• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

radiotv10by radiotv10
22/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse n’ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi wavuze ko Ihuriro AFC/M23 rigomba kuva mu bice byose ryafashe.

Ni imyigaragambyo yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Ukuboza 2025, aho Abanyekongo benshi bigabije imihanda mu bice binyuranye by’uyu mujyi ugiye kuzuza umwaka ugenzurwa na AFC/M23.

Ni imyigaragambyo ibaye nyuma yuko Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUSCO) zongerewe igihe zikageza tariki 20 Ukuboza 2026.

Nanone kandi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwe, aho yongeye kuvuga ko rifashwa n’u Rwanda, ngo rigomba kurekura ibice byose ryafashe.

Ibi byatumye bamwe mu Banyekongo baba mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, bagira umujinya mwinshi, kuko bamaze kubona itandukaniro ryo kuba mu bice bigenzurwa n’iri huriro n’ibiri mu maboko ya Leta, bakavuga ko ibyatangajwe na Tshisekedi “akwiye kubivuga avuye aho” kuko bamaze kubona amahoro batigeze bagira mbere.

Aba Banyekongo bo mu Mujyi wa Goma kandi, bari kugaragaza agahinda batewe no kuba iri Huriro ryarekuye Umujyi wa Uvira, bakavuga ko batewe impungenge na bagenzi babo bo muri uriya mujyi bagiye kongera gusubira mu bibazo nyamara bari bagiye kubona agahenge.

Ubwo AFC/M23 yatangazaga ko igiye gukura abasirikare bayo mu Mujyi wa Uvira, n’ubundi abatuye muri uriya mujyi bahise birara mu mihanda, bamagana icyo cyemezo, kuko bari batangiye gusogongera ku mahoro n’umutekano bari bazaniwe n’iri huriro.

Gusa iri Huriro ryabizeje ko “ritabasize iheruheru” kuko ryari ryasabye ko uyu mujyi urindirwa umutekano n’ingabo zidafite aho zibogamiye kugira ngo ryizere ko abawutuye bazakomeza gutekana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 15 =

Previous Post

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Next Post

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Related Posts

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/07/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi cyamuritse intwaro zikomeye mu karasisi kakozwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 iki Gihugu kimaze kibonye...

Next Post
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.