Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Montenegro, hari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umuntu w’umunebwe kurusha abandi, aho abaryitabiriye, bari kuryama ntacyo bakora, ngo bagaragaze ko ubunebwe ari ibintu byabo.

Umwaka ushize, irushanwa nk’iri ryarabaye muri iki Gihugu gito cyo ku Mugabane w’u Burwayi, ryegukanywe n’uwamaze amasaha 117 aryamye, aho yabaye uwo mu gace ka Brezna.

Ubu hari gushakwa umuhigika, akarenza ayo masaha aryamye ntacyo akora, ubundi akanegukana igihembo cy’Ama-Euro 1 000.

Abari muri iri rushanwa, basabwa kuryama bigaragara ko bafite ubunebwe, ku buryo uhagurutse cyangwa akicara, aba yishe amabwiriza, agahita asezererwa mu irushanwa.

Gusa abahiganwa bemererwa iminota 10’ yo kujya kwikiranura n’umubiri, bakajya mu bwiherero, ariko iyi minota bakayihabwa nyuma y’amasaha umunani, baryamye.

Ikindi ni uko aba bahatana bemerewe gukoresha telefone na mudasobwa, ariko bakabikoresha baryamye.

Flip Knezevic w’imyaka 23 uturuka mu mujyi wa Mojkovac, witabiriye iri rushanwa, yavuze ko yizeye kuryegukana. Ati “Dufite buri kimwe twifuza. Abateguye irushanwa bariteguye neza ndabona igihe kiri kwihuta.”

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda
MU RWANDA

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.