Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo, kuko bimaze kugera ku rwego rukabije. Ni nyuma yuko Umuvugizi wa DRC, ashinje u Rwanda kurenga ku masezerano y’i Washington.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya; kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ukuboza 2025 atangaje ko ngo u Rwanda ruri kurenga ku bikubiye mu masezerano y’Amahoro aherutse gushyirirwaho umukono i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, n’Abakuru b’Ibihugu.

Muri iki kiganiro yatanze ubwo Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith SUMINWA TULUKA yari amaze kugirana ikiganiro n’abarimo Minisitiri w’Ingabo, Muyaya yatangaje amakuru y’ibinyoma avuga ko ngo hari ibisasu byarashwe ku butaka bwa DRC mu bice bituwemo n’abaturage biturutse muri Bugarama mu Rwanda.

Ni mu gihe abaturage bo mu bice bya Kamanyola baherutse guhungira mu Rwanda, bahamije ko ibisasu byatumye bahunga, byaturukaga mu Burundi, birashwe n’igisirikare cy’u Burundi gikomeje gukorana n’icya DRC mu mugambi wo gukomeza kwica Abanyekongo bo mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Muri iki kiganiro kandi, Muyaya yavuze ko u Rwanda “ruri kurenga mu buryo bugaragara ibyo duherutse gusinyira i Washington mu minsi micye ishize, kandi birakomeza gushyira mu kaga akarere kose kuko bigaragara ko u Rwanda rwamaze kwinjira mu mugambi wo gukorera u Burundi nk’ibyo rwakoreye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

U Rwanda rutahwemye kwamagana ibirego by’ibinyoma ko rufite uruhare mu ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa DRC, runavuga kenshi ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ruba rwasinye.

Muri kiriya kiganiro Muyaya yatanze, yavuze ko Congo yiteguye kubwira abahuza, iby’ibi bibazo ashinja u Rwanda ngo kugira ngo bakoreshe imbaraga zabo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bwa DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, asubiza kuri ibi byatangajwe na Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko aho bigeze Congo yarengereye mu binyoma byayo ikomeje kubwira Isi.

Yagize ati “Ibi birahagije ku binyoma byanyu. DRC ntigomba kwigira umugenzuzi wo guhagarika imirwano mu gihe bigaragara neza ko ari yo irenga ku gahenge, kandi bakaba batanafite ubushake na mba bwo kubaha amasezerano y’i Washington DRC ubwayo yishyiriyeho umukono.”

Ubwo ariya masezerano yasinywaga, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje byose muri ariya masezerano, ariko kandi ko ruzanakomeza gushyira imbere inyungu z’umutekano warwo, kuko ruzi neza agaciro kawo, dore ko rufite isomo rikomeye ku ngaruka zo kuwubura kubera amateka rwanyuzemo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo
Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 10 =

Previous Post

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Next Post

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Related Posts

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

IZIHERUKA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.