Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, baratungwa agatoki n’abaturage ko babatega bakabakorera urugomo, ku buryo hari n’abo bakubita bakabakomeretsa.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyaruhombo mu Murenge wa Rwaniro, bavuga ko muri aka Kagari hari ibirombi bicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan rwihishwa.

Bavuga ko uretse urugomo babakorera, n’ibikorwa byabo byangijwe n’ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Amazu yanjye yarasenyutse, imirima yacu yaragiye biratubangamiye.”

Undi ati “Nari mfite umurima none ubu sinanamenya aho uri kubera imicanga yawurenzeho icukurwa n’abo bacukura mu buryo butemewe ndetse ntiwanabavuga baguhohotera ubavuze.”

Aba baturage bavuga ko aba bacukura amabuye y’agaciro biremye itsinda rihohotera umuntu ugerageje kubavuga, dore ko na bo bari mu bakunze gutegwa  n’aba bacukuzi.

Undi ati “Biremyemo umutwe ucukura amabuye mu buryo butemewe, twaza kubakuramo mu birombe bakadutema, bakadutegera mu nzira bakatwambura ibyacu.”

Bamwe mu bahohotewe n’aba bacukuzi bavuga ko hatagize igikorwa aba bacukuzi bakomeza guhohotera abantu. Umwe ati “Baranteze barantema banyambura telefone, ubu bansigiye ubumuga bukabije.”

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko inzego zitandukanye zahagurukiye iki kibazo kugira ngo gikemuke vuba.

Ati “Dufatanyije n’Ubuyobozi bw’Intara twarahahuriye mu rwego rwo kwibutsa abaturage n’abayobozi bahakorera kugira uruhare mu kurwanya biriya bikorwa bitemewe kandi barabyiyemeje. Abahakorera bafite kampani zemerewe biriya birombe zigomba gushyiraho uburyo bwo gukora mu buryo bwemewe, batakora ibitemewe hagafatwa ibyemezo.’’

Mu Ntara y’Amajyepfo habarurwa ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro bigera kuri 89 birimo 43 bicukurwa mu buryo butemewe n’amategeko, bikaba biri mu byakunze guteza impanuka, zirimo iyahitanye abantu batandatu n’ubundi yabereye mu Karere ka Huye, yanagarutsweho cyane, aho aba bantu baje kuburirwa irengero burundu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 12 =

Previous Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Next Post

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.