Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
15/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iri kuvuguta umuti uzakemura iki kibazo burundu.

Bamwe mu baturage baherutse kuganira na RADIOTV10, bagaragaje imbogamizi bakunze guhura na zo mu buhinzi bwabo, zirimo kubura isoko ry’umusaruro baba bejeje.

Mukamana yagize ati “Twarejeje, tumaze gusarura dutegereza umushoramari waza kuwugura turaheba. Ubu umuceri wacu waheze mu mbuga.”

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko, bongeye kugaragariza Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda MINICOM iki kibazo, banayibaza ingamba zizakirandura.

Depite Muzana Alice yagize ati “Ntabwo bikwiye ko abahinzi, amakoperative bahinga ngo umusaruro ubure isoko, cyangwa se wanabona isoko ibiciro bikaba bitanogeye impande zombi.”

Yakomeje ati “Ni iki kiri gukorwa ngo ibijyanye no guhuza umusaruro n’isoko bitegurwe mbere yo guhinga, kugira ngo ikibazo cy’ibura ry’amasoko ku musaruro kigende gishakirwa igisubizo burambye, ku buryo tutazongera kubona umusaruro ubura isoko kandi hari imbaraga nyinshi igihugu kirimo gishyira mu kuwongera?”

Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, Antoine Marie Kajangwe

avuga ko iki kibazo kiri kuvugutirwa umuti urambye, ku bufatanye bw’iyi Minisiteri n’izindi nzego zibifite mu nshingano.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibyagaragajwe ni byo, turacyafite umusaruro ubura isoko, ariko hari ibisubizo birambye biri gushakwa. Icya mbere ni uko inzego za Leta zikorana mu gufasha uruhererekane mu bucuruzi bw’imyaka binyuze mu mikoranire na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ndetse na RAB. Hari amabwiriza turimo kunoza duteganya ko azarangira vuba.”

Yakomeje agira ati “Twari dusanzwe dukorana n’izo nzego ariko byakorwaga nta kubazwa inshingano (accountability). Turateganya ko ayo mabwiriza namara kujyaho azafasha mu kugaragaza uburyo bwumvikana izo nzego zigomba gukorana kugira ngo zibashe gufasha abahinzi kubona isoko ry’umusaruro wabo.”

Mu 2017, umuceri wasaruwe wari wageze kuri toni 3,2 kuri hegitari; muri 2024 ugera kuri toni 4,1. Biteganyijwe ko muri 2028/2029 haziyongeraho 35% ugera kuri toni 5,4. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko igiye gukuba gatatu umusaruro w’igihingwa cy’umuceri, ku buryo bitarenze 2030 buri mwaka hazajya hahingwa hegitari 60.000 mu gihugu, zitanga toni 390.000 buri mwaka.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 14 =

Previous Post

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Next Post

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago
FOOTBALL

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.