Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in MU RWANDA
2
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirombe cyacukurwamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bivugwa ko kitari kizwi, cyagwiriye abantu batandatu, byamenyekanye ko harimo n’abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Iminsi ibiri irihiritse hataraboneka abantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, aho amakuru y’iriduka ryacyo yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, ariko bikaba bivugwa ko cyaridutse ku wa Gatatu tariki 19 Mata.

Iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Gasaka mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi, bivugwa ko kitari kizwi n’ubuyobozi, ndetse n’abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta makuru ahagije bari bakiziho.

Umwe mu bagikoragamo avuga ko batangiye gucukura bahembwa ibihumbi bitandatu (6 000 Frw) ku munsi, ariko ubu bari bageze kuri 2 500 Frw.

Yavuze kandi ko batazi rwiyemezamirimo mukuru w’ubu bucukuzi, kuko na bo ubwabo nubwo bamukoreraga ariko batamuzi, icyakora akavuga ko uwo bazi wabayoboraga yitwa Leonard, ariko ko atari we rwiyemezamirimo w’ibi bikorwa.

Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, amakuru aturuka i Huye, avuga ko nubwo hitabajwe imashini zicukura kure, ariko abagwiriwe n’iki kirombe bataraboneka.

Hari amakuru avuga kandi ko muri aba bantu batandatu bagwiriwe n’iki kirombe, harimo batatu (3) basanzwe ari abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko nta cyizere bafite ko aba bagwiriwe n’iki kirombe baba bakiri bazima.

Umwe mu baturage muri aka gace wavuze ko batazi iby’aya mabuye y’agaciro yacukurwagamo hano, yagize ati “Na bo ubwabo bariya bahakora, baragenda bakavoma ayo mazi, bakayora ibyo bitaka, ariko na bo ubwabo ntiwababaza ngo hakorerwamo iki, ntibazi ibivamo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Huye ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Annonciate Kankesha na we yemeje ko ubuyobozi butari buzi iby’iki kirombe ndetse ko kitemewe n’amategeko.

Ati “Ntikizwi, bari bagiye gucukura ngo bakuremo ibyo bashakaga batavuga ibyo ari byo, ariko biragaragara ko bagiyemo bitazwi, bigahita bimenyekana kuko bahezemo.”

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi buri kwegeranya amakuru no gukora iperereza kugira ngo hamenyekane ibirambuye kuri ubu bucukuzi ndetse n’uwakoraga ibi bikorwa amenyekane kuko kugeza ubu atazwi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Niyomuhoza Francine says:
    3 years ago

    Imiryango yabo Bantu mukomeze kwihangana
    Hanakorwe iperereza hamenyeka uwo wacukuje icyo kirombe

    Reply
  2. Allia justine says:
    3 years ago

    bakomeze kwihangana abo babuze ababo gusa badufashe nogukomeza gutanga amakuru kugirango nyirikirombe afatwe abyozwe ibi birikuba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

ManUnited yatengushye abakunzi bayo bari bayitegerejeho ibitangaza, Maguire yongera kuba iciro ry’imigani

Next Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.