Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Humvikanye kunyuranya ibyifuzo mu Bapolisi baregwa gukubitira abantu muri ‘Transit Center’

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Humvikanye kunyuranya ibyifuzo mu Bapolisi baregwa gukubitira abantu muri ‘Transit Center’
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abarimo Abapolisi bakekwaho gukubita abari bacumbikiwe mu kigo kinyuzwamo abantu by’igihe gito (Transit Center) cyo mu Karere ka Nyanza, bamwe basabye ko urubanza rusubikwa, mu gihe  abandi basaba ko baburana.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Busasamana, aho bamwe mu baregwa n’ababunganira mu mategeko bavugaga ko Ubushinjacyaha butashyize muri sisiteme dosiye y’ikirego cyabo ngo babone uko bategura urubanza.

Uru rubanza ruregwamo abantu 10, ari bo komanda wa Sitasiyo ya Polisi ya Ntyazo mu Karere ka Nyanza, IP Eustashe Ndayambaje, n’abandi Bapolisi nka PC Tuyisenge Yusuf, PC Uwamahoro Dative.

Barimo kandi Umuhuzabikorwa wa Transit Center y’i Nyanza, Umurisa Groliose; ndetse n’abari bafungiye muri transit center barimo uwari konseye Nahimana Saleh.

Ikurikiranwa ry’abaregwa muri uru rubanza bose uko ari 10, ryaturutse ku kuba bamwe mu bari bafungiye muri transit center bavugaga ko bakubiswe.

Byakomejwe cyane n’uwari umufungwa witwa Habakurama Venant wo mu Murenge wa Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza wapfuye bigakekwa ko yishwe n’inkoni yakubitiwe muri transit center.

Gusa abaganga bapimye umurambo wa nyakwigendera ari bo Dr Nkurunziza Innocent na Dr Jean Baptiste Muvunyi, babwiye Urukiko rwisumbuye rwa Huye ko nyakwigendera atishwe no gukubitwa inkoni, ahubwo yapfuye urupfu rusanzwe ari na bwo Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwahise rwiyambura ububasha bwo kuburanisha uru rubanza rwoherezwa mu Rukiko rw’Ibanze

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane, Me Kayiranga Munyanyindi Innocent wunganira komanda IP Eustashe Ndayambaje yasabye ko urubanza rwasubikwa.

Me Innocent yabishingiraga ko Ubushinjacyaha butashyizemo umwanzuro w’ibyo baregwa muri sisiteme(system) ihuza ababuranyi.

Yagize ati “Aba twunganiye byatangiye baregwa icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byateye urupfu none icyo cyaha cyavuyemo hasigara icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake gusa, ariko Ubushinjacyaha ntibwakoze umwanzuro w’ibyo baregwa bushya bugendeye ko uko byatangiye atari uko bikimeze ahubwo inyandiko itanga ikirego ntiyahindutse.”

Me Innocent yakomeje abwira Urukiko ko hari abo Ubushinjacyaha buvuga ko bakubiswe, ko bo ubwabo baza bagatanga ubuhamya bagafatwa nk’abatangabuhamya muri uru rubanza.

Ati “Bavuga ko umukiliya wanjye Inspector of Police (IP) Eustashe yatangaga amabwiriza abafungwa bagakubitwa, abo bafungwa rero bakubiswe bakwiye kuza kwitangira ubuhamya mu rukiko.”

Me Mukakarisa Valentine we wunganira Umupolisi Tuyisenge Yousuf ufungiye mu Igororero rya Huye naw e yasabye ko uru rubanza rusubikwa.

Me Habarurema François Xavier wunganiye umupolisi Uwamahoro Dative kuri we ntiyumvikanaga n’abandi banyamategeko basabaga ko urubanza rusubikwa, aho we yabwiye Urukiko ko uwo yunganiye ari we PC Dative afungiye mu igororero rya Nyamagabe, kandi ko yifuza ko aburanishwa akarekurwa.

Me Xavier yagize ati “Me Innocent we yagize umugisha umukiliya we ararekurwa naho uwanjye we aracyari mu ibohero arafunzwe bityo abo bantu ntibafatwe kimwe ahubwo tuburane.”

Me Xavier yisunze ingingo z’amategeko yavuze ko umukiriya we aramutse ahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake ashobora guhabwa igihano kuva ku mezi atandatu kugeza ku mwaka umwe kandi igihe amaze afunzwe kirenze umwaka umwe, bityo adakwiye gukomeza kurengana bityo ko yaburana ari hanze.

Me Xavier akavuga ko uru rubanza rubera mu Rukiko rwisumbuye rwa Huye hari ibimenyetso byari bigize icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byateye urupfu kuko icyo cyaha cyavuyemo batagitindaho ahubwo hasigaye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake kandi ibyo bimenyetso bikigize n’ubundi biri muri dosiye ari na byo bagomba kwireguraho.

Me Ruremesha Simeon Pierre wunganira umuhuzabikorwa wa Transit Center Umulisa Groliose we warekuwe by’agateganyo na we yasabaga ko baburana. Yagize ati “Ubutabera butinze ntibuba bukiri ubutabera.”

Me Mpayimana Jean Paul wunganira Uwahoze ari konseye muri transit center witwa Nahimana Saleh ufungiye mu Igororero rya Huye yavuze ko uwo yunganira ufunzwe, aburanye yemera icyaha cyangwa akaburana agihakana ibihano byacyo byarangiye bityo baburana hagatangwa ubutabera.

Me Mpayimana Jean Paul ati “Ntidutegeka urukiko twe turuhaye icyifuzo ko twaburana uru rubanza.”

Nahimana Saleh wari konseye muri transit center ufungiye mu igororero rya Huye yavuze ko batangiye ari abatangabuhamya.

Saleh ati “Twese twatangiye turi abatangabuhamya dutanga amakuru yuko icyaha cyakozwe abo batangabuhamya bavuga ngo bazanwe mu rukiko nta mpamvu kuko babajijwe mu bugenzacyaha nta gishya baza kuvuga.”

Ubushinjacyaha nabwo bwemera ko nta nyandiko nshya itanga ikirego bwakoze ngo buyishyire muri sisiteme ihuza ababuranyi, gusa bukavuga ko buhawe igihe gito iyo nyandiko yaba yakozwe kandi banafite iyo nyandiko ariko itarashyirwa muri sisiteme ihuza ababuranyi.

Urukiko rwafashe icyemezo ko uru rubanza rugomba gusubikwa kugira ngo Ubushinjacyaha butegure inyandiko itanga ikirego.

Urukiko rwemeje ko nta mpamvu yo gutumiza abiswe abatangabuhamya mu rukiko kuko ibyo babajijwe mu bugenzacyaha nk’abahohotewe bihagije.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 5 =

Previous Post

Umuyobozi uturutse mu Bushinwa yagaragaje isano Igihugu cye gifitanye n’u Rwanda ku mutekano

Next Post

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.