Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatewe intambwe mu byo ubutegetsi bwa Congo bwifuje igihe kinini kuri MONUSCO

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatewe intambwe mu byo ubutegetsi bwa Congo bwifuje igihe kinini kuri MONUSCO
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), ziri mu bikorwa byo gusoza ubu butumwa, aho ubu zafunze imiryango muri Kivu y’Epfo, nyuma y’uko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwabyifuje kenshi.

Ni igikorwa cyayobowe n’Umuyobozi w’ubu butumwa bwa MONUSCO, Bintou Keita wari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Madamu Suminwa Judith.

Amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bwa MONUSCO, avuga ko iki gikorwa cyabereye muri Kavumu, “Kiri mu mugambi wo gusoza ubutumwa muri Kivu y’Epfo.”

Umuyobozi w’ubu Butumwa, Bintou Keita yavuze ko nubwo basoje ubutumwa muri Kivu y’Epfo, ariko MONUSCO igikomeje ubutumwa mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati “Twasoje ibikorwa muri Kivu y’Epfo ariko turacyafite igihe n’ibyo gushyira mu bikorwa muri Kivu ya Ruguru muri Ituri.”

Ibi Keita yabitangaje ubwo yasuraga ingabo za MONUSCO zifite ibirindiro mu gace ka Kitabi gaherereye mu bilometero 10 uvuye mu majyaruguru y’umujyi wa Goma.

Gusoza ubutumwa bwa MONUSCO, byemejwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, mu mpera z’umwaka ushize ubwo byasabwaga n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze gusaba kenshi ko izi ngabo za UN, zibavira mu Gihugu, bwagiye bunasaba abaturage kwirara mu mihanda, bakazamagana, aho bigeze no kwigabiza ibiro bimwe bya MONUSCO i Goma, bakabisahura bakanatwika bimwe mu bikoresho byabo, mu myigaragambyo yagarutsweho cyane.

Abanyekongo n’ubutegetsi bwa Congo, bwakunze gushinja izi ngabo kutagira icyo zibafasha guhangana n’umutwe wa M23 umaze igihe warabereye ihurizo rikomeye ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Ubusabe bwo guhagarika ubu butumwa, bwashyizwemo imbaraga na Guverinoma ya Kinshasa, nyuma y’uko yari imaze kwemererwa gufashwa na SADC, ubu yanohereje ingabo ziri gufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23.

Ubwo iki gikorwa cyabaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + six =

Previous Post

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Next Post

Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye
FOOTBALL

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.