Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside

radiotv10by radiotv10
26/01/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bimwe ibyangombwa by’imitungo yabo kuko hari ababo bafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe muri aba baturage, babwiye RADIOTV1O, bavuga ko kuva hatangira gahunda yo kwandikisha ubutaka batigeze bemererwa kububaruza nk’abandi.

Bavuga ko uwageragezaga kujya kwandikisha ubutaka, yabwirwaga ko atahabwa ibyangombwa kuko hari uwe ufungiye icyaha cya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Hari n’aho bituyobera nkanjye mfite umugabo ufunze nta n’ibyangombwa by’ubutaka twemerewe gufata. Mwazatubariza niba twebwe tutari Abanyarwanda. Niba bafunze ntabwo twabirenganiramo nk’imiryango yabo.”

Undi yagize ati “Mama akimara gufungwa twagiye ku murenge kubaza ibyangombwa, ushinzwe iby’ubutaka yaratubwiye ati ‘kuva uwo mubyeyi wanyu akiriho, ubwo butaka buracyari ku izina rye’.”

Aba baturage bavuga ko ibi byatumye imiryango yabo ihura n’ubukene bukabije kuko batabasha gutanga ubutaka bwabo mo ingwate cyangwa ngo ushaka kugura abashe kuba yabikora.

Ati “Ubu ntaho twajya gusaba serivisi cyangwa ngo tuvuge ngo ubutaka ni ubwanjye reka wenda mbe nanakebaho gatoya mbe nakemura ikibazo naba mfite, urumva ntacyangombwa mfite ntabwo byashoboka.”

Aba baturage bavuga ko ibi byanagize ingaruka mu gusenya imwe mu miryango kuko hari aho abana bakomoka kuri aba bafungiye Jenoside bahisemo gutorongera ndetse bamwe mu bari barashakanye na bo bakajya kwishakira abandi bagabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidel avuga ko nubwo bariya bantu babo bafunzwe ariko bafite irangamuntu ku buryo kwandikisha ubutaka bwabo.

Agira inama abafite iki kibazo kujya ku biro bishinzwe ubutaka bitwaje nimero z’irangamuntu z’abo bantu bafunzwe ari na bo ba nyiri ubutaka kugira ngo bubarurwe.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Karongi: Abanyeshuri 13 bari bahunze inkingo bakaburirwa irengero babonetse inzara yenda kubahitana

Next Post

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.