Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside

radiotv10by radiotv10
26/01/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bimwe ibyangombwa by’imitungo yabo kuko hari ababo bafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe muri aba baturage, babwiye RADIOTV1O, bavuga ko kuva hatangira gahunda yo kwandikisha ubutaka batigeze bemererwa kububaruza nk’abandi.

Bavuga ko uwageragezaga kujya kwandikisha ubutaka, yabwirwaga ko atahabwa ibyangombwa kuko hari uwe ufungiye icyaha cya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Hari n’aho bituyobera nkanjye mfite umugabo ufunze nta n’ibyangombwa by’ubutaka twemerewe gufata. Mwazatubariza niba twebwe tutari Abanyarwanda. Niba bafunze ntabwo twabirenganiramo nk’imiryango yabo.”

Undi yagize ati “Mama akimara gufungwa twagiye ku murenge kubaza ibyangombwa, ushinzwe iby’ubutaka yaratubwiye ati ‘kuva uwo mubyeyi wanyu akiriho, ubwo butaka buracyari ku izina rye’.”

Aba baturage bavuga ko ibi byatumye imiryango yabo ihura n’ubukene bukabije kuko batabasha gutanga ubutaka bwabo mo ingwate cyangwa ngo ushaka kugura abashe kuba yabikora.

Ati “Ubu ntaho twajya gusaba serivisi cyangwa ngo tuvuge ngo ubutaka ni ubwanjye reka wenda mbe nanakebaho gatoya mbe nakemura ikibazo naba mfite, urumva ntacyangombwa mfite ntabwo byashoboka.”

Aba baturage bavuga ko ibi byanagize ingaruka mu gusenya imwe mu miryango kuko hari aho abana bakomoka kuri aba bafungiye Jenoside bahisemo gutorongera ndetse bamwe mu bari barashakanye na bo bakajya kwishakira abandi bagabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidel avuga ko nubwo bariya bantu babo bafunzwe ariko bafite irangamuntu ku buryo kwandikisha ubutaka bwabo.

Agira inama abafite iki kibazo kujya ku biro bishinzwe ubutaka bitwaje nimero z’irangamuntu z’abo bantu bafunzwe ari na bo ba nyiri ubutaka kugira ngo bubarurwe.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 16 =

Previous Post

Karongi: Abanyeshuri 13 bari bahunze inkingo bakaburirwa irengero babonetse inzara yenda kubahitana

Next Post

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.