Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko CG (Rtd) Gasana yababariwe ndetse atakibarizwa mu Igororero

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana ukurikiranyweho ibyaha birimo kwakira indonke yamaze kubabarirwa ndetse atakibarizwa mu Igororero, byamenyekanye ko atari ukuri, ahubwo ko yahawe uruhushya agasohoka akajya muri gahunda z’umuryango.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Ukuboza 2023, hiriwe impaka muri bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bavuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana yamaze gusohoka mu Igororero, ndetse ubu yatashye ari kubarizwa mu rugo iwe.

Umunyamakuru Hakuzwumuremye Joseph, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Amakuru angeraho aremeza ko CG (Rtd) Gasana “Abakuru” baba bamubabariye ndetse ubu akaba ari mu rugo atakibarizwa Mageragere!”

Mu butumwa bw’uyu munyamakuru, yakomezaga anagaragaza ko izi mbabazi zahawe CG (Rtd) Gasana azemererwa n’Itegeko, gusa akavuga ko inzego zirebwa n’ibi yari yatangaje, zari zamumenyesheje ko zitabizi.

Ibi kandi byaniyongereyeho n’ifoto ya CG (Rtd) Gasana Emmanuel ari kumwe n’abo mu muryango we batashye imihango y’ubukwe bw’umuhungu we Edwin Cyusa Gasana uherutse kujya gusaba umukobwa wa General (Rtd) Kale Kayihura wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda.

Gusa amakuru yizewe, avuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, atababariwe nk’uko byavugwaga, ahubwo ko ari hanze y’Igororero nyuma yo guhabwa uruhushya n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS).

Ni uruhushya yahawe kugira ngo yitabire imihango y’ubukwe bw’umuhungu we, kandi ko igihe yahawe nikirangira azasubira mu Igororero.

Uru ruhushya rwahawe CG (Rtd) Emmanuel Gasana utaraburana mu mizi kuko yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yajuririye ariko Urukiko yajuririye rukakigumishaho.

Ibi kandi biteganywa n’Itegeko ryo muri 2022 rigenga serivisi z’igorora, mu ngingo yaryo ya 27, igaragaza ako umugororwa ashobora guhabwa uruhusa agasohoka mu Igororero, nyuma y’uko bisuzumwe n’ubuyobozi bwaryo bugasanga ntacyo byabangamira.

ICYO ITEGEKO RIVUGA

ITEGEKO N° 022/2022 RYO KU WA 29/09/2022 RIGENGA SERIVISI Z’IGORORA

Ingingo ya 27: Gusohoka mu igororero

Umuntu ufunzwe yemerewe gusohoka mu igororero kubera imwe mu mpamvu zikurikira:

1° kuburana;
2° kwivuza;
3° gukora imirimo yemejwe n’ubuyobozi bw’igororero;
4° iyo ahamagajwe n’urwego rwa Leta rubifitiye ububasha;
5° indi mpamvu yakwemezwa n’ubuyobozi bw’igororero itanyuranyije n’amategeko ngengamikorere y’Urwego. Ubuyobozi bw’igororero bugena umubare uhagije w’abakozi b’igororero baherekeza abantu bafunzwe bemerewe gusohoka mu igororer

Ifoto igaragaramo CG (Rtd) Gasana na yo yazamuye impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Kenya: Imodoka yari itwaye ba mukerarugendo 50 yakoze impanuka irabiranduka

Next Post

Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Abapolisi bashya ba Polisi y'u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.