Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Irerambere mu Rwanda RDB rwafashe icyemezo cyo gufunga by’ahateganyo Hoteli Château le Marara nyuma y’iminsi micye hari abagaragaje ko baherutse guherwamo serivisi zitanoze, aho uru rwego rwatangaje ko iperereza ryagaragaje ko iyi Hoteli yakoraga idafite uruhushya.

Icyemezo cyo gufunga iyi hoteli iherere mu Karere ka Karongi, cyatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga, kigatangira kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyankanga 2025.

RDB ivuga ko gufunga iki cyemezo bishingiye ku itegeko ryo muri 2014 rigena imitunganyirize y’Ubukerarugendo mu Rwanda, by’umwihariko ingingo ziteganya ko buri kigo gikora mu rwego rw’ubukerarugendo kigomba kuba gifite uruhushya rwemewe rwo gukora.

Itangazo rikubiyemo iki cyemezo, rigakomeza rigira riti “RDB itegetse ko ibikorwa bya Hotel Chateau Le Marara bihagarara.”

Rigakomeza rigira riti “Nyuma y’iperereza ryakozwe, byagaragaye ko iyi hoteli ikora nta ruhushya, bityo ikaba itarubahirije amategeko agenga ubukerarugendo mu Rwanda.”

RDB iviuga ko guhera uyu munsi tariki 22 Nyakanga 2025, iyi Hoteli Château le Marara itemerewe kongera gukora.

Iti “Gukomeza ibikorwa nyuma y’iyi tariki bizafatwa nko kwica amategeko Igihugu kigenderaho, bishobora kuvamo ibihano bikomeye.

Kongera gufungura bizasuzumwa ari uko iyi hoteli imaze kuzuza neza ibisabwa ngo ihabwe uruhushya rwo gukora mu rwego rw’ubukerarugendo no kubahiriza byuzuye ibisabwa n’amategeko byose.”

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa abantu bose bakora mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu ko bagomba kugira uruhushya rwemewe rwo gukora.

RUB iti “Uru ruhushya rugaragaza ko ibikorwa byujuje ibisabwa by’ibanze ku bijyanye n’umutekano, serivisi nziza n’imikorere, hagamijwe kurinda ababagana ndetse n’urwego rw’ubukerarugendo muri rusange.”

Uru rwego rwasoje rwizeza ko ruzakomeza kurengera ubunyangamugayo, umutekano n’ubunyamwuga mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu mu Rwanda.

Iki cyemezo cyo gufunga iyi Hoteli Château le Marara gifashwe nyuma y’icyumweru hari abaherutse kugaya serivisi baherewemo ubwo bahakoreraga ibirori by’ubukwe.

Mu bazamuye iki kibazo barimo Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda, uri mu bari batashye ubwo bukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj. Shadadi Musemakweri uyobora Gorilla Motors Ltd, akaba n’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Gorilla FC.

Miss Naomie n’uwitwa Josine Queen, mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko muri serivisi zitanose baherewe muri iyi hoteli, zirimo amafunguro atameze neza, ndetse ko ubwo bakoreragayo ibiro, umuriro wagiye ubura inshuro zinyuranye ndetse iyi hoteli ikaba idafite generator, byaje gutuma bayishakira.

Nyuma y’ibi byari byatangajwe, RDB yari yatangaje iti “Tubabajwe no kumva ibyababayeho. Turakumenyesha ko RDB iri gukurikirana iki kibazo kandi irabizeza kugishakira umuti mu buryo bukwiye.”

Uretse RDB yari yatangaje ko yinjiye muri iki kibazo kandi, Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, na rwo rwari rwatangaje ko ruri gukurikirana iby’iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seventeen =

Previous Post

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

Next Post

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Related Posts

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

IZIHERUKA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300
MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.