Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
17/05/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo mu mutwe, bavuga ko asanzwe ari umunyarugomo.

Ni Mazimpaka François usanzwe afite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ ukekwaho kwica mugenzi we Muhaturukundo Eliab amuhoye kuba yari yanze kumwishyura 300 Frw y’icupa ry’inzoga yari amaze kunywa.

Abazi uyu François, bavuga ko asanzwe ari umunyarugomo, ndetse ko akunze kugirana amakimbirane n’abaturanyi be muri aka gace yari ataramaramo igihe dore ko yaje ahimukiye.

Ndagijimana Philippe ati “Uwo mugabo wakubise inyundo umuturanyi we asanzwe yitwara nabi, yagiraga urugomo kuko nanjye yashatse kungirira nabi  ndetse hari n’abantu benshi yagiye ashaka gukubita akababwira ko azabica.”

Nkusi Emmanuel avuga ko uyu Francois wishe umuturanyi we yakundaga  gushwana n’abaturanyi be dore ko ngo hari n’uwo aherutse gushaka gukubita ishoka ntiyamufata ndetse n’abandi ngo yajyaga yirirwa atera ubwoba ababwira ko azabica.’

Amakuru avuga kandi ko nta gihe kinini gishize afunguwe, kandi ko na bwo yari yafungiwe urugomo, abaturanyi bagasaba ko yahanwa hakurikijwe amategeko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney yatangaje ko uyu mugabo yishe mugenzi we nyuma yo gutonganira mu kabari k’uyu ukekwaho kwica mugenzi we.

Ati “Hashize akanya umwe arasohoka ajya kuzana inyundo  iwe  yayihishe ayikubita mugenzi we abantu baratabara. Uwakubiswe yahise ajyanwa kwa muganga yitaba Imana nka saa munani z’ijoro.”

Mukarugambwa Marie wari aha habereye uru rugomo, rwahitanye ubuzima bw’umuturage, yavuze ko ubwo uyu ukekwaho gukubita inyundo mugenzi we yari amaze kubikora, abari aho bahise bagira ubwoba.

Yagize ati “Duhita dusohoka tuvuza induru, na we ahita agenda yikingirana mu nzu abantu barahurura inzego z’ubuyobozi na zo zihita zihagera ziramujyana ndetse n’uwakubiswe inyundo ahita ajyanwa kwa muganga.”

Umurambo wa Nyakwigendera Muhaturukundo Eliab wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabutare, mu gihe Mazimpaka Francois wari wabanje kugerageza kwiyahura anyoye imiti yica udukoko, akaba yabanje kujyanwa kwa muganga akaza gutabwa muri yombi.

Abaturanyi bavuga ko ukekwaho kwica mugenzi we asanzwe arangwa n’ugugomo rwinshi
Bashenguwe n’urupfu rw’umuturanyi wabo
Bavuga ko byabateye ubwoba
Bari mu gahinda kenshi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Next Post

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.