Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC kiratangaza ko mu buvuzi bw’indwara ya Malaria, hagiye kongerwamo imiti mishya yunganira iyari isanzwe ikoreshwa kuko yamaze gutakaza imbaraga, ikaba ikenewe kunganirwa no gusimbuzwa.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishishinzwe kurwanya Malaria muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Mbituyumuremyi Aimable, wanagaragaje uko iyi ndwara ihagaze mu Rwanda.

Mu myaka umunani ishize, iyi ndwara ya Malaria yagabanutse ku kigero cya 90%, kuko mu mwaka wa 2016-2017 abarwaye iyi ndwara bari miliyoni 4,8 mu gihe muri 2023-2024 abayirwaye ari ibihumbi 800.

Gusa nubwo muri iyo mwaka iyi ndwara yagabanutse cyane, mu mwaka wa 2024, abayirwaye bariyongereye cyane bazamukaho 45,8%, kuko bavuye ku bihumbi 432 bariho muri 2023, bagera ku bihumbi 630.

Dr. Mbituyumuremyi Aimable yavuze ko imiti izwi nka Coartem isanzwe ikoreshwa mu kuvura iyi ndwara ya Malaria, yatangiye gucika intege, akaba ari yo mpamvu hagiye kuzanwa indi yo mu bwoko bubiri ari bwo uwitwa DHAP (Dihydroartemisinin-piperaquine) ndetse n’undi witwa ASPY (Artesunate-pyronaridine)

Avuga ko kuzana iyi miti, biri mu ngamba z’Ishamri rishinzwe kuvura Malaria mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryongereye imbaraga muri ibi bikorwa byo kuvura iyi ndwara byagaragaye ko iri kugira ubudahangarwa ku miti isanzwe yifashishwa mu kuyivura.

Dr. Mbituyumuremyi yagize ati “Ni imiti ikoreshwa mu kuvura Malaria ariko yunganira iyo dusanzwe dukoresha ya Coartem. Ni imiti ibiri igomba gutangizwa muri uyu mwaka.”

Yavuze ko hari imiti mishya yamaze kugezwa mu Rwanda, aho yaje mu cyumweru gishize, ikazatangira gukoreshwa mu Bitaro, ikazajya ihabwa abarwaye iyi ndwara bagahabwa imiti yari isanzwe ntibakize.

Mbere yo gutangiza gukoresha iyi miti mu Rwanda, habanje gushyirwaho amabwiriza yo kurwanya Malaria ndetse no guhugura Abajyanama b’Ubuzima, kugira ngo izi ngamba zizajyane zinatange umusaruro ushimishije.

Dr. Mbituyumuremyi avuze ko iyi miti mishya izahabwa abasanzwe batanga umusanzu mu kuvura iyi ndwara ya Malaria.

Ati “Buri rwego ruzahabwa imiti itatu yo gutanga ni byo bizatangwa mu kwezi kwa kane, ariko mbere yaho umurwayi uvuwe Malariya ntakire twemerewe kumuha iyo miti ibiri mishyashya, ibyo byo biratangira gukora kuko iyo miti irahari yatangiye kugera mu Gihugu.”

Iyi miti mishya yamaze kugezwa mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025 yatangiye kugezwa mu bice binyuranye by’Igihugu, kugira ngo itangire gukoreshwa kuri abo barwayi bahawe imiti isanzwe ariko ntibakize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 9 =

Previous Post

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Next Post

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
MU RWANDA

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.