Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baranishwa mu rubanza ruregwamo abakurikiranyweho gushaka guhirika ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze ubuhamya, avuga uko bageze mu ngoro y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, n’inzira bari babanje kunyura.

Ni urubanza ruregwamo abantu 51; rwatangiye kuburanishwa ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Nyakanga 2024, imbere y’Urukiko rwa gisirikare kuri Gereza ya Ndolo muri Komini ya Burumbu mu murwa mukuru i Kinshasa.

Yusufu Ezangi, uregwa muri uru rubanza, ari na we wahereweho mu guhatwa ibibazo n’abacamanza b’Urukiko rwa Gisirikare, yavuze ko azi neza ibya kiriya gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024, kugeza ubwo bageraga mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Umucamanza yamubajije ati “Ni gute wamenyanye na Christian Malanga? [wari uyoboye iki gikorwa akaza kwicwa] mwamenyaniye he? Mwari mugamije iki?”

Uregwa yavuze ko bari baziranye kuva muri 2017, bakaba baramenyaniye i Londres mu Bwongereza, aho bagiye banakorera inama zitandukanye.

Yavuze ko baje gukorana ingendo ziberecyeza muri Swaziland kugeza bageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari bagiye gushinga Umuryango utari uwa Leta, ariko ntiyavuze izina ryawo.

Uyu uregwa muri uru rubanza yavuze ko ari bwo baje gusanga harashinzwe umuryango wa ”New Zaïre”, we akaba atari azi impamvu washinzwe.

Yavuze ko bakoze ingendo mu bice binyuranye kuva ahitwa Mangayi mu rwego rwo gushishikariza abantu kwinjira muri uyu muryango utari uwa Leta banyuze ahitwa Lufu na Kasungu, bakaza kugera kuri Hoteli ya Auberge Momo muri Ngaliema.

Uwari uyoboye iki gikorwa, yakomeje kubabwira ko intego yabo ari ugufata Vital Kamerhe, wahoze ari Minisitiri w’Ubukungu akabageza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu kugira ngo abafashe mu biganiro. Urukiko rwahise rumubaza ruti “Kugira ngo muganire iki?”, asubiza agira ati “Ni Christian Malanga wenyine wari ubizi.”

Mbere yo kugera kwa Kamerhe, bari abantu bagera muri 60, barimo abajyanywe ku gahato, bagahabwa intwaro ubundi binjizwa muri bisi, mu gihe umuyobozi wabo yari mu modoka ya Jeep.

Babanje kunyura kwa Jean-Pierre Bemba basanga adahari, ari bwo bahise bakomereza urugendo kwa Kamerhe, aho bageze kugeza icyo gihe nta muntu n’umwe uricwa.

Nibwo bahise berecyeza mu ngoro y’umukuru w’Igihugu. Yusufu yagize ati “Jeep ya Malanga yagiye ikoresha imbaraga, igenda yahuranya bariyeri zose zabaga ziyiri imbere, yinjira mu ngoro, nta kugorana kubayeho.”

Asubiramo ibyatangajwe na Malanda ubwo yicwaga, Yusufu yavuze ko yavuze ati “Ingeta, ni uku bibaye, twari tuje gufata ubutegetsi.”

Ni mu gihe uyu Yusufu avuga ko nta gikorwa kidasanzwe yakoze ubwo bakoraga iki gikorwa ndetse ko nta muntu yishe, kuko atazi no gukoresha imbunda.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Yusufu yari umuhuzabikorwa wa kariya gatsiro, ndetse ko yari ashinzwe kugashakira abakinjiramo. Bukavuga ko yagize uruhare mu rupfu rw’abapolisi babiri biciwe kwa Kamerhe, kandi ko yari yitwaje intwaro.

Uru rubanza ruregwamo agatsiko k’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, ruzakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nyakanga.

Inteko y’Urukiko ruri kuburanisha uru rubanza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Igihugu kiri mu biganiro na America byatangiye mu ibanga cyabitangajeho amakuru mashya

Next Post

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.