Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bavuga ko ivomero ry’amazi meza bari begerejwe, ryafunze rimaze ukwezi kumwe gusa, none byatumye basubira kuvoma amazi mabi yo mu bishanga no mu bidendezi.
Iri vomero ryavomwagaho n’abo mu Midugudu ya Gahondo na Mukuzanyana yo mu Kagari ka Sazange uyu Murenge wa Kinazi, aho bavuga ko ubwo ryafungurwaga bari babyishimiye.
Mukamanzi Alphonsine yagize ati “Twari twizeye ko tubonye amazi hafi nyuma uwavomeshaga arigendera bahita bayafunga dusubira kuvoma ay’ibishanga mabi, ubu amezi abaye abiri barifunze.”
Aba baturage bavuga ko bumva amakuru avuga ko imfunguzo z’iri vomero zifitwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Sazange, Jean Paul Minani.
Umuturage witwa Alphonse na we ati “Ubu tujya kuvoma mu bishanga kandi twarahoranye amazi meza. Bibaye byiza badufungurira ivomo tukajya tuvoma amazi meza.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko agiye kugikurikirana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Sazange, Jean Paul Minani avuga ko gufungwa kw’iri vomeri byatewe no kuba uwayavomeshaga yaragiye, bigatuma ubuyobozi butegereza ko umukozi wa WASA abanza kubara umwenda yari arimo kugirango babone gushaka undi ukomeza izi nshingano.
Ati “Hari hategerejwe umukozi wa WASA ngo abarure ideni uwo wavomeshaga yasigayemo hanyuma tubone kuriha undi uzajya arivomeshaho.”
Ababaturage bo muri aka gace, basaba ko mu gihe bahawe ibikorwa remezo nk’ibi bajya bafashwa bikaramba, kuko atari rimwe cyangwa kabiri babihabwa ariko ntibimare kabiri bidahagaze.




Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10
amazi ni ubuzima. wasac ishyiremo agatege. nyabuna kugeza amazi ku baturage ni ingirakamari.