Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hakuzimana Abdul Rashid wiyita Umunyapolitiki ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku magambo akarishye yavugiraga kuri YouTube, yandikiye Urukiko arusaba ko yaburanishwa ari mu rukiko aho kuba ku ikoranabuhanga bituma urubanza rw’ubujurire bwe rusubikwa.

Hakuzimana Abdul Rashid uherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akajuririr Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yagombaga kuburana ubujurire bwe kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagombaga kuburanisha ubu bujurire, rwavuze ko rwabonye ibaruwa ya Hakuzimana Abdul Rashid ivuga ko atifuza kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga ahubwo ko ashaka kwiyizira mu cyumba cy’urukiko.

Umucamanza watangaje ibi, yavuze ko Ubusabe bwa Hakuzimana Abdul Rashid buzasuzumwa n’Ubuyobozi bw’Urukiko bukabufataho icyemezo.

Urukiko rwahise rutangaza ko urubanza ruregwamo uyu mugabo wiyita Umunyapolitiki rusubitswe rukazasubukurwa tariki 20 Mutarama 2022.

Hakuzimana Abdul Rashid wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo tariki 22 Ugushyingo 2021, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo Gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Gukurura amacakubiri muri rubanda, Gukwirakwiza ibihuha yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Uyu mugabo wagiye ahamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukanabanza kumuganiriza rumugira inama ko ibyo yavugiraga kuri YouTube birimo ibigize ibyaha, yakunze kuvuga ko adateze guceceka.

Nyuma yo guhamagazwa akagirwa inama, yakomeje gutanga ibiganiro kuri YouTube aho yumvikanye rimwe avuga amagambo agize ibyaha byo gupfobya nk’aho yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi bikwiye guhagaragara ndetse n’andi magamba anyuranye n’umurongo w’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 14 =

Previous Post

Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Next Post

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe
FOOTBALL

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.