• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA
0
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite ibibazo birimo ibya tekiniki bituma zikora impanuka za hato na hato, ndetse ko ku bufatanye n’izindi Nzego zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, n’Urwego RURA, bari gukurikirana iby’ibi bibazo.

Ni nyuma yuko bamwe mu baguze moto n’iyi sosiyete ya Spiro, bagaragaje impungenge ko zitujuje ubuziranenge, kuko abazitwara bakomeje guhura n’impanuka bitewe no kuba zitagira feri.

Umwe mu bamotari bakoresha moto z’iyi sosiyete, yagize ati “Amapine yayo aranyererera, ufata feri ukanyerera, bisaba kuba ugenda nta feri. Wakora ku kinyabiziga gute nta feri, waba uri kugenda ikinyabiziga kiri imbere, wafata feri bikanga, ukagonga ikinyabiziga kiri imbere.”

Nanone kandi hari Abamotari bagaragazaga ibibazo bahura na byo mu guhindura Bateri z’izi moto, aho bavugaga ko bacibwa amafaranaga menshi ndetse bakanasiragizwa.

Nyuma y’ibi bibazo, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yatangaje ko yakiriye ibibazo by’aba bakiliya b’iyi sosieye ya Spiro, “kandi ko ku bufatanye na RICA, RSB, RURA na MININFRA biri gukurikiranwa kugira ngo bishakirwe ibisubizo.”

Spiro yari yisobanuye

Mu itangazo ryari ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Spiro, iyi Sosieye y’Ubucuruzi yari yavuze ku bijyanye n’uko abalikiya babona Bateri, aho yari yavuze ko yashyizeho ahantu harenga 600 mu Gihugu ho guhindurira batari.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze tariki 08 Ugushyingo, Spiro yari yagize iti “Kugeza ubu, Spiro ikorera ku masite asaga 650 yo guhindura amabateri hirya no hino mu Rwanda. 50% zikaba zibarizwa mu Mujyi wa Kigali. Ibi bituma abamotari babasha gusimbuza bateri zabo mu gihe gito.”

Muri iryo tangazo, Spiro yari yakomeje igira iti “Nubwo ibibazo bya tekini  bishoboka kuvuka, bateri zifite inenge zihita zisimbuzwa kandi ivugururwa ryaryo rikomeje kuba, ryatumye ubwikorezi bwiyongera.”

Iyi sosiyete itari yagize icyo itangaza kuri biriya bibazo byo kuba moto zayo zitagira feri, muri ririya tangazo, yavugaga ko izakomeza kumva abakiliya bayo no gusubiza ibibazo ku mikorere yabo.

Yari yagize iti “Itsinda ryacu ryita ku Bakiliya rikorera mu Gihugu hose, kandi ryiteguye kwakira kwita ku bibazo by’abamotari. Byongeye kandi, turi gutangiza gahunda yiswe ‘Rider Engagement Forum’ igamije gushimangira ibiganiro hagati y’abamotari, ubuyobozi, n’inzego za Leta dukorana bityo buri jwi ryumvikane kandi rihabwe agaciro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − thirteen =

Previous Post

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Next Post

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.