Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baranishwa mu rubanza ruregwamo abakurikiranyweho gushaka guhirika ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze ubuhamya, avuga uko bageze mu ngoro y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, n’inzira bari babanje kunyura.

Ni urubanza ruregwamo abantu 51; rwatangiye kuburanishwa ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Nyakanga 2024, imbere y’Urukiko rwa gisirikare kuri Gereza ya Ndolo muri Komini ya Burumbu mu murwa mukuru i Kinshasa.

Yusufu Ezangi, uregwa muri uru rubanza, ari na we wahereweho mu guhatwa ibibazo n’abacamanza b’Urukiko rwa Gisirikare, yavuze ko azi neza ibya kiriya gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024, kugeza ubwo bageraga mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Umucamanza yamubajije ati “Ni gute wamenyanye na Christian Malanga? [wari uyoboye iki gikorwa akaza kwicwa] mwamenyaniye he? Mwari mugamije iki?”

Uregwa yavuze ko bari baziranye kuva muri 2017, bakaba baramenyaniye i Londres mu Bwongereza, aho bagiye banakorera inama zitandukanye.

Yavuze ko baje gukorana ingendo ziberecyeza muri Swaziland kugeza bageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari bagiye gushinga Umuryango utari uwa Leta, ariko ntiyavuze izina ryawo.

Uyu uregwa muri uru rubanza yavuze ko ari bwo baje gusanga harashinzwe umuryango wa ”New Zaïre”, we akaba atari azi impamvu washinzwe.

Yavuze ko bakoze ingendo mu bice binyuranye kuva ahitwa Mangayi mu rwego rwo gushishikariza abantu kwinjira muri uyu muryango utari uwa Leta banyuze ahitwa Lufu na Kasungu, bakaza kugera kuri Hoteli ya Auberge Momo muri Ngaliema.

Uwari uyoboye iki gikorwa, yakomeje kubabwira ko intego yabo ari ugufata Vital Kamerhe, wahoze ari Minisitiri w’Ubukungu akabageza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu kugira ngo abafashe mu biganiro. Urukiko rwahise rumubaza ruti “Kugira ngo muganire iki?”, asubiza agira ati “Ni Christian Malanga wenyine wari ubizi.”

Mbere yo kugera kwa Kamerhe, bari abantu bagera muri 60, barimo abajyanywe ku gahato, bagahabwa intwaro ubundi binjizwa muri bisi, mu gihe umuyobozi wabo yari mu modoka ya Jeep.

Babanje kunyura kwa Jean-Pierre Bemba basanga adahari, ari bwo bahise bakomereza urugendo kwa Kamerhe, aho bageze kugeza icyo gihe nta muntu n’umwe uricwa.

Nibwo bahise berecyeza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu. Yusufu yagize ati “Jeep ya Malanga yagiye ikoresha imbaraga, igenda yahuranya bariyeri zose zabaga ziyiri imbere, yinjira mu ngoro, nta kugorana kubayeho.”

Asubiramo ibyatangajwe na Malanda ubwo yicwaga, Yusufu yavuze ko yavuze ati “Ingeta, ni uku bibaye, twari tuje gufata ubutegetsi.”

Ni mu gihe uyu Yusufu avuga ko nta gikorwa kidasanzwe yakoze ubwo bakoraga iki gikorwa ndetse ko nta muntu yishe, kuko atazi no gukoresha imbunda.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Yusufu yari umuhuzabikorwa wa kariya gatsiro, ndetse ko yari ashinzwe kugashakira abakinjiramo. Bukavuga ko yagize uruhare mu rupfu rw’abapolisi babiri biciwe kwa Kamerhe, kandi ko yari yitwaje intwaro.

Uru rubanza ruregwamo agatsiko k’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, ruzakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nyakanga.

Inteko y’Urukiko ruri kuburanisha uru rubanza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + six =

Previous Post

Igihugu kiri mu biganiro na America byatangiye mu ibanga cyabitangajeho amakuru mashya

Next Post

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.