Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Abazi ubugome bwabereye kuri bariyeri yo mu Gatandara mu Karere ka Rusizi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatusi, aho abantu babagwaga bakaribwa n’ababicaga, bararasaba ko hashyirwa ikimenyetso kiranga ayo mateka yihariye y’ubugome ndengakamere.

Ahitwa kwa Mvuningoma mu Gatandara mu Murenge wa Mururu hafi y’aho uhanira imbibi n’uwa Kamembe, ni ho hari bariyeri yiciweho Abatutsi benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari mu hantu hacye mu Gihugu hafite umwihariko wo kuba abicwaga bitararangiriraga ku kubica gusa, kuko banabagwaga inyama zabo zikotswa zikaribwa n’abo bicanyi.

Sibomana Emmanuel warokotse yagize ati “Abantu bakurwaga muri sitade batwawe na Perefe Bangambiki ni mu Gatandara bajyanwaga. Babaze umugabo witwa Karemera Joseph wari diregiteri w’amashuri, babaga n’undi witwaga Emile.”

Uwitwa Hariette uturiye ahari iyi bariyeri na we avuga ko yabonye ubugome ndengakamere bw’ibyakorwaga n’abicaga abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Umuntu bariye yitwaga Emile ari we Rurangwa. Ariko twasanze bamukuyemo umutima ndababaza ngo kuki bamuriye kandi bica benshi bati ‘yari abyibushye ntitwari kureka kurya uyu mugabo umeze gutya’.”

Mvuningoma Daniel wafunzwe imyaka 15 akaza kuba umwere, wari waritiriwe iyi bariyeri, avuga ko igituma bayimwitiriraga ari uko yari ahafite akabari interahamwe zanyweragamo ari nako zariragamo inyama z’abantu.

Ati “Uwitwa Hategekimana Joseph n’abandi bari kumwe bariye inyama baziririye mu nzu yanjye mu kabari. Baraje botsa inyama bajya ku muhanda baravuga ngo utaziryaho baramwica.”

Abazi amateka mabi y’aha hantu, bavuga ko hakwiye kubakwa ikimenyetso ku buryo n’abato bazamenya ko hiciwe abantu mu buryo bw’indengakamere, ndetse hagakorwa n’ibikorwa nk’ibi by’agashinyaguro.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yemera ko bikwiye ko mu Gatandara hajya icyo kimenyetso ndetse akavuga ko bigiye gukorwaho mu gihe cya vuba.

Ati “Tugiye gutegura inama yihuse n’abafatanyabikorwa barimo Ibuka na AVEGA, noneho turebere hamwe uburyo icyo kimenyetso cyahashyirwa.”

Aha mu Gatandara hahoze hashyinguye imibiri y’abahiciwe ,nyuma amazi aza kwangiza aho yari iri, bituma ijyanwa mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi ruri mu Murenge wa Nkungu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Next Post

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.