Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, baratungwa agatoki n’abaturage ko babatega bakabakorera urugomo, ku buryo hari n’abo bakubita bakabakomeretsa.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyaruhombo mu Murenge wa Rwaniro, bavuga ko muri aka Kagari hari ibirombi bicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan rwihishwa.

Bavuga ko uretse urugomo babakorera, n’ibikorwa byabo byangijwe n’ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Amazu yanjye yarasenyutse, imirima yacu yaragiye biratubangamiye.”

Undi ati “Nari mfite umurima none ubu sinanamenya aho uri kubera imicanga yawurenzeho icukurwa n’abo bacukura mu buryo butemewe ndetse ntiwanabavuga baguhohotera ubavuze.”

Aba baturage bavuga ko aba bacukura amabuye y’agaciro biremye itsinda rihohotera umuntu ugerageje kubavuga, dore ko na bo bari mu bakunze gutegwa  n’aba bacukuzi.

Undi ati “Biremyemo umutwe ucukura amabuye mu buryo butemewe, twaza kubakuramo mu birombe bakadutema, bakadutegera mu nzira bakatwambura ibyacu.”

Bamwe mu bahohotewe n’aba bacukuzi bavuga ko hatagize igikorwa aba bacukuzi bakomeza guhohotera abantu. Umwe ati “Baranteze barantema banyambura telefone, ubu bansigiye ubumuga bukabije.”

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko inzego zitandukanye zahagurukiye iki kibazo kugira ngo gikemuke vuba.

Ati “Dufatanyije n’Ubuyobozi bw’Intara twarahahuriye mu rwego rwo kwibutsa abaturage n’abayobozi bahakorera kugira uruhare mu kurwanya biriya bikorwa bitemewe kandi barabyiyemeje. Abahakorera bafite kampani zemerewe biriya birombe zigomba gushyiraho uburyo bwo gukora mu buryo bwemewe, batakora ibitemewe hagafatwa ibyemezo.’’

Mu Ntara y’Amajyepfo habarurwa ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro bigera kuri 89 birimo 43 bicukurwa mu buryo butemewe n’amategeko, bikaba biri mu byakunze guteza impanuka, zirimo iyahitanye abantu batandatu n’ubundi yabereye mu Karere ka Huye, yanagarutsweho cyane, aho aba bantu baje kuburirwa irengero burundu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + ten =

Previous Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Next Post

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.