Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibaruwa itunguranye ya Rashid yatumye urubanza rwe rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hakuzimana Abdul Rashid wiyita Umunyapolitiki ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku magambo akarishye yavugiraga kuri YouTube, yandikiye Urukiko arusaba ko yaburanishwa ari mu rukiko aho kuba ku ikoranabuhanga bituma urubanza rw’ubujurire bwe rusubikwa.

Hakuzimana Abdul Rashid uherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akajuririr Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yagombaga kuburana ubujurire bwe kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagombaga kuburanisha ubu bujurire, rwavuze ko rwabonye ibaruwa ya Hakuzimana Abdul Rashid ivuga ko atifuza kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga ahubwo ko ashaka kwiyizira mu cyumba cy’urukiko.

Umucamanza watangaje ibi, yavuze ko Ubusabe bwa Hakuzimana Abdul Rashid buzasuzumwa n’Ubuyobozi bw’Urukiko bukabufataho icyemezo.

Urukiko rwahise rutangaza ko urubanza ruregwamo uyu mugabo wiyita Umunyapolitiki rusubitswe rukazasubukurwa tariki 20 Mutarama 2022.

Hakuzimana Abdul Rashid wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo tariki 22 Ugushyingo 2021, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo Gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Gukurura amacakubiri muri rubanda, Gukwirakwiza ibihuha yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Uyu mugabo wagiye ahamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukanabanza kumuganiriza rumugira inama ko ibyo yavugiraga kuri YouTube birimo ibigize ibyaha, yakunze kuvuga ko adateze guceceka.

Nyuma yo guhamagazwa akagirwa inama, yakomeje gutanga ibiganiro kuri YouTube aho yumvikanye rimwe avuga amagambo agize ibyaha byo gupfobya nk’aho yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi bikwiye guhagaragara ndetse n’andi magamba anyuranye n’umurongo w’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + seventeen =

Previous Post

Umunyamakuru Rutura wa Kiss FM yasezeye bishengura Isheja Sandrine

Next Post

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Madamu wa Perezida Macron agiye kujyana mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.