Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byagarutsweho mu nama Perezida Kagame yahuriyemo na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko inama yahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi i Doha muri Qatar, atari ibindi biganiro byavutse nk’uko hari ababiketse, ahubwo ko yari inama yo kongera kubyutsa icyizere hagati y’Abakuru b’Ibihugu bombi, kugira ngo binorohereze ibiganiro biriho bikorwa.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 23 Werurwe 2025.

Inama yahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi yari iyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yabaye mu cyumweru gishize tariki 18 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyi nama yabaye mu cyumweru gishize, ari yo yari ihuje Perezida Kagame na Tshisekedi kuva muri 2022, aho baherukaga guhurira i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America mu kwezi kwa Nzeri uwo mwaka, bahujwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko iyi nama, atari ibindi biganiro bivutse hagati y’u Rwanda na DRC, ahubwo ko uku guhura kw’Abakuru b’Ibihugu byari bifite intego igamije gutuma ibiganiro byatangiye bigenda neza.

Ati “Ikigomba kumvikana ni uko iyi nama ya Doha, ntabwo ari ibindi biganiro bishya bije, cyangwa ibindi biganiro byo ku ruhande bije, ahubwo ni icyo mu cyongereza bita ‘Confidence building measure’, ni ukuvuga ibyemezo cyangwa se inama igamije kugarura icyizere hagati ya Perezida Tshisekedi na Perezida Kagame.”

Minisitiri Nduhungirehe, avuga ko muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu, bombi bashimangiye ko bashyigikiye ibiganiro bihuriweho by’Imiryango ya EAC na SADC, yombi Congo ibereye umunyamuryango.

Avuga kandi ko ibi biganiro by’iyi Miryango yombi, ari byo byonyine byitezweho kuzavamo umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe

Umusaruro watangiye kugaragara

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu byombi yakurikiwe n’impinduka mu myitwarire y’ubutegetsi bwa DRC ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, aho bwahinduye imvugo, bukemeza ko bwemeye kuganira n’umutwe wa M23.

Nyuma yuko habaye ibi biganiro kandi, umutwe wa M23 watangaje ko urekuye agace ka Walikare wari wafashe mu cyumweru gishize, mu rwego rwo gushyigikira ibiganiro biriho bikorwa.

Ni icyemezo kandi cyashimwe na Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo kuri iki Cyumweru ivuga ko “U Rwanda rwishimiye itangazo rya M23 ryerekeye kuvana ingabo zayo mu gace ka Walikale, mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’ibiganiro byo kugarura amahoro.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga kandi ko nyuma ya ririya tangazo rya M23, ubuyobozi bw’Ingabo za Congo (FARDC) nabwo bwashyize hanze itangazo bwishimira iki cyemezo cyafashwe na M23 bunemeza kandi ko iki gisirikare na cyo kitazajya mu mirwano.

Ati “Ibyo rero bikaba bitanga icyizere cy’uko ibiganiro byari biriho muri Afurika bya EAC na SADC noneho bigiye guhabwa ingufu kugira ngo impande zombi, uruhande rwa Guverinoma ya Congo n’uruhande rwa M23, bagire ibiganiro bitaziguye.”

Nduhungirehe kandi yagarutse ku byatangajwe na mugenzi we wa Congo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya Gihugu, Thérèse Kayikwamba Wagner kuri iki Cyumweru, aho yatangaje ko iki Gihugu cyiyemeje kugirana ibiganiro bitaziguye na M23.

Ati “Bivuze ko muri iyi minsi hari icyizere kigaragara cy’uko ibiganiro noneho bigiye guhabwa umwanya.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga avuga ko uwavuga ko izi ntambwe zitewe muri iki cyumweru twaraye dusoje zifitanye isano n’iyi nama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi “ntabwo yaba yibeshye kubera ko ni yo nama ya mbere hagati ya Nyakubahwa Perezida wacu na Nyakubahwa Perezida wa Congo kuva muri 2022.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Kayonza: Hagaragajwe ibyo Abarokotse bifuza ko bikorwa mbere yo Kwibuka ku nshuro ya 31

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.