Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside

radiotv10by radiotv10
26/01/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Hari abavuga ko bimwe ibyangombwa by’ubutaka kuko ababo bafungiye Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bimwe ibyangombwa by’imitungo yabo kuko hari ababo bafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bamwe muri aba baturage, babwiye RADIOTV1O, bavuga ko kuva hatangira gahunda yo kwandikisha ubutaka batigeze bemererwa kububaruza nk’abandi.

Bavuga ko uwageragezaga kujya kwandikisha ubutaka, yabwirwaga ko atahabwa ibyangombwa kuko hari uwe ufungiye icyaha cya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Hari n’aho bituyobera nkanjye mfite umugabo ufunze nta n’ibyangombwa by’ubutaka twemerewe gufata. Mwazatubariza niba twebwe tutari Abanyarwanda. Niba bafunze ntabwo twabirenganiramo nk’imiryango yabo.”

Undi yagize ati “Mama akimara gufungwa twagiye ku murenge kubaza ibyangombwa, ushinzwe iby’ubutaka yaratubwiye ati ‘kuva uwo mubyeyi wanyu akiriho, ubwo butaka buracyari ku izina rye’.”

Aba baturage bavuga ko ibi byatumye imiryango yabo ihura n’ubukene bukabije kuko batabasha gutanga ubutaka bwabo mo ingwate cyangwa ngo ushaka kugura abashe kuba yabikora.

Ati “Ubu ntaho twajya gusaba serivisi cyangwa ngo tuvuge ngo ubutaka ni ubwanjye reka wenda mbe nanakebaho gatoya mbe nakemura ikibazo naba mfite, urumva ntacyangombwa mfite ntabwo byashoboka.”

Aba baturage bavuga ko ibi byanagize ingaruka mu gusenya imwe mu miryango kuko hari aho abana bakomoka kuri aba bafungiye Jenoside bahisemo gutorongera ndetse bamwe mu bari barashakanye na bo bakajya kwishakira abandi bagabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidel avuga ko nubwo bariya bantu babo bafunzwe ariko bafite irangamuntu ku buryo kwandikisha ubutaka bwabo.

Agira inama abafite iki kibazo kujya ku biro bishinzwe ubutaka bitwaje nimero z’irangamuntu z’abo bantu bafunzwe ari na bo ba nyiri ubutaka kugira ngo bubarurwe.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Karongi: Abanyeshuri 13 bari bahunze inkingo bakaburirwa irengero babonetse inzara yenda kubahitana

Next Post

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Related Posts

6 Fruits you should eat after every meal

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Eating fruits after meals is a simple way to stay healthy. Fruits help your body digest food, give you energy,...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.