Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatewe intambwe mu byo ubutegetsi bwa Congo bwifuje igihe kinini kuri MONUSCO

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatewe intambwe mu byo ubutegetsi bwa Congo bwifuje igihe kinini kuri MONUSCO
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), ziri mu bikorwa byo gusoza ubu butumwa, aho ubu zafunze imiryango muri Kivu y’Epfo, nyuma y’uko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwabyifuje kenshi.

Ni igikorwa cyayobowe n’Umuyobozi w’ubu butumwa bwa MONUSCO, Bintou Keita wari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Madamu Suminwa Judith.

Amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bwa MONUSCO, avuga ko iki gikorwa cyabereye muri Kavumu, “Kiri mu mugambi wo gusoza ubutumwa muri Kivu y’Epfo.”

Umuyobozi w’ubu Butumwa, Bintou Keita yavuze ko nubwo basoje ubutumwa muri Kivu y’Epfo, ariko MONUSCO igikomeje ubutumwa mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati “Twasoje ibikorwa muri Kivu y’Epfo ariko turacyafite igihe n’ibyo gushyira mu bikorwa muri Kivu ya Ruguru muri Ituri.”

Ibi Keita yabitangaje ubwo yasuraga ingabo za MONUSCO zifite ibirindiro mu gace ka Kitabi gaherereye mu bilometero 10 uvuye mu majyaruguru y’umujyi wa Goma.

Gusoza ubutumwa bwa MONUSCO, byemejwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, mu mpera z’umwaka ushize ubwo byasabwaga n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze gusaba kenshi ko izi ngabo za UN, zibavira mu Gihugu, bwagiye bunasaba abaturage kwirara mu mihanda, bakazamagana, aho bigeze no kwigabiza ibiro bimwe bya MONUSCO i Goma, bakabisahura bakanatwika bimwe mu bikoresho byabo, mu myigaragambyo yagarutsweho cyane.

Abanyekongo n’ubutegetsi bwa Congo, bwakunze gushinja izi ngabo kutagira icyo zibafasha guhangana n’umutwe wa M23 umaze igihe warabereye ihurizo rikomeye ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Ubusabe bwo guhagarika ubu butumwa, bwashyizwemo imbaraga na Guverinoma ya Kinshasa, nyuma y’uko yari imaze kwemererwa gufashwa na SADC, ubu yanohereje ingabo ziri gufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23.

Ubwo iki gikorwa cyabaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Next Post

Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Related Posts

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

by radiotv10
13/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande rw’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rukomeje gukaza ubukana bw’intambara bwohereza intwaro za rutura...

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

IZIHERUKA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda
MU RWANDA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.