Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
17/05/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo mu mutwe, bavuga ko asanzwe ari umunyarugomo.

Ni Mazimpaka François usanzwe afite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ ukekwaho kwica mugenzi we Muhaturukundo Eliab amuhoye kuba yari yanze kumwishyura 300 Frw y’icupa ry’inzoga yari amaze kunywa.

Abazi uyu François, bavuga ko asanzwe ari umunyarugomo, ndetse ko akunze kugirana amakimbirane n’abaturanyi be muri aka gace yari ataramaramo igihe dore ko yaje ahimukiye.

Ndagijimana Philippe ati “Uwo mugabo wakubise inyundo umuturanyi we asanzwe yitwara nabi, yagiraga urugomo kuko nanjye yashatse kungirira nabi  ndetse hari n’abantu benshi yagiye ashaka gukubita akababwira ko azabica.”

Nkusi Emmanuel avuga ko uyu Francois wishe umuturanyi we yakundaga  gushwana n’abaturanyi be dore ko ngo hari n’uwo aherutse gushaka gukubita ishoka ntiyamufata ndetse n’abandi ngo yajyaga yirirwa atera ubwoba ababwira ko azabica.’

Amakuru avuga kandi ko nta gihe kinini gishize afunguwe, kandi ko na bwo yari yafungiwe urugomo, abaturanyi bagasaba ko yahanwa hakurikijwe amategeko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney yatangaje ko uyu mugabo yishe mugenzi we nyuma yo gutonganira mu kabari k’uyu ukekwaho kwica mugenzi we.

Ati “Hashize akanya umwe arasohoka ajya kuzana inyundo  iwe  yayihishe ayikubita mugenzi we abantu baratabara. Uwakubiswe yahise ajyanwa kwa muganga yitaba Imana nka saa munani z’ijoro.”

Mukarugambwa Marie wari aha habereye uru rugomo, rwahitanye ubuzima bw’umuturage, yavuze ko ubwo uyu ukekwaho gukubita inyundo mugenzi we yari amaze kubikora, abari aho bahise bagira ubwoba.

Yagize ati “Duhita dusohoka tuvuza induru, na we ahita agenda yikingirana mu nzu abantu barahurura inzego z’ubuyobozi na zo zihita zihagera ziramujyana ndetse n’uwakubiswe inyundo ahita ajyanwa kwa muganga.”

Umurambo wa Nyakwigendera Muhaturukundo Eliab wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabutare, mu gihe Mazimpaka Francois wari wabanje kugerageza kwiyahura anyoye imiti yica udukoko, akaba yabanje kujyanwa kwa muganga akaza gutabwa muri yombi.

Abaturanyi bavuga ko ukekwaho kwica mugenzi we asanzwe arangwa n’ugugomo rwinshi
Bashenguwe n’urupfu rw’umuturanyi wabo
Bavuga ko byabateye ubwoba
Bari mu gahinda kenshi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Next Post

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.