Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda; Umutwe w’Abadepite, yemeje umushinga w’Itegeho rihindura itegeko rigenga amatora rizatuma ay’Umukuru w’Igihugu ahuzwa n’ay’Abadepite, na Sena y’u Rwanda yawemeje.

Sena y’u Rwanda yemeje uyu mushinga kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, nyuma y’uko n’Umutwe w’Abadepite yari yawemeje mu ntangiro z’uku kwezi.

Uyu mushinga uteganya ko amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha wa 2023, azahuzwa n’ay’Abadepite, ubwo wasuzumwaga n’Umutwe w’Abadepite, hahinduwemo ingingo ya 75 n’iya 79 zivuga kuri manda y’Abadepite no guseswa kw’inteko.

Nanone kandi hari  ngingo zavuguruw mu myandikire yazo; nk’iya 66, yerekeye itangira ry’imirimo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho  iminsi yategenywagamo igirwa iminsi 30 ivuye kuri 15.

Guhuza amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’aya Perezida wa Repubulika, byavuzweho bwa mbere tariki 15 Gashyantare 2023, ubwo Hon. Oda Gasinzigwa wagizwe Perezida wa Komisiyo y’amatora, yarahiriraga izi nshingano.

Icyo gihe, Hon. Gasinzigwa yavuze ko hari ibiganiro birimo kuba, bigamije guhuza amatora y’Abadepite n’aya Perezida mu rwego rwo kugabanya ingengo y’imari no gukoresha igihe gito mu matora.

Icyo gihe yari yagize ati “Nishimira aho Igihugu cyacu kigeze mu kubahiriza Demokarasi ndetse n’imiyoborere myiza, kuko amatora ni kimwe mu bigaragaza igihugu gifite Demokarasi n’imiyoborere myiza, kandi kuva Igihugu cyacu cyatangira amatora ubona ko bigenda neza. Igisigaye ni ugushyiramo imbaraga kugira ngo amatora akorwe mu bwisanzure, ariko cyane agomba gukorwa neza kugira ngo Komisiyo nashinzwe irusheho kugirirwa ikizere n’ubwo yarisanzwe igifite”.

Nyuma yuko Hon. Gasinzigwa agaragaje ishingiro ry’icyifuzo cye, Inteko Rusange ya Sena yasuzumye uyu mushinga iranawemeza, ihita itangaza ko iri tegeko ngenga rigenga amatora, ryahindurwa kugira ngo amatora azashobore gukorwa mu buryo buhuje n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 75 iteganya ko amatora y’Abadepite akorerwa umunsi umwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Umuvugizi wungirije wa Guvernoma y’u Rwanda Alain Mukurarinda, yari aherutse gutangariza Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ko ibi bizatuma igiciro byasabaga mu gutegura amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu kigabanuka, kuko hagendaga amafaranga menshi yakabaye akora mu bindi bigamije guteza imbere igihugu.

Ku ngingo ijyanye n’ibigenderwaho mu guhindura ingingo ijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Mukuralinda yagize ati “ibyo ntibisaba ko haba amatora ya Kamarampaka, ahubwo ni ibintu bisuzumwa n’inzego bireba bitewe n’ingingo uwabisabye yagaragaje, byaba ari ibihinduka bigakorwa, bitashoboka kandi bikaba bidakunze.”

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fourteen =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda bwa mbere muri America yakiranywe urugwiro anacungirwa umutekano bidasanzwe

Next Post

CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.