Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya bararana muri salle kugira ngo boroherezwe mu mibereho.

Ikibazo cy’inzu ziciriritse zo guturamo cyari kivuzwe mu Nteko Ishinga Amategeko. Depite Mukabarisa Germaine yabajije icyo Leta iri gukora ku nzu zo guturamo zikomeje guhenda ku buryo n’ubuzima bw’abaturage batuye muri Kigali buhenze.

Yagize ati “Amazu arahenda, guhaha bigahenda. Ntabwo numvise mu buryo bufatika ingamba zihari nubwo bivugwa muri politiki, ariko turabibona no mu buzima busanzwe bw’abaturage. Harakorwa iki kugira ngo iki kibazo gikemuke?”

Imibare igaragaza ko ibipimo mpuzamahanga by’igiciro cy’inzu ihendukiye umuturage biba ari amafaranga angana na kimwe cya gatatu cy’ayo yinjiza, ari na cyo gipimo u Rwanda rugenderaho.

Nubwo bimeze gutya ariko, inzu bigaragara ko zihendutse muri Kigali, kuzigura bisaba ari hagati ya miliyoni 25 na 40 Frw. Aha bisaba ko uzigondera aba afite ubushobozi bwo kwishyura kimwe cya gatatu cy’umushahara ahembwa.

Depite Izere Ingrid Marie Parfaite na we ati “Ugereranyije n’agaciro k’ubutaka mu Rwanda, imibereho y’Abanyarwanda n’igiciro cy’inzu ihendutse Minisitiri yatubwiye, nashatse kubaza: Inzu ihendutse bishatse kuvuga iki ku Munyarwanda?”

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko aya mazu aciriritse atagendeye kuri ibi bipimo mpuzamahanga bya 1/3 cy’umushahara, ahubwo ateguza ko mu bihe biri imbere abaturage b’amikoro make bazajya barara muri salle kugira ngo babashe kuba muri Kigali.

Yagize ati “Igipimo tugenderaho uyu munsi ni kimwe cya gatatu (1/3) cy’ayo urugo rwinjiza. Iyo nzu bavuga ko ihendutse, iyo ukodesha ugatanga arenze 1/3 iba iguhenze. Kuri ubu hari kubakwa inzu zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 25 na 40. Ntabwo tugendera kuri 1/3, ahubwo turavuga tuti ‘Ni iki gishoboka?’ Hanyuma tukazirikana ko hari umuntu udashobora kubona ayo mafaranga, ku buryo hakubakwa inzu y’icyumba kimwe. Ikindi, turi mu mujyi ku buryo hazajya hubakwa salle nini abantu bazajya baryamamo.”

Imibare igaragaza ko mu bihe biri imbere, mu mwaka wa 2035, abaturage batuye mu mijyi yo mu Rwanda bazaba biyongereye bakikuba hafi kabiri, kuko bazaba bageze kuri 52.7% by’abaturage bose bazaba batuye mu Gihugu.

Depite Germaine yabajije ikiriho gikorwa ku nzu ziciriritse
Na mugenzi we Marie Parfaite yabajije kuri iki kibazo
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko hari igihe abantu bazajya barara muri salle

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one − 1 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Next Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.