Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Ibyo batungaho agatoki ishuri kutababera umuturanyi mwiza ubuyobozi bubivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Ibyo batungaho agatoki ishuri kutababera umuturanyi mwiza ubuyobozi bubivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye ishuri ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga amazi aturuka muri iri shuri, abangiriza, kuko ubuyobozi bwaryo butashyizeho uburyo bwo kuyafata cyangwa ngo buyashakire inzira, mu gihe ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko buheruka iki kibazo cyarakemutse.

Aba baturage bavuga ko aya mazi ava ku bisenge by’iri shuri mu bice by’imvura, aruhukira mu ngo zabo, no mu mirima, akabangiriza.

Misago Emmanuel agira ati “Amazi aturuka muri ririya shuri ni menshi cyane, ashoka aza hano mu rugo iwanjye akinjira mu nzu. Iyo imvura iguye turasohoka twirinda ko ko amazi yadutwara. Njya nsohoka mu nzu amazi yanteye akananirana burundu.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo batahwemye kukimenyesha inzego, ariko ko zakomeje kubarangarana, ku buryo hatagize igikorwa, aya mazi ashobora no guteza ibindi bibazo dore ko hari n’uwo yasenyeye.

Uwimana Console ati “Iki kibazo kirazwi, hatagize igikorwa yazadusenyera burundu barebe uko babigenza badufashe bashyireho ibigega ndetse banayashakire inzira.”

Niyitanga Emmanuel na we yagize ati “Ubushize amazi yaraje adusenyera inzu ndetse anadutwarira amatungo kuko hari n’aho yishe inkoko z’umuturage.”

Umuyobozi wAkarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko yari azi ko iki kibazo cyakemutse, kuko ubwo bakimenyeshwaga, cyari cyahawe umurongo.

Ati “Hari byinshi byakozwe mu gukemura icyo kibazo nko gushyiraho bimwe mu bigega. Habaye hakiri ikibazo na cyo cyasuzumwa kigakemurwa, ubuyobozi bw’ishuri bufatanyije n’abaturage hakanategurwa n’imiganda yo kuyobora amazi.”

Abaturage baturiye ishuri bavuga mu gihe hubakwa amashuri hakabaye hanatekerezwa no gushyiraho uburyo bwo gufata amazi kugira ngo atangiriza abaturage.

Aba baturage batunga agatoki iri shuri kutababanira
Amazi arivamo aruhukira mu ngo zabo
N’imirima yabo yarangiritse

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 7 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye abarimo Emelyne bajyanwa mu Kigo Ngororamuco nyuma yo gutabwa muri yombi

Next Post

Njye narabibonaga-P.Kagame mu nama itabonetsemo Tshisekedi yagaragaje intandaro yo gukaza umurindi kw’ibyo muri Congo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Njye narabibonaga-P.Kagame mu nama itabonetsemo Tshisekedi yagaragaje intandaro yo gukaza umurindi kw’ibyo muri Congo

Njye narabibonaga-P.Kagame mu nama itabonetsemo Tshisekedi yagaragaje intandaro yo gukaza umurindi kw’ibyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.