Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje indi mihanda ine yo kugeragerezamo uburyo bushya bwo kwishyura urugendo umuntu yakoze, ije yiyongera ku yindi ibiri iherutse gutangizwamo ubu buryo.

Itangazo ritangaza ko iyi mihanda yongewe kuri ibiri yari igiye kuzuza icyumweru itangirijwemo ubu buryo bukiri mu igerageza, ari yo Nyabugogo-Kubuga n’uwa Downtown-Kabuga, ryagiye hanze kuri uyu wa Mbere rivuga ko iyi mihanda ine mishya itangizwamo iyi gahunda kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.

Indi mihanda ine yatangijwemo ubu buryo, ni Remera-Downtown, Nyabugogo-Remera, Remera-Kabuga na Masaka-Remera.

RURA kandi yagaragaje ingero z’ibiciro bya bimwe mu bice umuntu azajya yishyura, aho nko mu muhanda wa Remera- Downtown, nk’umuntu wakoze urugero Remera – Sonatube, azajya yishyura 205 Frw, Remera – Rwandex yishure 251Frw, naho Sonatube – Kwa Rubangura yishyure 274Frw, na Remera-Downtown, yishure 388Frw.

Naho mu muhanda Nyabugogo-Remera, nk’umuntu uzajya akora urugendo rwa Nyabugogo- ku Bitaro (Kinamba), azajya yishyura 182Frw, Nyabugogo-Kanogo, igiciro kikaba ari 251 Frw, Nyabugogo- Sonatube, igiciro ni 369 Frw, ndetse Nyabugogo-Remera, igiciro kikaba ari 465Frw.

Mu muhanda wa Masaka-Remera, nk’urugendo rwa Masaka-Murindi, igiciro kizaba 219 Frw, Masaka-Economic Zone, igiciro kizaba 319 Frw, Masaka-Kuri 12, bizabe 369 Frw, mu gihe Masaka-Remera, igiciro kizaba 465 Frw.

Ku muhanda Remera-Kabuga, urugendo rwa Remera-Kuri 12, igiciro kizaba 205 Frw, Remera-Murindi kibe 319 Frw, Remera-Kuri 19 kibe 388 Frw, mu gihe Remera-Kabuga, igiciro kizaba 543 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Imibonano mpuzabitsina ku isonga mu nzira ziri kwandurizanyamo Mpox yakajije umurego mu Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.