Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera idasanzwe, ndetse ko ababukora bakomeje gukoresha amayeri, ku buryo iyo hagize utabaza ko hari abagiye kumwambura, abandi bahita baza biyoberanyije nk’abaje kumutabara, nyamara baje gufasha bagenzi babo mu bujura.

Bamwe mu batezwe n’aba bajura, bavuga ko iyo hari ugerageje kubarwanya, bamugirira nabi dore ko baba banafite intwaro gakondo, ubundi ibyo yari afite byose bakabimwambura.

Umwe uvuga ko bamwambuye igare n’ibyo yari afite byose, avuga ko banamukomereje mu mutwe, none byamusigiye ubumuga.

Ati “Ni itsinda rinini baba bishyize hamwe bagutega bakaza bigize nk’abagutabaye bagafatanya kukwambura ubundi bakanacikisha uwakwibye.’’

Undi muturage avuga ko aba bambuzi bafite amayeri menshi bakoresha muri ibi bikorwa bibi byabo, kandi ko bikomeje gufata indi ntera.

Ati “Hari uza akakwisitazaho, ubundi abandi bagahita baza bakakwambura. Inaha ubujura burakabije cyane, inzego z’umutekano zidufashe zigire icyo zikora kuri ubu bujura, kuko batumazeho utwacu ndetse bakanakomeretsa abaturage.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko hari gushyirwa imbaraga mu kwifashisha irondo ry’umwuga mu guhangana n’iki kibazo, agasaba abaturage gutanga amakuru ku bagira uruhare muri ibi bikorwa.

Ati “Mu biganiro tugirana n’inzego z’umutekano, urutonde rw’abakora ubujura, abamaze gufatwa ni benshi, urutonde turarufite. Abaturage bakomeze kuduha amakuru. Turi gukorana n’irondo ry’umwuga n’izindi nzego z’umutekano ku buryo twizeza abaturage guhashya ubu bujura.”

Si muri uyu mujyi wa Huye gusa humvikanye abaturage bataka kwibwa ibyabo, kuko hirya no hino muri aka Karere ka Huye, hakomeje kumvikana abaturage bakunze kubigaragaza.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMAN
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 2 =

Previous Post

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

Next Post

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.