Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurasoma umanzuro warwo mu rubanza ruregwamo Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, wasabiwe ibihano birimo icy’urupfu.

Umwanzuro w’Urukiko utegerejwe none ku wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025, mu gihe wagombaga gusomwa tariki 12 z’uku kwezi ariko bikaza gusubikwa n’umucamanza.

Muri uru rubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, Umushinjacyaha Mukuru w’Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, Lucien René Likulia, yasabiye uyu munyapolitiki ibihano binyuranye kuri buri byaha.

Nko ku byaha byo kugambanira igihugu, iby’intambara, gutegura no kuyobora umutwe w’iterabwoba n’icyaha cy’ubugambanyi, Umushinjacyaha yasabye Urukiko ko yazahanishwa igihano cy’urupfu.

Kabila kandi yasabiwe igihano cyo gufungwa imyaka 20 ku gushimagiza ibyaha by’intambara, igifungo cy’imyaka 15 ku cyaha cyo kugambana.

Ubushinjacyaha kandi bwari bwasabye ko igihe Kabila yahamywa ibyaha ashinjwa, yahita afatwa agafungwa, ndetse n’imitungo ye igafatirwa.

Ibyaha bishinjwa Kabila, Ubushinjacyaha buvuga ko bishingiye ku gukorana n’Ihuriro AFC/M23 mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iri Huriuro rimaze igihe rihanganye n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Icyemezo cy’Urukiko gisomwa kuri uyu wa Kabiri, gitegerezanyijwe amatsiko menshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere, dore ko gishobora gusiga amateka adasanzwe muri Politiki ya kiriya Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Next Post

Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Related Posts

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

by radiotv10
30/09/2025
0

Hagaragaye amashusho y’abarwanyi bivugwa ko ari abacancuro b’itsinda rya ‘Blackwater’ bari mu modoka zo mu mirwano yo mu misozi bamanutse...

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

by radiotv10
30/09/2025
0

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa...

IZIHERUKA

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga
MU RWANDA

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

02/10/2025
How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

02/10/2025
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Rusizi: Hasobanuwe ibyo kutita ku bikoresho bya Leta n’umwanda mu kigo cy’ishuri byaregewe meya bikamutera uburakari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

How to restart your life when you feel left behind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.