Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatewe indi ntambwe mu rugendo ruganisha ku guhuza amatora ya Perezida n’ay’Abadepite mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda; Umutwe w’Abadepite, yemeje umushinga w’Itegeho rihindura itegeko rigenga amatora rizatuma ay’Umukuru w’Igihugu ahuzwa n’ay’Abadepite, na Sena y’u Rwanda yawemeje.

Sena y’u Rwanda yemeje uyu mushinga kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, nyuma y’uko n’Umutwe w’Abadepite yari yawemeje mu ntangiro z’uku kwezi.

Uyu mushinga uteganya ko amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha wa 2023, azahuzwa n’ay’Abadepite, ubwo wasuzumwaga n’Umutwe w’Abadepite, hahinduwemo ingingo ya 75 n’iya 79 zivuga kuri manda y’Abadepite no guseswa kw’inteko.

Nanone kandi hari  ngingo zavuguruw mu myandikire yazo; nk’iya 66, yerekeye itangira ry’imirimo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho  iminsi yategenywagamo igirwa iminsi 30 ivuye kuri 15.

Guhuza amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’aya Perezida wa Repubulika, byavuzweho bwa mbere tariki 15 Gashyantare 2023, ubwo Hon. Oda Gasinzigwa wagizwe Perezida wa Komisiyo y’amatora, yarahiriraga izi nshingano.

Icyo gihe, Hon. Gasinzigwa yavuze ko hari ibiganiro birimo kuba, bigamije guhuza amatora y’Abadepite n’aya Perezida mu rwego rwo kugabanya ingengo y’imari no gukoresha igihe gito mu matora.

Icyo gihe yari yagize ati “Nishimira aho Igihugu cyacu kigeze mu kubahiriza Demokarasi ndetse n’imiyoborere myiza, kuko amatora ni kimwe mu bigaragaza igihugu gifite Demokarasi n’imiyoborere myiza, kandi kuva Igihugu cyacu cyatangira amatora ubona ko bigenda neza. Igisigaye ni ugushyiramo imbaraga kugira ngo amatora akorwe mu bwisanzure, ariko cyane agomba gukorwa neza kugira ngo Komisiyo nashinzwe irusheho kugirirwa ikizere n’ubwo yarisanzwe igifite”.

Nyuma yuko Hon. Gasinzigwa agaragaje ishingiro ry’icyifuzo cye, Inteko Rusange ya Sena yasuzumye uyu mushinga iranawemeza, ihita itangaza ko iri tegeko ngenga rigenga amatora, ryahindurwa kugira ngo amatora azashobore gukorwa mu buryo buhuje n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 75 iteganya ko amatora y’Abadepite akorerwa umunsi umwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Umuvugizi wungirije wa Guvernoma y’u Rwanda Alain Mukurarinda, yari aherutse gutangariza Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ko ibi bizatuma igiciro byasabaga mu gutegura amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu kigabanuka, kuko hagendaga amafaranga menshi yakabaye akora mu bindi bigamije guteza imbere igihugu.

Ku ngingo ijyanye n’ibigenderwaho mu guhindura ingingo ijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Mukuralinda yagize ati “ibyo ntibisaba ko haba amatora ya Kamarampaka, ahubwo ni ibintu bisuzumwa n’inzego bireba bitewe n’ingingo uwabisabye yagaragaje, byaba ari ibihinduka bigakorwa, bitashoboka kandi bikaba bidakunze.”

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda bwa mbere muri America yakiranywe urugwiro anacungirwa umutekano bidasanzwe

Next Post

CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

CECAFA U17: Impumeko iri mu Mavubi agiye guhura n’ikipe yatsinze 5 mu mukino wa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.