• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya bararana muri salle kugira ngo boroherezwe mu mibereho.

Ikibazo cy’inzu ziciriritse zo guturamo cyari kivuzwe mu Nteko Ishinga Amategeko. Depite Mukabarisa Germaine yabajije icyo Leta iri gukora ku nzu zo guturamo zikomeje guhenda ku buryo n’ubuzima bw’abaturage batuye muri Kigali buhenze.

Yagize ati “Amazu arahenda, guhaha bigahenda. Ntabwo numvise mu buryo bufatika ingamba zihari nubwo bivugwa muri politiki, ariko turabibona no mu buzima busanzwe bw’abaturage. Harakorwa iki kugira ngo iki kibazo gikemuke?”

Imibare igaragaza ko ibipimo mpuzamahanga by’igiciro cy’inzu ihendukiye umuturage biba ari amafaranga angana na kimwe cya gatatu cy’ayo yinjiza, ari na cyo gipimo u Rwanda rugenderaho.

Nubwo bimeze gutya ariko, inzu bigaragara ko zihendutse muri Kigali, kuzigura bisaba ari hagati ya miliyoni 25 na 40 Frw. Aha bisaba ko uzigondera aba afite ubushobozi bwo kwishyura kimwe cya gatatu cy’umushahara ahembwa.

Depite Izere Ingrid Marie Parfaite na we ati “Ugereranyije n’agaciro k’ubutaka mu Rwanda, imibereho y’Abanyarwanda n’igiciro cy’inzu ihendutse Minisitiri yatubwiye, nashatse kubaza: Inzu ihendutse bishatse kuvuga iki ku Munyarwanda?”

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko aya mazu aciriritse atagendeye kuri ibi bipimo mpuzamahanga bya 1/3 cy’umushahara, ahubwo ateguza ko mu bihe biri imbere abaturage b’amikoro make bazajya barara muri salle kugira ngo babashe kuba muri Kigali.

Yagize ati “Igipimo tugenderaho uyu munsi ni kimwe cya gatatu (1/3) cy’ayo urugo rwinjiza. Iyo nzu bavuga ko ihendutse, iyo ukodesha ugatanga arenze 1/3 iba iguhenze. Kuri ubu hari kubakwa inzu zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 25 na 40. Ntabwo tugendera kuri 1/3, ahubwo turavuga tuti ‘Ni iki gishoboka?’ Hanyuma tukazirikana ko hari umuntu udashobora kubona ayo mafaranga, ku buryo hakubakwa inzu y’icyumba kimwe. Ikindi, turi mu mujyi ku buryo hazajya hubakwa salle nini abantu bazajya baryamamo.”

Imibare igaragaza ko mu bihe biri imbere, mu mwaka wa 2035, abaturage batuye mu mijyi yo mu Rwanda bazaba biyongereye bakikuba hafi kabiri, kuko bazaba bageze kuri 52.7% by’abaturage bose bazaba batuye mu Gihugu.

Depite Germaine yabajije ikiriho gikorwa ku nzu ziciriritse
Na mugenzi we Marie Parfaite yabajije kuri iki kibazo
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko hari igihe abantu bazajya barara muri salle

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Next Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.