Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Abazi ubugome bwabereye kuri bariyeri yo mu Gatandara mu Karere ka Rusizi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatusi, aho abantu babagwaga bakaribwa n’ababicaga, bararasaba ko hashyirwa ikimenyetso kiranga ayo mateka yihariye y’ubugome ndengakamere.

Ahitwa kwa Mvuningoma mu Gatandara mu Murenge wa Mururu hafi y’aho uhanira imbibi n’uwa Kamembe, ni ho hari bariyeri yiciweho Abatutsi benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari mu hantu hacye mu Gihugu hafite umwihariko wo kuba abicwaga bitararangiriraga ku kubica gusa, kuko banabagwaga inyama zabo zikotswa zikaribwa n’abo bicanyi.

Sibomana Emmanuel warokotse yagize ati “Abantu bakurwaga muri sitade batwawe na Perefe Bangambiki ni mu Gatandara bajyanwaga. Babaze umugabo witwa Karemera Joseph wari diregiteri w’amashuri, babaga n’undi witwaga Emile.”

Uwitwa Hariette uturiye ahari iyi bariyeri na we avuga ko yabonye ubugome ndengakamere bw’ibyakorwaga n’abicaga abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Umuntu bariye yitwaga Emile ari we Rurangwa. Ariko twasanze bamukuyemo umutima ndababaza ngo kuki bamuriye kandi bica benshi bati ‘yari abyibushye ntitwari kureka kurya uyu mugabo umeze gutya’.”

Mvuningoma Daniel wafunzwe imyaka 15 akaza kuba umwere, wari waritiriwe iyi bariyeri, avuga ko igituma bayimwitiriraga ari uko yari ahafite akabari interahamwe zanyweragamo ari nako zariragamo inyama z’abantu.

Ati “Uwitwa Hategekimana Joseph n’abandi bari kumwe bariye inyama baziririye mu nzu yanjye mu kabari. Baraje botsa inyama bajya ku muhanda baravuga ngo utaziryaho baramwica.”

Abazi amateka mabi y’aha hantu, bavuga ko hakwiye kubakwa ikimenyetso ku buryo n’abato bazamenya ko hiciwe abantu mu buryo bw’indengakamere, ndetse hagakorwa n’ibikorwa nk’ibi by’agashinyaguro.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yemera ko bikwiye ko mu Gatandara hajya icyo kimenyetso ndetse akavuga ko bigiye gukorwaho mu gihe cya vuba.

Ati “Tugiye gutegura inama yihuse n’abafatanyabikorwa barimo Ibuka na AVEGA, noneho turebere hamwe uburyo icyo kimenyetso cyahashyirwa.”

Aha mu Gatandara hahoze hashyinguye imibiri y’abahiciwe ,nyuma amazi aza kwangiza aho yari iri, bituma ijyanwa mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi ruri mu Murenge wa Nkungu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 15 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Next Post

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Related Posts

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

IZIHERUKA

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure
MU RWANDA

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.