Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatanzwe ihumure ku bikanga ko intambara ya Israel na Hezbollah yarushaho gukaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Liban, Najib Mikati; yatangaje ko hari icyizere ko intambara imaze gushegesha igihugu cye, ihanganishije Israel n’umutwe wa Hezbollah, izarangira vuba.

Najib Mikati yatangaje ibi mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America, u Bufaransa n’ibindi Bihugu bitandukanye basabye ko habaho agahenge k’iminsi 21 ku mupaka wa Israel na Liban.

Ibi Bihugu kandi byanagaragaje ko bishyigikiye agahenge muri Gaza nyuma y’ibiganiro bikomeye byabereye mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Gatatu.

Ni icyifuzo Liban yakiriye neza, icyakora Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Mikati  avuga ko kizashyirwa mu bikorwa ari uko Israel izaba yiteguye gushyira mu bikorwa imyanzuro mpuzamahanga.

Abajijwe niba agahenge gashobora kugerwaho vuba, Minisitiri w’Intebe wa Liban, Mikati yagize ati “Yego, turabyizeye.”

Ni mu gihe Israel yo ivuga ko icyo ishyize imbere ari ukugarura umutekano ku mupaka wayo wo mu majyaruguru ndetse no kugarura abaturage bagera ku bihumbi 70 mu byabo, bari barahunze imirwano ya hato na hato kuva intambara yatangira hagati ya Israel na Hamas muri Gaza.

Israel yatangije ibitero karundura by’indege kuri Liban ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, aho kugeza ubu abantu barenga 72 bamaze kuhasiga ubuzima, mu gihe abarenga 223 bakomeretse, nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

Imbere y’Isi yose Tshisekedi yongeye kuvuga u Rwanda

Next Post

Burera: Ukurikiranyweho kwicisha umugore we ishoka nyuma yo kuvana mu bukwe yavuze intandayo yabyo

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho imyitwarire ishobora gutuma urugamba rwongera gukomera muri Congo

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho imyitwarire ishobora gutuma urugamba rwongera gukomera muri Congo

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

IZIHERUKA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho imyitwarire ishobora gutuma urugamba rwongera gukomera muri Congo
AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho imyitwarire ishobora gutuma urugamba rwongera gukomera muri Congo

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Burera: Ukurikiranyweho kwicisha umugore we ishoka nyuma yo kuvana mu bukwe yavuze intandayo yabyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho imyitwarire ishobora gutuma urugamba rwongera gukomera muri Congo

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.