Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB, zerekanye ibicuruzwa byafatiwe mu gikorwa kiswe ‘Operation Usalama VIII 2022’ cyo kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’ibitujuje ubuziranenge, aho ibyafashwe bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Igikorwa cyo kwerekana ibi bicuruzwa, cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, cyarimo kandi n’abayobozi bahagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa ndetse n’uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA).

Muri iki gikorwa cyatumiwemo itangazamakuru, hagaragajwe ibicuruzwa birimo ibitemewe n’ibitujuje ubuziranenge byafashwe mu Gihugu cyose, bifite agaciro ka 76 108 664 Frw.

Ibi bicuruzwa byiganjemo ibinyobwa, ibiribwa, amavuta yo kwisiga yangiza uruhu, ibikoresho by’isuku ndetse n’insiga z’amashanyarazi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rutangaza ko iki gikorwa cyateguwe hashingiwe ku bindi bikorwa bitegurwa na Polisi Mpuzamahanga (INTERPOL) ndetse n’ibihugu biba mu muryango wa Afrika y’Iburasirazuba uhuza abayobozi ba Polisi (East African Police Chiefs Cooperation).

RIB ivuga ko iki gikorwa cyari kigamije kurwanya ibicuruzwa bitemewe n’amategeko y’u Rwanda n’ayo mu karere ndetse n’ibitujuje ubuziranenge, imiti y’abantu ndetse n’iy’amatungo itujuje ubuziranenge, icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, ubujura bw’imodoka bwambukiranya imipaka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ibindi bikorwa byangiza ibidukikije.

Muri iki gikorwa cya ‘Operation Usalama VIII’, hafatiwemo abantu 25 aho ibyaje ku isonga ku ruhande rw’u Rwanda, ari ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Uru rwego rwaboneyeho gushimira Abaturarwanda batanze amakuru kugira ngo abakoraga ibinyuranye n’amategeko bafatwe, ruboneraho kwibutsa ko iki gikorwa kizakomeza kugira ngo hakumirwe ingaruka mbi ibi bicuruzwa bigira ku buzima bw’abantu.

Abayobozi barimo abo muri RIB na Polisi bavuze ko ibi bicuruzwa byafatiwe muri iyo operasiyo yakorewe mu Gihugu hose

Habaye n’Ikiganiro n’Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 8 =

Previous Post

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

Next Post

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Related Posts

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.