Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC kiratangaza ko mu buvuzi bw’indwara ya Malaria, hagiye kongerwamo imiti mishya yunganira iyari isanzwe ikoreshwa kuko yamaze gutakaza imbaraga, ikaba ikenewe kunganirwa no gusimbuzwa.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishishinzwe kurwanya Malaria muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Mbituyumuremyi Aimable, wanagaragaje uko iyi ndwara ihagaze mu Rwanda.

Mu myaka umunani ishize, iyi ndwara ya Malaria yagabanutse ku kigero cya 90%, kuko mu mwaka wa 2016-2017 abarwaye iyi ndwara bari miliyoni 4,8 mu gihe muri 2023-2024 abayirwaye ari ibihumbi 800.

Gusa nubwo muri iyo mwaka iyi ndwara yagabanutse cyane, mu mwaka wa 2024, abayirwaye bariyongereye cyane bazamukaho 45,8%, kuko bavuye ku bihumbi 432 bariho muri 2023, bagera ku bihumbi 630.

Dr. Mbituyumuremyi Aimable yavuze ko imiti izwi nka Coartem isanzwe ikoreshwa mu kuvura iyi ndwara ya Malaria, yatangiye gucika intege, akaba ari yo mpamvu hagiye kuzanwa indi yo mu bwoko bubiri ari bwo uwitwa DHAP (Dihydroartemisinin-piperaquine) ndetse n’undi witwa ASPY (Artesunate-pyronaridine)

Avuga ko kuzana iyi miti, biri mu ngamba z’Ishamri rishinzwe kuvura Malaria mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryongereye imbaraga muri ibi bikorwa byo kuvura iyi ndwara byagaragaye ko iri kugira ubudahangarwa ku miti isanzwe yifashishwa mu kuyivura.

Dr. Mbituyumuremyi yagize ati “Ni imiti ikoreshwa mu kuvura Malaria ariko yunganira iyo dusanzwe dukoresha ya Coartem. Ni imiti ibiri igomba gutangizwa muri uyu mwaka.”

Yavuze ko hari imiti mishya yamaze kugezwa mu Rwanda, aho yaje mu cyumweru gishize, ikazatangira gukoreshwa mu Bitaro, ikazajya ihabwa abarwaye iyi ndwara bagahabwa imiti yari isanzwe ntibakize.

Mbere yo gutangiza gukoresha iyi miti mu Rwanda, habanje gushyirwaho amabwiriza yo kurwanya Malaria ndetse no guhugura Abajyanama b’Ubuzima, kugira ngo izi ngamba zizajyane zinatange umusaruro ushimishije.

Dr. Mbituyumuremyi avuze ko iyi miti mishya izahabwa abasanzwe batanga umusanzu mu kuvura iyi ndwara ya Malaria.

Ati “Buri rwego ruzahabwa imiti itatu yo gutanga ni byo bizatangwa mu kwezi kwa kane, ariko mbere yaho umurwayi uvuwe Malariya ntakire twemerewe kumuha iyo miti ibiri mishyashya, ibyo byo biratangira gukora kuko iyo miti irahari yatangiye kugera mu Gihugu.”

Iyi miti mishya yamaze kugezwa mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025 yatangiye kugezwa mu bice binyuranye by’Igihugu, kugira ngo itangire gukoreshwa kuri abo barwayi bahawe imiti isanzwe ariko ntibakize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Next Post

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.