Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hakuzimana Abdul Rashid wiyita Umunyapolitiki ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku magambo akarishye yavugiraga kuri YouTube, yandikiye Urukiko arusaba ko yaburanishwa ari mu rukiko aho kuba ku ikoranabuhanga bituma urubanza rw’ubujurire bwe rusubikwa.

Hakuzimana Abdul Rashid uherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akajuririr Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yagombaga kuburana ubujurire bwe kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagombaga kuburanisha ubu bujurire, rwavuze ko rwabonye ibaruwa ya Hakuzimana Abdul Rashid ivuga ko atifuza kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga ahubwo ko ashaka kwiyizira mu cyumba cy’urukiko.

Umucamanza watangaje ibi, yavuze ko Ubusabe bwa Hakuzimana Abdul Rashid buzasuzumwa n’Ubuyobozi bw’Urukiko bukabufataho icyemezo.

Urukiko rwahise rutangaza ko urubanza ruregwamo uyu mugabo wiyita Umunyapolitiki rusubitswe rukazasubukurwa tariki 20 Mutarama 2022.

Hakuzimana Abdul Rashid wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo tariki 22 Ugushyingo 2021, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo Gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Gukurura amacakubiri muri rubanda, Gukwirakwiza ibihuha yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Uyu mugabo wagiye ahamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukanabanza kumuganiriza rumugira inama ko ibyo yavugiraga kuri YouTube birimo ibigize ibyaha, yakunze kuvuga ko adateze guceceka.

Nyuma yo guhamagazwa akagirwa inama, yakomeje gutanga ibiganiro kuri YouTube aho yumvikanye rimwe avuga amagambo agize ibyaha byo gupfobya nk’aho yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi bikwiye guhagaragara ndetse n’andi magamba anyuranye n’umurongo w’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 13 =

Previous Post

Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Next Post

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.