Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya bararana muri salle kugira ngo boroherezwe mu mibereho.

Ikibazo cy’inzu ziciriritse zo guturamo cyari kivuzwe mu Nteko Ishinga Amategeko. Depite Mukabarisa Germaine yabajije icyo Leta iri gukora ku nzu zo guturamo zikomeje guhenda ku buryo n’ubuzima bw’abaturage batuye muri Kigali buhenze.

Yagize ati “Amazu arahenda, guhaha bigahenda. Ntabwo numvise mu buryo bufatika ingamba zihari nubwo bivugwa muri politiki, ariko turabibona no mu buzima busanzwe bw’abaturage. Harakorwa iki kugira ngo iki kibazo gikemuke?”

Imibare igaragaza ko ibipimo mpuzamahanga by’igiciro cy’inzu ihendukiye umuturage biba ari amafaranga angana na kimwe cya gatatu cy’ayo yinjiza, ari na cyo gipimo u Rwanda rugenderaho.

Nubwo bimeze gutya ariko, inzu bigaragara ko zihendutse muri Kigali, kuzigura bisaba ari hagati ya miliyoni 25 na 40 Frw. Aha bisaba ko uzigondera aba afite ubushobozi bwo kwishyura kimwe cya gatatu cy’umushahara ahembwa.

Depite Izere Ingrid Marie Parfaite na we ati “Ugereranyije n’agaciro k’ubutaka mu Rwanda, imibereho y’Abanyarwanda n’igiciro cy’inzu ihendutse Minisitiri yatubwiye, nashatse kubaza: Inzu ihendutse bishatse kuvuga iki ku Munyarwanda?”

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko aya mazu aciriritse atagendeye kuri ibi bipimo mpuzamahanga bya 1/3 cy’umushahara, ahubwo ateguza ko mu bihe biri imbere abaturage b’amikoro make bazajya barara muri salle kugira ngo babashe kuba muri Kigali.

Yagize ati “Igipimo tugenderaho uyu munsi ni kimwe cya gatatu (1/3) cy’ayo urugo rwinjiza. Iyo nzu bavuga ko ihendutse, iyo ukodesha ugatanga arenze 1/3 iba iguhenze. Kuri ubu hari kubakwa inzu zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 25 na 40. Ntabwo tugendera kuri 1/3, ahubwo turavuga tuti ‘Ni iki gishoboka?’ Hanyuma tukazirikana ko hari umuntu udashobora kubona ayo mafaranga, ku buryo hakubakwa inzu y’icyumba kimwe. Ikindi, turi mu mujyi ku buryo hazajya hubakwa salle nini abantu bazajya baryamamo.”

Imibare igaragaza ko mu bihe biri imbere, mu mwaka wa 2035, abaturage batuye mu mijyi yo mu Rwanda bazaba biyongereye bakikuba hafi kabiri, kuko bazaba bageze kuri 52.7% by’abaturage bose bazaba batuye mu Gihugu.

Depite Germaine yabajije ikiriho gikorwa ku nzu ziciriritse
Na mugenzi we Marie Parfaite yabajije kuri iki kibazo
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko hari igihe abantu bazajya barara muri salle

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Next Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.