Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byagarutsweho mu nama Perezida Kagame yahuriyemo na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko inama yahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi i Doha muri Qatar, atari ibindi biganiro byavutse nk’uko hari ababiketse, ahubwo ko yari inama yo kongera kubyutsa icyizere hagati y’Abakuru b’Ibihugu bombi, kugira ngo binorohereze ibiganiro biriho bikorwa.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 23 Werurwe 2025.

Inama yahuje Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi yari iyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yabaye mu cyumweru gishize tariki 18 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyi nama yabaye mu cyumweru gishize, ari yo yari ihuje Perezida Kagame na Tshisekedi kuva muri 2022, aho baherukaga guhurira i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America mu kwezi kwa Nzeri uwo mwaka, bahujwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko iyi nama, atari ibindi biganiro bivutse hagati y’u Rwanda na DRC, ahubwo ko uku guhura kw’Abakuru b’Ibihugu byari bifite intego igamije gutuma ibiganiro byatangiye bigenda neza.

Ati “Ikigomba kumvikana ni uko iyi nama ya Doha, ntabwo ari ibindi biganiro bishya bije, cyangwa ibindi biganiro byo ku ruhande bije, ahubwo ni icyo mu cyongereza bita ‘Confidence building measure’, ni ukuvuga ibyemezo cyangwa se inama igamije kugarura icyizere hagati ya Perezida Tshisekedi na Perezida Kagame.”

Minisitiri Nduhungirehe, avuga ko muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu, bombi bashimangiye ko bashyigikiye ibiganiro bihuriweho by’Imiryango ya EAC na SADC, yombi Congo ibereye umunyamuryango.

Avuga kandi ko ibi biganiro by’iyi Miryango yombi, ari byo byonyine byitezweho kuzavamo umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe

Umusaruro watangiye kugaragara

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu byombi yakurikiwe n’impinduka mu myitwarire y’ubutegetsi bwa DRC ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, aho bwahinduye imvugo, bukemeza ko bwemeye kuganira n’umutwe wa M23.

Nyuma yuko habaye ibi biganiro kandi, umutwe wa M23 watangaje ko urekuye agace ka Walikare wari wafashe mu cyumweru gishize, mu rwego rwo gushyigikira ibiganiro biriho bikorwa.

Ni icyemezo kandi cyashimwe na Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo kuri iki Cyumweru ivuga ko “U Rwanda rwishimiye itangazo rya M23 ryerekeye kuvana ingabo zayo mu gace ka Walikale, mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’ibiganiro byo kugarura amahoro.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga kandi ko nyuma ya ririya tangazo rya M23, ubuyobozi bw’Ingabo za Congo (FARDC) nabwo bwashyize hanze itangazo bwishimira iki cyemezo cyafashwe na M23 bunemeza kandi ko iki gisirikare na cyo kitazajya mu mirwano.

Ati “Ibyo rero bikaba bitanga icyizere cy’uko ibiganiro byari biriho muri Afurika bya EAC na SADC noneho bigiye guhabwa ingufu kugira ngo impande zombi, uruhande rwa Guverinoma ya Congo n’uruhande rwa M23, bagire ibiganiro bitaziguye.”

Nduhungirehe kandi yagarutse ku byatangajwe na mugenzi we wa Congo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya Gihugu, Thérèse Kayikwamba Wagner kuri iki Cyumweru, aho yatangaje ko iki Gihugu cyiyemeje kugirana ibiganiro bitaziguye na M23.

Ati “Bivuze ko muri iyi minsi hari icyizere kigaragara cy’uko ibiganiro noneho bigiye guhabwa umwanya.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga avuga ko uwavuga ko izi ntambwe zitewe muri iki cyumweru twaraye dusoje zifitanye isano n’iyi nama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi “ntabwo yaba yibeshye kubera ko ni yo nama ya mbere hagati ya Nyakubahwa Perezida wacu na Nyakubahwa Perezida wa Congo kuva muri 2022.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Kayonza: Hagaragajwe ibyo Abarokotse bifuza ko bikorwa mbere yo Kwibuka ku nshuro ya 31

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.