Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Herekanywe batandatu bakurikiranyweho ubwambuzi na Telefone zibiwe ahantu hatandukanye harimo mu nsengero

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Herekanywe batandatu bakurikiranyweho ubwambuzi na Telefone zibiwe ahantu hatandukanye harimo mu nsengero
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu batandatu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ubwambuzi bwakorewe abacuruzi babeshyaga ko ari abakiliya, ndetse na telefone ziwe ahantu hatandukanye nko mu nsengero n’izibwe abantu basangaga batabaye abagize ibyago.

Iki gikorwa cyo kwerekana aba bantu cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024 ku Cyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, i Remera mu Karere ka Gasabo.

Aba bantu batandatu berekanywe, barimo babiri bavukana, aho bose uko ari batandatu bafatiwe mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba.

Bakurikiranyweho ibyaha bitandatu, aho igihanishwa igifungo kinini muri byo kigeza ku gifungo cy’imyaka 10, mu gihe igihanishwa igifungo gito, ari icy’umwaka umwe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB ruvuga ko aba bantu bakoraga ibi byaha by’ubwambuzi, bakoresheje amayeri atandukanye arimo kubeshya abacuruzi bibye, ko ari abaguzi baje kubarangurira cyangwa bifuza kubabera abafatanyabikorwa, bikarangira babibye.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kandi rwanerekanye Telefone 192 zagiye bifatirwa ahantu hatandukanye nko mu maduka anyuranye, zagiye zibirwa ahantu hanyuranye.

Izi telefone zerekanywe uyu munsi, zagiye zibwa abantu babasanze ahantu hatandukanye nko mu nsengero, ku marimbi aho abazibibaga babaga babasanze aho bagiye gutabara, ndetse n’abo bibiraga mu masoko, kimwe n’izibwe abamotari, zibwaga n’abantu babaga babateze, bakabakora mu mifuka batabizi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yibukije abijanditse mu bikorwa by’ubujura nk’ubu ko uru rwego ruri maso ku buryo rutazahwema kubashakisha no kubata muri yombi.

Ati “Izi telefone mubona hano 192 zafashwe mu bikorwa bya buri munsi byo gushaka telefone no kurwanya ibyaha by’aba bantu biba amatelefone, izi telefone hari izafatiwe mu maduka acuruza ibintu byibwe nka bya bindi bita imari ya macyeya, hari n’izafashwe zaraguzwe n’abantu bazikoresha.”

Dr Murangira B. Thierry kandi yagiriye inama abantu kujya bigengesera mu gihe bagiye kugura ibikoresho nk’ibi bya Telefone zakoze, abasaba kwirinda kuzigura, ndetse ni kujya bibuka kwaka inyemezabwishyu zazo.

Dr Murangira yavuze ko abijanditse mu bikorwa nk’ibi ko RIB itazabihanganira
Hanerekanywe telefone 192 zafatanywe aba bantu

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Nigeria: Imibare y’abamaze guhitanwa n’ibiza yarenze 170

Next Post

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.