Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB, zerekanye ibicuruzwa byafatiwe mu gikorwa kiswe ‘Operation Usalama VIII 2022’ cyo kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’ibitujuje ubuziranenge, aho ibyafashwe bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Igikorwa cyo kwerekana ibi bicuruzwa, cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, cyarimo kandi n’abayobozi bahagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa ndetse n’uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA).

Muri iki gikorwa cyatumiwemo itangazamakuru, hagaragajwe ibicuruzwa birimo ibitemewe n’ibitujuje ubuziranenge byafashwe mu Gihugu cyose, bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Ibi bicuruzwa byiganjemo ibinyobwa, ibiribwa, amavuta yo kwisiga yangiza uruhu, ibikoresho by’isuku ndetse n’insiga z’amashanyarazi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rutangaza ko iki gikorwa cyateguwe hashingiwe ku bindi bikorwa bitegurwa na Polisi Mpuzamahanga (INTERPOL) ndetse n’ibihugu biba mu muryango wa Afrika y’Iburasirazuba uhuza abayobozi ba Polisi (East African Police Chiefs Cooperation).

RIB ivuga ko iki gikorwa cyari kigamije kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’amategeko y’u Rwanda n’ayo mu karere ndetse n’ibitujuje ubuziranenge, imiti y’abantu ndetse n’iy’amatungo itujuje ubuziranenge, icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, ubujura bw’imodoka bwambukiranya imipaka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ibindi bikorwa byangiza ibidukikije.

Muri iki gikorwa cya ‘Operation Usalama VIII’, hafatiwemo abantu 25 aho ibyaje ku isonga ku ruhande rw’u Rwanda, ari ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Uru rwego rwaboneyeho gushimira Abaturarwanda batanze amakuru kugira ngo abakoraga ibinyuranye n’amategeko bafatwe, ruboneraho kwibutsa ko iki gikorwa kizakomeza kugira ngo hakumirwe ingaruka mbi ibi bicuruzwa bigira ku buzima bw’abantu.

Abayobozi barimo abo muri RIB na Polisi bavuze ko ibi bicuruzwa byafatiwe muri iyo operasiyo yakorewe mu Gihugu hose

Habaye n’Ikiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 19 =

Previous Post

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Next Post

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali
MU RWANDA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.