Wednesday, October 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe undi muyobozi mu Nzego z’Ibanze uri mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuzima n’Imibereho mu Buyobozi bw’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, afungiye ibyaha byo kwakira indonke, ndete dosiye ye ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Uyu muyobozi w’Ishami ry’Ubuzima n’Imibereho mu Karere ka Gasabo, amaze iminsi ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ndetse rwamaze gukora Dosiye y’ikirego aregwamo, ruyishyikiriza Ubushinjacyaha tariki 30 Nzeri 2025.

RIB itangaza ko uyu muyobozi akurikiranyweho kwaka no kwakira indonke kugira ngo atange icyangombwa cyemerera Ivuriro risanzwe (Dispensaire) kujya ku rwego rwa Poste de Sante.

Uyu muyobozi ubu ufungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Kimironko, akekwaho kuba yaratse ndetse akanakira indonke y’amafaranga yahawe kugira ngo atange kiriya cyangombwa bitanyuze mu nzira zemewe n’amategeko.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wemeje ifungwa ry’uyu muyobozi, yagiriye inama abantu kutishora mu bikorwa byo gutanga indonke kugira ngo bahabwe serivisi bemerewe n’amategeko.

Dr Murangira kandi yashimiye abaturage bamaze gutera intambwe bakumva ko guhabwa serivisi nziza bitagira ikiguzi, ndetse bakanatangira amakuru ku gihe.

Yaboneyeho kandi kugira inama abakoresha nabi ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, guca ukubiri na byo, kuko bihanirwa n’amategeko kandi ko inzego ziri maso ngo zihangane na bo.

Uru rwego kandi muri iki cyumweru rwataye muri yombi abantu 14 barimo abayobozi mu Karere ka Nyabihu, bakurikiranyweho kunyereza amafaranga mu bikorwa byo gusana inzu z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Aba bantu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kariya Karere ka Nyabihu, bafashwe nyuma yuko igenzura rigaragaje ko imirimo yo gusana inzu 17 z’abarokotse Jenoside itakozwe uko byari bikwiye, kuko hasanwe inzu 15 gusa, kandi na zo ntizisanwe uko byagombaga gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Imihanda 40 ishobora kwitirirwa Charlie Kirk inkoramutima ya Trump wishwe arasiwe mu ruhame

Next Post

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Related Posts

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

by radiotv10
08/10/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 382 batahutse ku bushake bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bibutswa amahirwe y’iterambere ry’Igihugu...

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

by radiotv10
08/10/2025
0

Umugore w’imyaka 32 usanzwe ari umubyeyi w’abana 2 wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera yatawe muri yombi...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

by radiotv10
08/10/2025
0

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yatangaje ko ifungwa ry'abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, ryabayeho nyuma yuko bigaragaye ko imirimo...

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

by radiotv10
08/10/2025
0

Abanyeshuri bari kwiga amasomo ajyanye n’imiyoborere y’Ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze, bari mu...

Rwamagana: Abahinzi bitegura umusaruro bahuye n’isanganya ryatumye binjira mu ihurizo

Rwamagana: Abahinzi bitegura umusaruro bahuye n’isanganya ryatumye binjira mu ihurizo

by radiotv10
08/10/2025
0

Abahinga umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo giherereye mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubwanikiro bwabo buherutse...

IZIHERUKA

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje
IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

by radiotv10
08/10/2025
0

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

08/10/2025
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

08/10/2025
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

08/10/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

08/10/2025
Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

08/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.