Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, baratungwa agatoki n’abaturage ko babatega bakabakorera urugomo, ku buryo hari n’abo bakubita bakabakomeretsa.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nyaruhombo mu Murenge wa Rwaniro, bavuga ko muri aka Kagari hari ibirombi bicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan rwihishwa.

Bavuga ko uretse urugomo babakorera, n’ibikorwa byabo byangijwe n’ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Amazu yanjye yarasenyutse, imirima yacu yaragiye biratubangamiye.”

Undi ati “Nari mfite umurima none ubu sinanamenya aho uri kubera imicanga yawurenzeho icukurwa n’abo bacukura mu buryo butemewe ndetse ntiwanabavuga baguhohotera ubavuze.”

Aba baturage bavuga ko aba bacukura amabuye y’agaciro biremye itsinda rihohotera umuntu ugerageje kubavuga, dore ko na bo bari mu bakunze gutegwa  n’aba bacukuzi.

Undi ati “Biremyemo umutwe ucukura amabuye mu buryo butemewe, twaza kubakuramo mu birombe bakadutema, bakadutegera mu nzira bakatwambura ibyacu.”

Bamwe mu bahohotewe n’aba bacukuzi bavuga ko hatagize igikorwa aba bacukuzi bakomeza guhohotera abantu. Umwe ati “Baranteze barantema banyambura telefone, ubu bansigiye ubumuga bukabije.”

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko inzego zitandukanye zahagurukiye iki kibazo kugira ngo gikemuke vuba.

Ati “Dufatanyije n’Ubuyobozi bw’Intara twarahahuriye mu rwego rwo kwibutsa abaturage n’abayobozi bahakorera kugira uruhare mu kurwanya biriya bikorwa bitemewe kandi barabyiyemeje. Abahakorera bafite kampani zemerewe biriya birombe zigomba gushyiraho uburyo bwo gukora mu buryo bwemewe, batakora ibitemewe hagafatwa ibyemezo.’’

Mu Ntara y’Amajyepfo habarurwa ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro bigera kuri 89 birimo 43 bicukurwa mu buryo butemewe n’amategeko, bikaba biri mu byakunze guteza impanuka, zirimo iyahitanye abantu batandatu n’ubundi yabereye mu Karere ka Huye, yanagarutsweho cyane, aho aba bantu baje kuburirwa irengero burundu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Next Post

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika
FOOTBALL

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Polisi y’u Rwanda n’iya Suède zagaragaje ibishimangira umubano wazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.