Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

radiotv10by radiotv10
28/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bavuga ko ivomero ry’amazi meza bari begerejwe, ryafunze rimaze ukwezi kumwe gusa, none byatumye basubira kuvoma amazi mabi yo mu bishanga no mu bidendezi.

Iri vomero ryavomwagaho n’abo mu Midugudu ya Gahondo na Mukuzanyana yo mu Kagari ka Sazange uyu Murenge wa Kinazi, aho bavuga ko ubwo ryafungurwaga bari babyishimiye.

Mukamanzi Alphonsine yagize ati “Twari twizeye ko tubonye amazi hafi nyuma uwavomeshaga arigendera bahita bayafunga dusubira kuvoma ay’ibishanga mabi, ubu amezi abaye abiri barifunze.”

Aba baturage bavuga ko bumva amakuru avuga ko imfunguzo z’iri vomero zifitwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Sazange, Jean Paul Minani.

Umuturage witwa Alphonse na we ati “Ubu tujya kuvoma mu bishanga kandi twarahoranye amazi meza. Bibaye byiza badufungurira ivomo tukajya tuvoma amazi meza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko agiye kugikurikirana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Sazange, Jean Paul Minani avuga ko gufungwa kw’iri vomeri byatewe no kuba uwayavomeshaga yaragiye, bigatuma ubuyobozi butegereza ko umukozi wa WASA abanza kubara umwenda yari arimo kugirango babone gushaka undi ukomeza izi nshingano.

Ati “Hari hategerejwe umukozi wa WASA ngo abarure ideni uwo wavomeshaga yasigayemo hanyuma tubone kuriha undi uzajya arivomeshaho.”

Ababaturage bo muri aka gace, basaba ko mu gihe bahawe ibikorwa remezo nk’ibi bajya bafashwa bikaramba, kuko atari rimwe cyangwa kabiri babihabwa ariko ntibimare kabiri bidahagaze.

Iri vomero ryafunze rimaze ukwezi kumwe gusa rifunguye
Ubu ni ryo urubyiruko rujya kuruhukiraho
Abaturage bavuga ko rikwiye kongera rigafungura kuko ryari ribafatiye runini
Ntibumva ikibura ngo bongere bavome amazi meza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    5 months ago

    amazi ni ubuzima. wasac ishyiremo agatege. nyabuna kugeza amazi ku baturage ni ingirakamari.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Next Post

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.