Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko CG (Rtd) Gasana yababariwe ndetse atakibarizwa mu Igororero

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana ukurikiranyweho ibyaha birimo kwakira indonke yamaze kubabarirwa ndetse atakibarizwa mu Igororero, byamenyekanye ko atari ukuri, ahubwo ko yahawe uruhushya agasohoka akajya muri gahunda z’umuryango.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Ukuboza 2023, hiriwe impaka muri bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bavuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana yamaze gusohoka mu Igororero, ndetse ubu yatashye ari kubarizwa mu rugo iwe.

Umunyamakuru Hakuzwumuremye Joseph, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Amakuru angeraho aremeza ko CG (Rtd) Gasana “Abakuru” baba bamubabariye ndetse ubu akaba ari mu rugo atakibarizwa Mageragere!”

Mu butumwa bw’uyu munyamakuru, yakomezaga anagaragaza ko izi mbabazi zahawe CG (Rtd) Gasana azemererwa n’Itegeko, gusa akavuga ko inzego zirebwa n’ibi yari yatangaje, zari zamumenyesheje ko zitabizi.

Ibi kandi byaniyongereyeho n’ifoto ya CG (Rtd) Gasana Emmanuel ari kumwe n’abo mu muryango we batashye imihango y’ubukwe bw’umuhungu we Edwin Cyusa Gasana uherutse kujya gusaba umukobwa wa General (Rtd) Kale Kayihura wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda.

Gusa amakuru yizewe, avuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, atababariwe nk’uko byavugwaga, ahubwo ko ari hanze y’Igororero nyuma yo guhabwa uruhushya n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS).

Ni uruhushya yahawe kugira ngo yitabire imihango y’ubukwe bw’umuhungu we, kandi ko igihe yahawe nikirangira azasubira mu Igororero.

Uru ruhushya rwahawe CG (Rtd) Emmanuel Gasana utaraburana mu mizi kuko yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yajuririye ariko Urukiko yajuririye rukakigumishaho.

Ibi kandi biteganywa n’Itegeko ryo muri 2022 rigenga serivisi z’igorora, mu ngingo yaryo ya 27, igaragaza ako umugororwa ashobora guhabwa uruhusa agasohoka mu Igororero, nyuma y’uko bisuzumwe n’ubuyobozi bwaryo bugasanga ntacyo byabangamira.

ICYO ITEGEKO RIVUGA

ITEGEKO N° 022/2022 RYO KU WA 29/09/2022 RIGENGA SERIVISI Z’IGORORA

Ingingo ya 27: Gusohoka mu igororero

Umuntu ufunzwe yemerewe gusohoka mu igororero kubera imwe mu mpamvu zikurikira:

1° kuburana;
2° kwivuza;
3° gukora imirimo yemejwe n’ubuyobozi bw’igororero;
4° iyo ahamagajwe n’urwego rwa Leta rubifitiye ububasha;
5° indi mpamvu yakwemezwa n’ubuyobozi bw’igororero itanyuranyije n’amategeko ngengamikorere y’Urwego. Ubuyobozi bw’igororero bugena umubare uhagije w’abakozi b’igororero baherekeza abantu bafunzwe bemerewe gusohoka mu igororer

Ifoto igaragaramo CG (Rtd) Gasana na yo yazamuye impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + thirteen =

Previous Post

Kenya: Imodoka yari itwaye ba mukerarugendo 50 yakoze impanuka irabiranduka

Next Post

Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Abapolisi bashya ba Polisi y'u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.