Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in MU RWANDA
2
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirombe cyacukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bivugwa ko kitari kizwi, cyagwiriye abantu batandatu, byamenyekanye ko harimo n’abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Iminsi ibiri irihiritse hataraboneka abantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, aho amakuru y’iriduka ryacyo yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, ariko bikaba bivugwa ko cyaridutse ku wa Gatatu tariki 19 Mata.

Iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Gasaka mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi, bivugwa ko kitari kizwi n’ubuyobozi, ndetse n’abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta makuru ahagije bari bakiziho.

Umwe mu bagikoragamo avuga ko batangiye gucukura bahembwa ibihumbi bitandatu (6 000 Frw) ku munsi, ariko ubu bari bageze kuri 2 500 Frw.

Yavuze kandi ko batazi rwiyemezamirimo mukuru w’ubu bucukuzi, kuko na bo ubwabo nubwo bamukoreraga ariko batamuzi, icyakora akavuga ko uwo bazi wabayoboraga yitwa Leonard, ariko ko atari we rwiyemezamirimo w’ibi bikorwa.

Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, amakuru aturuka i Huye, avuga ko nubwo hitabajwe imashini zicukura kure, ariko abagwiriwe n’iki kirombe bataraboneka.

Hari amakuru avuga kandi ko muri aba bantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, harimo batatu (3) basanzwe ari abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta cyizere bafite ko aba bagwiriwe n’iki kirombe baba bakiri bazima.

Umwe mu baturage muri aka gace wavuze ko batazi iby’aya mabuye y’agaciro yacukurwagamo hano, yagize ati “Na bo ubwabo bariya bahakora, baragenda bakavoma ayo mazi, bakayora ibyo bitaka, ariko na bo ubwabo ntiwababaza ngo hakorerwamo iki, ntibazi ibivamo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Huye ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Annonciate Kankesha na we yemeje ko ubuyobozi butari buzi iby’iki kirombe ndetse ko kitemewe n’amategeko.

Ati “Ntikizwi, bari bagiye gucukura ngo bakuremo ibyo bashakaga batavuga ibyo ari byo, ariko biragaragara ko bagiyemo bitazwi, bigahita bimenyekana kuko bahezemo.”

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi buri kwegeranya amakuru no gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri ubu bucukuzi ndetse n’uwakoraga ibi bikorwa amenyekane kuko kugeza ubu atazwi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Niyomuhoza Francine says:
    3 years ago

    Imiryango yabo Bantu mukomeze kwihangana
    Hanakorwe iperereza hamenyeka uwo wacukuje icyo kirombe

    Reply
  2. Allia justine says:
    3 years ago

    bakomeze kwihangana abo babuze ababo gusa badufashe nogukomeza gutanga amakuru kugirango nyirikirombe afatwe abyozwe ibi birikuba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

ManUnited yatengushye abakunzi bayo bari bayitegerejeho ibitangaza, Maguire yongera kuba iciro ry’imigani

Next Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.