahungabanya umutekano w’abaturage, abo twafashe bose ni abagabo.”

Aba bafatiwe muri iyi Operasiyo ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu Murenge wa Muyira, barimo abakekwaho kwijandika mu bikorwa by’ubujura, abanywa ibiyobyabwenge, ndetse n’abandi bakekwaho ibikorwa by’urugomo.

Aba bantu kandi bafashwe ku bufaanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, n’abaturage bayifashije mu kuyiha amakuru yatumye hafatwa aba bantu.

SP Emmanuel Habiyaremye washimiye abaturage bayifashije mu gutanga amakuru yatumye aba bantu bafatwa, yaboneyeho kugira inama abishoye muri ibi bikorwa ko Polisi y’u Rwanda iri maso kandi ko itazahwema kubashakisha no kubafata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles

Next Post

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.