Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangije umushinga w’ubuhinzi bw’indabo, imboga n’imbuto bwifashishije ikoranabuhanga umwe mu mishinga izakorwa muri gahunda yo kwagura Pariki y’Ibirunga no guteza imbere abayituriye.

Ni agace k’icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu muri uyu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Iyi Pariki y’Igihugu ikaba izagurirwa ku buso bungana na hegitari 3 740 bingana na 23% by’ubuso ifite ubu. Iki gikorwa cyafunguwe ni icy’ubuhinzi bwifashishije ikoranabuhanga buzakorerwa mu nzu zo guhingwamo zizwi nka ‘Green Houses’, uburyo bwo guhinga hatifashishijwe ubutaka, ububiko bukonjesha n’uburyo bwo gutunganya umusaruro n’ibindi.

Kinigi Horticulture Hub ni igice gito kigize umudugudu uzubakirwa abazimurwa ahazagurirwa iyi Pariki. Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) Jean-Guy Afrika yavuze ko iki kigo kizafasha abaturage kongera umusaruro hifashishijwe ubuso buto bazahingaho.

Yagize “Iki kigo kizafasha abaturage kongera umusaruro ku mirima mito w’inyungu no guteza imbere imibereho myiza. Iki gikorwa kiragaragaza intambwe twateye mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima. Iki kigo ni umwe mu mishinga izafasha iyi miryango yimuwe, intego yacu ni uguteza imbere imibereho, guhanga imirimo no guteza imbere urubyiruko n’abagore, gahunda yo gusaranganya inyungu ziva mu bukerarugendo ikomeje kwaguka ndetse yerekana isano iri hagati y’ubukerarugendo mu Rwanda n’iterambere ry’abaturage, iyo ubukerarugendo buzamutse iterambere ry’abaturage na ryo ririyongera.”

Bamwe mu baturage bari basanzwe bakorera ubuhinzi muri ako gace, bavuze ko bitezemo inyungu kuko inyamaswa zivuye muri parike zitazongera kwangiza umusaruro wabo nk’uko byajyaga bigenda.

Maniriho Felicien yagize ati “Ubusanzwe ubuhinzi bwacu twahingaga ariko twari dufite ikibazo cy’inyamaswa imbogo zatwoneraga ku buryo umuntu yashoraga amafaranga menshi mu buhinzi ntayasaruremo, ariko ubu buhinzi bwa kijyambere bugiye kudufasha kuko tugiye kujya duhinga ku buso buto kandi tubone n’umusaruro uhagije.”

Coletha Nyirambonigaba na we ati “Mu mwaka ushize nahinze ibirayi ahantu hangana na are icumi, bigeze igihe cyo kwera imbogo ziraza zirabiribata ku buryo umusaruro nari niteze ntawubonye, rero ubu buhinzi nizeye ko buzamfasha guhinga neza nkihaza ndetse nkasagurira n’amasoko.”

Ubu buhinzi bwifashishije ikoranabuhanga wa buzakorerwa ku buso bunganga na metero kare 1 250 bugizwe na Green House eshatu zihinzwemo imboga nka Puwavuro, inyanya na cocombre, bikaba biteganyijwe ko ubu umusaruro uzajya uvamo uzajya winjiza Miliyoni 45 Frw buri mwaka, naho ikiguzi cyo kuhitaho cyatwaye Miliyoni 11 Frw.

Umuyobozi wa RDB yafunguye ku mugaragaro uyu mushinga
Abahinzi biteze amahirwe akomeye muri uyu mushinga

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

Next Post

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Related Posts

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

by radiotv10
24/10/2025
0

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw'Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza,...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw'Akagari kabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.