Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in MU RWANDA
0
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye mu bisindisha kuko banywa inzoga zitagira ingabo ubundi zikabashora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage.

Iki kibazo kivugwa cyane mu Isantere bise iya Kigali no mu kandi gace kiswe Ruhengeri, hose haherereye mu Mudugudu wa Kiroli mu Kagari ka Murara mu Murenge wa Rubavu.

Abatuye muri iyi santere, bavuga ko aba bana b’abakobwa bananiye ababyeyi babo ubundi bakishora mu businzi, aho banywa inzoga y’urwagwa, ubundi bamara gusinda bagakora ibidakorwa.

Imaniranzi Coco yagize ati “Bigize indaya. A bakobwa bafite imyaka mike kuva kuri cumi n’ibiri (12) bakabaye bari mu mashuri ariko bakarara bagenda, bakanywa inzoga bagasinda bagateza umutekano mucye mu buryo bukomeye.”

Ngizwenimana Jean Claude usanzwe ari Inshuti y’Umuryango yo mu Mudugudu wa Kiroji, avuga ko nk’abakorera uru rwego rusanzwe ruhwitura abantu, ntako batagize ngo bagire inama aba bana, ariko ko byananiranye.

Yagize ati “Ni Leta yakigiramo imbaraga, twe twaravuze twarananiwe kuko twabitangiye raporo ku Kagari no ku Murenge barabizi no ku Karere.”

Umukecuru ufite umwuzukuru we arera wishoye muri izi ngeso, atunga agatoki abagore bakuze, kuba ari bo bashora aba bana b’abakobwa kubashora muri ibi bidakwiye.

Ati “Bashukwa n’abagore bakuru bakaboshya ngo bari kubakorera kumbe bari kubacuruza. Njyewe narumiwe bafata abana b’abakobwa ngo muze tubereke nyashi, uwanjye bamaze kumugira ikirara, yarigaga ava mu ishuri, ubu rero nta karimo yakora ni ukuza saa sita z’ijoro ngo kingura n’amadirishya akayamena.”

Bamwe mu bagore bashyirwa mu majwi ko bafatanya n’aba bana izi ngeso z’uburaya, bo barabihakana bakagaragaza ko ahubwo na bo batazi aho abo bana bangirikiye.

Umwe yagize ati “Natwe tukagendera muri iyo kipe ngo turi indaya kandi tutari zo kubera ko duhuriye mu kabari n’abo bana ba ‘Sunika Simbabara’ kandi ari nk’uku nacuruje nkunguka nk’igihumbi nkaba ndi gusoma agacupa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise buhakana iki kibazo, akavuga ko hari abakobwa bakuru bigeze kuza muri ako gace gucuruza mu tubari ariko ko nabo ubuyobozi bwabirukanye.

Ati “Cyokora hari abakobwa bigeze kuza baje gucuruza mu tubari hashize igihe kinini kandi bari indaya z’abakobwa bakuru, ariko tubona utwo tubari ni imyanda turabirukana.”

Gusa yemereye umunyamakuru ko Ubuyobozi bugiye kongera gukora ubugenzuzi kuri iki kibazo kugira ngo burebe niba hari abashobora gutana bakajya muri izo ngeso, bityo bafashwe gusubira ku murongo muzima.

Ngo baba banyoye urwagwa rukabasindisha
Bamwe muri bo baravugwaho ingeso mbi
Bakanateza umutekano mucye mu rusisiro

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Next Post

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru 'Fatakumavuta'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.