Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB, zerekanye ibicuruzwa byafatiwe mu gikorwa kiswe ‘Operation Usalama VIII 2022’ cyo kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’ibitujuje ubuziranenge, aho ibyafashwe bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Igikorwa cyo kwerekana ibi bicuruzwa, cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, cyarimo kandi n’abayobozi bahagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa ndetse n’uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA).

Muri iki gikorwa cyatumiwemo itangazamakuru, hagaragajwe ibicuruzwa birimo ibitemewe n’ibitujuje ubuziranenge byafashwe mu Gihugu cyose, bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Ibi bicuruzwa byiganjemo ibinyobwa, ibiribwa, amavuta yo kwisiga yangiza uruhu, ibikoresho by’isuku ndetse n’insiga z’amashanyarazi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rutangaza ko iki gikorwa cyateguwe hashingiwe ku bindi bikorwa bitegurwa na Polisi Mpuzamahanga (INTERPOL) ndetse n’ibihugu biba mu muryango wa Afrika y’Iburasirazuba uhuza abayobozi ba Polisi (East African Police Chiefs Cooperation).

RIB ivuga ko iki gikorwa cyari kigamije kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’amategeko y’u Rwanda n’ayo mu karere ndetse n’ibitujuje ubuziranenge, imiti y’abantu ndetse n’iy’amatungo itujuje ubuziranenge, icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, ubujura bw’imodoka bwambukiranya imipaka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ibindi bikorwa byangiza ibidukikije.

Muri iki gikorwa cya ‘Operation Usalama VIII’, hafatiwemo abantu 25 aho ibyaje ku isonga ku ruhande rw’u Rwanda, ari ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Uru rwego rwaboneyeho gushimira Abaturarwanda batanze amakuru kugira ngo abakoraga ibinyuranye n’amategeko bafatwe, ruboneraho kwibutsa ko iki gikorwa kizakomeza kugira ngo hakumirwe ingaruka mbi ibi bicuruzwa bigira ku buzima bw’abantu.

Abayobozi barimo abo muri RIB na Polisi bavuze ko ibi bicuruzwa byafatiwe muri iyo operasiyo yakorewe mu Gihugu hose

Habaye n’Ikiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Next Post

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

IZIHERUKA

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe
IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.