Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera idasanzwe, ndetse ko ababukora bakomeje gukoresha amayeri, ku buryo iyo hagize utabaza ko hari abagiye kumwambura, abandi bahita baza biyoberanyije nk’abaje kumutabara, nyamara baje gufasha bagenzi babo mu bujura.

Bamwe mu batezwe n’aba bajura, bavuga ko iyo hari ugerageje kubarwanya, bamugirira nabi dore ko baba banafite intwaro gakondo, ubundi ibyo yari afite byose bakabimwambura.

Umwe uvuga ko bamwambuye igare n’ibyo yari afite byose, avuga ko banamukomereje mu mutwe, none byamusigiye ubumuga.

Ati “Ni itsinda rinini baba bishyize hamwe bagutega bakaza bigize nk’abagutabaye bagafatanya kukwambura ubundi bakanacikisha uwakwibye.’’

Undi muturage avuga ko aba bambuzi bafite amayeri menshi bakoresha muri ibi bikorwa bibi byabo, kandi ko bikomeje gufata indi ntera.

Ati “Hari uza akakwisitazaho, ubundi abandi bagahita baza bakakwambura. Inaha ubujura burakabije cyane, inzego z’umutekano zidufashe zigire icyo zikora kuri ubu bujura, kuko batumazeho utwacu ndetse bakanakomeretsa abaturage.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko hari gushyirwa imbaraga mu kwifashisha irondo ry’umwuga mu guhangana n’iki kibazo, agasaba abaturage gutanga amakuru ku bagira uruhare muri ibi bikorwa.

Ati “Mu biganiro tugirana n’inzego z’umutekano, urutonde rw’abakora ubujura, abamaze gufatwa ni benshi, urutonde turarufite. Abaturage bakomeze kuduha amakuru. Turi gukorana n’irondo ry’umwuga n’izindi nzego z’umutekano ku buryo twizeza abaturage guhashya ubu bujura.”

Si muri uyu mujyi wa Huye gusa humvikanye abaturage bataka kwibwa ibyabo, kuko hirya no hino muri aka Karere ka Huye, hakomeje kumvikana abaturage bakunze kubigaragaza.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMAN
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Next Post

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.