Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baranishwa mu rubanza ruregwamo abakurikiranyweho gushaka guhirika ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze ubuhamya, avuga uko bageze mu ngoro y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, n’inzira bari babanje kunyura.

Ni urubanza ruregwamo abantu 51; rwatangiye kuburanishwa ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Nyakanga 2024, imbere y’Urukiko rwa gisirikare kuri Gereza ya Ndolo muri Komini ya Burumbu mu murwa mukuru i Kinshasa.

Yusufu Ezangi, uregwa muri uru rubanza, ari na we wahereweho mu guhatwa ibibazo n’abacamanza b’Urukiko rwa Gisirikare, yavuze ko azi neza ibya kiriya gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024, kugeza ubwo bageraga mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Umucamanza yamubajije ati “Ni gute wamenyanye na Christian Malanga? [wari uyoboye iki gikorwa akaza kwicwa] mwamenyaniye he? Mwari mugamije iki?”

Uregwa yavuze ko bari baziranye kuva muri 2017, bakaba baramenyaniye i Londres mu Bwongereza, aho bagiye banakorera inama zitandukanye.

Yavuze ko baje gukorana ingendo ziberecyeza muri Swaziland kugeza bageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari bagiye gushinga Umuryango utari uwa Leta, ariko ntiyavuze izina ryawo.

Uyu uregwa muri uru rubanza yavuze ko ari bwo baje gusanga harashinzwe umuryango wa ”New Zaïre”, we akaba atari azi impamvu washinzwe.

Yavuze ko bakoze ingendo mu bice binyuranye kuva ahitwa Mangayi mu rwego rwo gushishikariza abantu kwinjira muri uyu muryango utari uwa Leta banyuze ahitwa Lufu na Kasungu, bakaza kugera kuri Hoteli ya Auberge Momo muri Ngaliema.

Uwari uyoboye iki gikorwa, yakomeje kubabwira ko intego yabo ari ugufata Vital Kamerhe, wahoze ari Minisitiri w’Ubukungu akabageza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu kugira ngo abafashe mu biganiro. Urukiko rwahise rumubaza ruti “Kugira ngo muganire iki?”, asubiza agira ati “Ni Christian Malanga wenyine wari ubizi.”

Mbere yo kugera kwa Kamerhe, bari abantu bagera muri 60, barimo abajyanywe ku gahato, bagahabwa intwaro ubundi binjizwa muri bisi, mu gihe umuyobozi wabo yari mu modoka ya Jeep.

Babanje kunyura kwa Jean-Pierre Bemba basanga adahari, ari bwo bahise bakomereza urugendo kwa Kamerhe, aho bageze kugeza icyo gihe nta muntu n’umwe uricwa.

Nibwo bahise berecyeza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu. Yusufu yagize ati “Jeep ya Malanga yagiye ikoresha imbaraga, igenda yahuranya bariyeri zose zabaga ziyiri imbere, yinjira mu ngoro, nta kugorana kubayeho.”

Asubiramo ibyatangajwe na Malanda ubwo yicwaga, Yusufu yavuze ko yavuze ati “Ingeta, ni uku bibaye, twari tuje gufata ubutegetsi.”

Ni mu gihe uyu Yusufu avuga ko nta gikorwa kidasanzwe yakoze ubwo bakoraga iki gikorwa ndetse ko nta muntu yishe, kuko atazi no gukoresha imbunda.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Yusufu yari umuhuzabikorwa wa kariya gatsiro, ndetse ko yari ashinzwe kugashakira abakinjiramo. Bukavuga ko yagize uruhare mu rupfu rw’abapolisi babiri biciwe kwa Kamerhe, kandi ko yari yitwaje intwaro.

Uru rubanza ruregwamo agatsiko k’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, ruzakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nyakanga.

Inteko y’Urukiko ruri kuburanisha uru rubanza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Igihugu kiri mu biganiro na America byatangiye mu ibanga cyabitangajeho amakuru mashya

Next Post

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away
MU RWANDA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.