Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe iyicwa ry’abakomando babiri ba ADF bivuganywe muri operasiyo y’Igisirikare cya Uganda n’icya Congo

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hemejwe iyicwa ry’abakomando babiri ba ADF bivuganywe muri operasiyo y’Igisirikare cya Uganda n’icya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demomarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rw’abayobozi babiri b’umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Aba bayobozi biciwe muri operasiyo y’ubufatanye bwa FARDC n’igisirikare cya Uganda (UPDF), aho mu mpera z’icyumweru gishize hakajijwe umurego mu mirwano muri Segiteri ya Bapere muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Umuvugizi w’Ingabo mu bikorwa bya Gisirikare cya Sokola 1 mu ngabo za FARDC, Colonel Mak Hazukay watangaje aya makuru, yavuze ko hishwe abakomando babiri, ari bo Mzee Mussa na Djaffar bakundaga kwita Muhadari, bari nk’ubwonko bw’ibikorwa by’uyu mutwe w’iterabwoba wakunze kwivugana Abanyekongo.

Aba bakompando ba ADF, bari bamwe mu bashinzwe kumenya amakuru no kugaragaza ahagombaga kugabwa ibitero n’uyu mutwe umaze igihe urwanywa ku bufatanye bwa FARDC na UPDF.

Colonel Mak Hazukay yavuze ko kwivugana aba bayobozi ba ADF, byaje nyuma yuko ibikorwa bya gisirikare bya FARDC na UPDF byari bimaze byotsa igitutu umwanzi.

Yagize ati “Ku bufatanye bwa FARDC na UPDF bari mu mukwabu muri Segiteri ya Bapere. Bakomeje gushyira igitutu ku mwanzi, hagiye habaho imirwano, tuza kubanesha. Uyu munsi turishimye, dufite amashusho ndetse na gihamya ko uko ari babiri bishwe.”

Colonel Mak Hazukay yavuze ko ibi bikorwa bya gisirikare bikomeza gushyirwamo imbaraga byumwihariko mu bice byugarijwe n’uyu mutwe wa ADF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Rwanda Facing Criticism on the Treatment of Its Prisoners: A Response Based on Facts

Next Post

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.