• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in MU RWANDA
2
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirombe cyacukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bivugwa ko kitari kizwi, cyagwiriye abantu batandatu, byamenyekanye ko harimo n’abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Iminsi ibiri irihiritse hataraboneka abantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, aho amakuru y’iriduka ryacyo yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, ariko bikaba bivugwa ko cyaridutse ku wa Gatatu tariki 19 Mata.

Iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Gasaka mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi, bivugwa ko kitari kizwi n’ubuyobozi, ndetse n’abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta makuru ahagije bari bakiziho.

Umwe mu bagikoragamo avuga ko batangiye gucukura bahembwa ibihumbi bitandatu (6 000 Frw) ku munsi, ariko ubu bari bageze kuri 2 500 Frw.

Yavuze kandi ko batazi rwiyemezamirimo mukuru w’ubu bucukuzi, kuko na bo ubwabo nubwo bamukoreraga ariko batamuzi, icyakora akavuga ko uwo bazi wabayoboraga yitwa Leonard, ariko ko atari we rwiyemezamirimo w’ibi bikorwa.

Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, amakuru aturuka i Huye, avuga ko nubwo hitabajwe imashini zicukura kure, ariko abagwiriwe n’iki kirombe bataraboneka.

Hari amakuru avuga kandi ko muri aba bantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, harimo batatu (3) basanzwe ari abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta cyizere bafite ko aba bagwiriwe n’iki kirombe baba bakiri bazima.

Umwe mu baturage muri aka gace wavuze ko batazi iby’aya mabuye y’agaciro yacukurwagamo hano, yagize ati “Na bo ubwabo bariya bahakora, baragenda bakavoma ayo mazi, bakayora ibyo bitaka, ariko na bo ubwabo ntiwababaza ngo hakorerwamo iki, ntibazi ibivamo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Huye ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Annonciate Kankesha na we yemeje ko ubuyobozi butari buzi iby’iki kirombe ndetse ko kitemewe n’amategeko.

Ati “Ntikizwi, bari bagiye gucukura ngo bakuremo ibyo bashakaga batavuga ibyo ari byo, ariko biragaragara ko bagiyemo bitazwi, bigahita bimenyekana kuko bahezemo.”

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi buri kwegeranya amakuru no gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri ubu bucukuzi ndetse n’uwakoraga ibi bikorwa amenyekane kuko kugeza ubu atazwi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Niyomuhoza Francine says:
    3 years ago

    Imiryango yabo Bantu mukomeze kwihangana
    Hanakorwe iperereza hamenyeka uwo wacukuje icyo kirombe

    Reply
  2. Allia justine says:
    3 years ago

    bakomeze kwihangana abo babuze ababo gusa badufashe nogukomeza gutanga amakuru kugirango nyirikirombe afatwe abyozwe ibi birikuba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

ManUnited yatengushye abakunzi bayo bari bayitegerejeho ibitangaza, Maguire yongera kuba iciro ry’imigani

Next Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.