Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

radiotv10by radiotv10
12/06/2021
in SIPORO
0
HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cy’uyu wa gatandatu tariki 12 Kamena 2021 mu kigo cya RP-IPRC Huye hatashwe ikibuga cya Basketball baheruka kuzuza, ikibuga cyujuje ibisabwa cyatwaye ingengo y’imari ya miliyoni mirongo itanu z’amafaranga y’u Rwanda (50,000,000 FRW).

Mu ijambo ryo guha ikaze abari bitabiriye ibirori byo gufungura ikibuga cya Basketball cya RP-IPRC Huye, umuyobozi w’iri shuri, Dr Major Twabagira Bernabé yavuze ko muri gahunda bafite yo guteza imbere siporo basanze bagomba kubanza kugira ibikorwa remezo byujuje ibisabwa kugira ngo babone aho bahera bazamure ireme rya siporo muri iki gikorwa.

Muri ibi birori byo gutaha ku mugaragaro iki kibuga, guverineri w’intara y’amajyepfo, Kayitesi Alice wari umushyitsi mukuru, yashimye abakozi n’abanyeshuri ba

RP-IPRC Huye ku gushyirahamwe bagaragaza mu guteza imbere imikino. Guverineri Kayitesi yashimye iki kibuga cyujuje ibisabwa kandi ko kizafasha mu kuzamura impano nshya.

Guverineri Kayitesi Alice yizeye ko mu gihe ibikorwa remezo bikomeza kwiyongera bizajya binazamura urwego rw’imyidagaduro biciye muri siporo.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya siporo, Shema Maboko Didier nawe yunze mu rya guverineri ashima iki kibuga anavuga ko ari amahirwe akomeye ku itera mbere rya siporo kuba ibikorwa remezo bikomeza kwiyongera.

“Minisiteri ya siporo twishimiye ko uyu munsi mufite amakipe akomeye mukaba mushoboye no kubaka ikibuga nk’iki kizabafasha mu gukomeza guteza imbere impano zasiporo ” Shema Maboko Didier

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), Mugwiza Désiré, umuyobozi wa tekine muri FERWABA, Moise Mutokambali na Sheikh Sarr umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball (Abagaore n’abagabo), bose bari muri iki gikorwa.

RP-IPRC Huye ni kimwe mu mashuri ahagaze neza muri siporo kuko kugeza ubu ikipe yabo y’abari n’abategarugori ihatanira ibikombe muri Basketball dore ko ari nayo ibitse igikombe cy’irushanwa ribanziriza shampiyona 2020-2021.Muri RP-IPRC Huye kandi banafite ikipe y’abagabo ihatana mu cyiciro cya mbere.

YANDITSWE NA: Sadam MIHIGO/Radio&TV10 Rwanda

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Ngororero: Abaturage ntibemeranya na meya uhakana ko batazonzwe n’inzara

Next Post

Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.