Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Herekanywe batandatu bakurikiranyweho ubwambuzi na Telefone zibiwe ahantu hatandukanye harimo mu nsengero

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Herekanywe batandatu bakurikiranyweho ubwambuzi na Telefone zibiwe ahantu hatandukanye harimo mu nsengero
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu batandatu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ubwambuzi bwakorewe abacuruzi babeshyaga ko ari abakiliya, ndetse na telefone ziwe ahantu hatandukanye nko mu nsengero n’izibwe abantu basangaga batabaye abagize ibyago.

Iki gikorwa cyo kwerekana aba bantu cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024 ku Cyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, i Remera mu Karere ka Gasabo.

Aba bantu batandatu berekanywe, barimo babiri bavukana, aho bose uko ari batandatu bafatiwe mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba.

Bakurikiranyweho ibyaha bitandatu, aho igihanishwa igifungo kinini muri byo kigeza ku gifungo cy’imyaka 10, mu gihe igihanishwa igifungo gito, ari icy’umwaka umwe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB ruvuga ko aba bantu bakoraga ibi byaha by’ubwambuzi, bakoresheje amayeri atandukanye arimo kubeshya abacuruzi bibye, ko ari abaguzi baje kubarangurira cyangwa bifuza kubabera abafatanyabikorwa, bikarangira babibye.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kandi rwanerekanye Telefone 192 zagiye bifatirwa ahantu hatandukanye nko mu maduka anyuranye, zagiye zibirwa ahantu hanyuranye.

Izi telefone zerekanywe uyu munsi, zagiye zibwa abantu babasanze ahantu hatandukanye nko mu nsengero, ku marimbi aho abazibibaga babaga babasanze aho bagiye gutabara, ndetse n’abo bibiraga mu masoko, kimwe n’izibwe abamotari, zibwaga n’abantu babaga babateze, bakabakora mu mifuka batabizi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yibukije abijanditse mu bikorwa by’ubujura nk’ubu ko uru rwego ruri maso ku buryo rutazahwema kubashakisha no kubata muri yombi.

Ati “Izi telefone mubona hano 192 zafashwe mu bikorwa bya buri munsi byo gushaka telefone no kurwanya ibyaha by’aba bantu biba amatelefone, izi telefone hari izafatiwe mu maduka acuruza ibintu byibwe nka bya bindi bita imari ya macyeya, hari n’izafashwe zaraguzwe n’abantu bazikoresha.”

Dr Murangira B. Thierry kandi yagiriye inama abantu kujya bigengesera mu gihe bagiye kugura ibikoresho nk’ibi bya Telefone zakoze, abasaba kwirinda kuzigura, ndetse ni kujya bibuka kwaka inyemezabwishyu zazo.

Dr Murangira yavuze ko abijanditse mu bikorwa nk’ibi ko RIB itazabihanganira
Hanerekanywe telefone 192 zafatanywe aba bantu

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

Nigeria: Imibare y’abamaze guhitanwa n’ibiza yarenze 170

Next Post

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.