Tuesday, July 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Irerambere mu Rwanda RDB rwafashe icyemezo cyo gufunga by’ahateganyo Hoteli Château le Marara nyuma y’iminsi micye hari abagaragaje ko baherutse guherwamo serivisi zitanoze, aho uru rwego rwatangaje ko iperereza ryagaragaje ko iyi Hoteli yakoraga idafite uruhushya.

Icyemezo cyo gufunga iyi hoteli iherere mu Karere ka Karongi, cyatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga, kigatangira kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyankanga 2025.

RDB ivuga ko gufunga iki cyemezo bishingiye ku itegeko ryo muri 2014 rigena imitunganyirize y’Ubukerarugendo mu Rwanda, by’umwihariko ingingo ziteganya ko buri kigo gikora mu rwego rw’ubukerarugendo kigomba kuba gifite uruhushya rwemewe rwo gukora.

Itangazo rikubiyemo iki cyemezo, rigakomeza rigira riti “RDB itegetse ko ibikorwa bya Hotel Chateau Le Marara bihagarara.”

Rigakomeza rigira riti “Nyuma y’iperereza ryakozwe, byagaragaye ko iyi hoteli ikora nta ruhushya, bityo ikaba itarubahirije amategeko agenga ubukerarugendo mu Rwanda.”

RDB iviuga ko guhera uyu munsi tariki 22 Nyakanga 2025, iyi Hoteli Château le Marara itemerewe kongera gukora.

Iti “Gukomeza ibikorwa nyuma y’iyi tariki bizafatwa nko kwica amategeko Igihugu kigenderaho, bishobora kuvamo ibihano bikomeye.

Kongera gufungura bizasuzumwa ari uko iyi hoteli imaze kuzuza neza ibisabwa ngo ihabwe uruhushya rwo gukora mu rwego rw’ubukerarugendo no kubahiriza byuzuye ibisabwa n’amategeko byose.”

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa abantu bose bakora mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu ko bagomba kugira uruhushya rwemewe rwo gukora.

RUB iti “Uru ruhushya rugaragaza ko ibikorwa byujuje ibisabwa by’ibanze ku bijyanye n’umutekano, serivisi nziza n’imikorere, hagamijwe kurinda ababagana ndetse n’urwego rw’ubukerarugendo muri rusange.”

Uru rwego rwasoje rwizeza ko ruzakomeza kurengera ubunyangamugayo, umutekano n’ubunyamwuga mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu mu Rwanda.

Iki cyemezo cyo gufunga iyi Hoteli Château le Marara gifashwe nyuma y’icyumweru hari abaherutse kugaya serivisi baherewemo ubwo bahakoreraga ibirori by’ubukwe.

Mu bazamuye iki kibazo barimo Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda, uri mu bari batashye ubwo bukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj. Shadadi Musemakweri uyobora Gorilla Motors Ltd, akaba n’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Gorilla FC.

Miss Naomie n’uwitwa Josine Queen, mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko muri serivisi zitanose baherewe muri iyi hoteli, zirimo amafunguro atameze neza, ndetse ko ubwo bakoreragayo ibiro, umuriro wagiye ubura inshuro zinyuranye ndetse iyi hoteli ikaba idafite generator, byaje gutuma bayishakira.

Nyuma y’ibi byari byatangajwe, RDB yari yatangaje iti “Tubabajwe no kumva ibyababayeho. Turakumenyesha ko RDB iri gukurikirana iki kibazo kandi irabizeza kugishakira umuti mu buryo bukwiye.”

Uretse RDB yari yatangaje ko yinjiye muri iki kibazo kandi, Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, na rwo rwari rwatangaje ko ruri gukurikirana iby’iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

Next Post

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Related Posts

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

by radiotv10
22/07/2025
0

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho kwangiza imyanya y’ibanga y’umugabo we ayikanze kugeza...

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

by radiotv10
22/07/2025
0

Political analysts believe that the peace agreement signed between Rwanda and the Democratic Republic of Congo (DRC), along with the...

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

by radiotv10
22/07/2025
0

Abahanga muri politiki mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

by radiotv10
21/07/2025
0

After the Government of the Democratic Republic of Congo and the AFC/M23 signed a framework document outlining the principles of...

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

by radiotv10
21/07/2025
0

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinyanye inyandiko y’amahame azagena amasezerano, abasesenguzi bavuga ko umuhuza...

IZIHERUKA

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo
AMAHANGA

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

by radiotv10
22/07/2025
0

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

22/07/2025
Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

22/07/2025
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

22/07/2025
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

22/07/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

22/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.