Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Abazi ubugome bwabereye kuri bariyeri yo mu Gatandara mu Karere ka Rusizi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatusi, aho abantu babagwaga bakaribwa n’ababicaga, bararasaba ko hashyirwa ikimenyetso kiranga ayo mateka yihariye y’ubugome ndengakamere.

Ahitwa kwa Mvuningoma mu Gatandara mu Murenge wa Mururu hafi y’aho uhanira imbibi n’uwa Kamembe, ni ho hari bariyeri yiciweho Abatutsi benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari mu hantu hacye mu Gihugu hafite umwihariko wo kuba abicwaga bitararangiriraga ku kubica gusa, kuko banabagwaga inyama zabo zikotswa zikaribwa n’abo bicanyi.

Sibomana Emmanuel warokotse yagize ati “Abantu bakurwaga muri sitade batwawe na Perefe Bangambiki ni mu Gatandara bajyanwaga. Babaze umugabo witwa Karemera Joseph wari diregiteri w’amashuri, babaga n’undi witwaga Emile.”

Uwitwa Hariette uturiye ahari iyi bariyeri na we avuga ko yabonye ubugome ndengakamere bw’ibyakorwaga n’abicaga abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Umuntu bariye yitwaga Emile ari we Rurangwa. Ariko twasanze bamukuyemo umutima ndababaza ngo kuki bamuriye kandi bica benshi bati ‘yari abyibushye ntitwari kureka kurya uyu mugabo umeze gutya’.”

Mvuningoma Daniel wafunzwe imyaka 15 akaza kuba umwere, wari waritiriwe iyi bariyeri, avuga ko igituma bayimwitiriraga ari uko yari ahafite akabari interahamwe zanyweragamo ari nako zariragamo inyama z’abantu.

Ati “Uwitwa Hategekimana Joseph n’abandi bari kumwe bariye inyama baziririye mu nzu yanjye mu kabari. Baraje botsa inyama bajya ku muhanda baravuga ngo utaziryaho baramwica.”

Abazi amateka mabi y’aha hantu, bavuga ko hakwiye kubakwa ikimenyetso ku buryo n’abato bazamenya ko hiciwe abantu mu buryo bw’indengakamere, ndetse hagakorwa n’ibikorwa nk’ibi by’agashinyaguro.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yemera ko bikwiye ko mu Gatandara hajya icyo kimenyetso ndetse akavuga ko bigiye gukorwaho mu gihe cya vuba.

Ati “Tugiye gutegura inama yihuse n’abafatanyabikorwa barimo Ibuka na AVEGA, noneho turebere hamwe uburyo icyo kimenyetso cyahashyirwa.”

Aha mu Gatandara hahoze hashyinguye imibiri y’abahiciwe ,nyuma amazi aza kwangiza aho yari iri, bituma ijyanwa mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi ruri mu Murenge wa Nkungu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 1 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Next Post

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Gen.Oligui Nguema wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon ubu ari mu mashimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.